Icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge gisize abatishoboye 8 bubakiwe

Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.

Ibi bakaba babitangaje tariki ya 14/11/2015, ubwo hasozwaga icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge muri mu murenge wa Mwendo Akarere ka Ruhango.

Icyumweru cy'ubumwe n'ubwiyunge gisize 8 bubakiwe
Icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge gisize 8 bubakiwe

Mukandinda Drocelle, atuye mu kagari ka Saruheshyi mu murenge wa Mwendo, avuga ko kuva gahunda y’icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge yatangira, buri mwaka isiga hari ibikorwa byinshi bagezeho mu kwimakaza amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge, bikabafasha kubaka igihugu baniteza imbere.

Ati “Urabona dufite amashyirahamwe duhuriramo, twese tukaganira ubu abana bacu ntibakimenya iby’amoko babyumva gutyo gusa”.

Mukamariza Thereza ushinzwe ubushakashatsi muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, akaba yagarutse ko kamaro k’icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, ari gahunda yaje igamije kugira ngo Abanyarwanda bajye bicara hamwe, bongere bibukiranye amabi yaranze igihugu, ari nako baharanira kuyarwanya, ahubwo baharanira kubaka amahoro.

Abayobozi bishimiye ibyagezweho mu murenge wa Mwendo
Abayobozi bishimiye ibyagezweho mu murenge wa Mwendo

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imari n’iterambere Twagirimana Epimaque, akaba asaba abaturage kumva ko gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge zidakwiye gukorwa muri iki cyumweru gusa, ko ahubwo no muyindi minsi bakwiye kubikomeza.

Akaba yishimiye intambwe abanyarwa bamaze gutera mu kwiyubaka, bamagana amoko yaranzwe mu buyobozi bwo ha mbere, yanahembereye Jenoside yahitanye umubare w’Abatutsi benshi.

Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, niwo uza ku isonga mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, hakaba hanahembwe abarinzi b’igihango batoranyiwe muri uyu mwaka wa 2015.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

murakoze kuduha amakuru , nonese ubu wabuze nibura amafoto 4 muri ayo mazu ngo utwereke ? ko uba uhatubereye? gerageza gucukumbura amakuru yawe Muvara!!

jmv yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka