Ibisasu bibiri biturikiye mu mujyi wa Kigali

Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.

Abantu batandatu bakomeretse bahise bajyanywa mu bitaro bya Kibagabaga n’ibya CHUK byose biri mu mujyi wa Kigali.

Abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu iterwa rw’ibyo bisasu byo mu bwoko bwa grenade bamaze gutabwa muri yombi; nk’uko umuvugizi wa Polisi, Supt. Theos Badege, yabitangarije ORINFOR.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

nifuza kujya menya amakuru agezwe kuri iyi website kuko mbona ifite imikorere myiza

J.Bosco GATALI yanditse ku itariki ya: 31-03-2012  →  Musubize

Thanks to Kigali today, I like to thank for your news updates and the information around Kigali city. please keep it up.

muhanguzi silver yanditse ku itariki ya: 30-03-2012  →  Musubize

Ariko ibyo bisasu bikomeza kutwibasira, bituruka he? iyo chanel biturukamo yatunanira kuyikinga kweri?

ibyo bisasu biba bifite serial numbers ahobyakorewe igihe byakorewe information nkizo zafasha investigations kumenya uwa bi suplyinze nuwo yabi supliyinze.

Entry points zacu zo am quite sure ubwoko bwibisasu ntabwo byahanyura bibaye byahanyura ikyo kyaba arikindi kibazo nukuvuga ko bishoboka ko byinjira mugihugu binyuze izibusamo kandi nazo zoroshye to deploy security personnel tugahashya izi nkozi zamaraso cyangwa se nukuvuga ko abo babitega babihabwa n’abantu bari mugihugu ndani.

niba ari ntahantu byinjira nukuvuga ko hari ba supplyers mugihugu ndani. the enemy of the state within the state.

Imana itubabarire. Amen

Eugene yanditse ku itariki ya: 30-03-2012  →  Musubize

Ko numvase ibisasu bimeze nabira!!!!Imana ibiturinde daaaa

Kazini yanditse ku itariki ya: 30-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka