Hirya no hino mu turere haracyari ihohotera rihishe-MIGEPROF

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa, arasaba Abanyarwanda kwitabira ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, bagaragaza abakora ibyo byaha kugira ngo bicike burundu.

Byari kuri uyu wa 05 Mata 2015, ubwo yatangizaga ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, umuhango wabereye i Nkumba mu Karere ka Burera.

Minisitiri Gasinzigwa asaba Abanyarwanda kugaragaza abakore ihohotera.
Minisitiri Gasinzigwa asaba Abanyarwanda kugaragaza abakore ihohotera.

Muri uwo muhango Minisitiri Gasinzigwa yavuze ko Abanyarwanda bigishijwe kuva mbere ibijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Ariko ngo usanga hirya no hino mu turere haba ihohoterwa nyamara abantu ntibagire ubwira bwo kwerekana uwakoze icyo cyaha.

Ngo ni ngombwa ko Abanyarwanda bose bitabira ubwo bukangurambaga, bukava mu bagambo, mu ndirimbo ndetse no mu nyigisho ahubwo bukajya mu bikorwa, bagafasha ubuyobozi kwerekana abakora ibyaha by’ihohotera kugira ngo bafatirwe ibyemezo.

Agira ati “Turashaka ahubwo ko ubu bukangurambaga, uyu munsi dutangira kuvuga ngo kanaka duturanye, kanaka dukorana, kanaka mu ishuri, wa mugenzi wanjye dore ihohoterwa yakoze. Ingabo zacu, abashinzwe umutekano, bakamwereka indi nyigisho.”

Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba ngo ziyemeje kujya zitanga amakuru zirwanya ruswa n'akarengane.
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba ngo ziyemeje kujya zitanga amakuru zirwanya ruswa n’akarengane.

Akomeza avuga ko ibibazo byo gukubita mu ngo, ibibazo by’amakimbirane mu ngo bagomaba kubicikaho kuko atari umucu w’Abanyarwanda nk’uko bamwe babikeka.

Minisitiri Gasinzigwa, ubwo yatangizaga ubwo bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa, hari hari intore z’imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba zibarirwa muri 508, zashoje itorero zari zimazemo igihe cy’icyumweru.

Izi ntore zaturutse mu turere twose tw’u Rwanda, zamwemereye ko umusanzu wazo mu kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose, ari ugutangira amakuru ku gihe, bagaragaza aho ryabereye ndetse n’uwarikoze.

Ikindi kandi ngo bazakomeza kwegera abaturage, bitabira umugoroba w’ababyeyi, babigishirizamo kurwanya ihohoterwa mu rwego rwo kurikumira ritaraba.

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ryateguwe na MIGEPROF ifatanyije na Polisi y’u Rwanda ndetse n’Umuryango w’abibumbye (UN).

Minisitiri Gasinzigwa avuga ikigambiriwe ari uko ihohotera iryo ari ryo ryose ricika mu muryango Nyarwanda, aho gushyira imbere gusa umubare runaka ugaragaza aho rigeze rigabanuka.

Norbert NIYIZURUGERO

Ibitekerezo   ( 2 )

Mubanze murwanye na ruswa ishingiye ku gitsina kuko abana ba bakobwa bamerewe nabi. Birukanwa mubuzi cyangwa gutoyezwa iyo bAtemeye kuryamana naba patron.

kay yanditse ku itariki ya: 6-04-2015  →  Musubize

turirwanye rishire burundu mu muryango nyarwanda maze turusheho gutera imbere

sando yanditse ku itariki ya: 6-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka