Ihuriro AMANI ryabonye abayobozi bashya

Abagize Ihuriro ry’Abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari (AMANI), Ishami ry’u Rwanda, batoye komite nshya y’abayobozi bagomba kuriyobora mu gihe cy’umwaka.

Mu matora yabaye tariki 07/12/2011, Senateri Damascène Bizimana niwe watorewe kuyobora AMANI, akazungirizwa na Depite Pélagie Mukantaganzwa.

Komite icyuye igihe yatanze raporo y’ibikorwa byagezweho mu mwaka 2010/2011 mu bijyanye no kwimakaza umuco w’amahoro.

Abari bitabiriye amatora kandi banamurikiwe gahunda y’ibikorwa by’umwaka 2012.

Depite Polisi Denis wari usoje manda ye na Depite Julienne Uwacu nibo batowe kuzahagararira AMANI-Rwanda mu karere.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka