Guverineri Bosenibamwe yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura ibikorwa remezo

Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.

Guverineri Bosenibamwe Aime, uhagarariye ingabo muri Gicumbi, Burera na Rulindo hamwe n'umuyobozi w'akarere ka Gicumbi. (foto E.Musanabera)
Guverineri Bosenibamwe Aime, uhagarariye ingabo muri Gicumbi, Burera na Rulindo hamwe n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi. (foto E.Musanabera)

Guverineri Bosenibamwe yatangaje ko yishimiye ibikorwa bitandukanye bikorwa n’abaturage byumwihariko ashimira byimazeyo abaturage b’umurenge wa Bukure anabasaba gukomeza kwitabira gahunda za Leta zose kuko zigamije kubateza imbere.

Umuyobozi w'Akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre yashimiye cyane abaturage. (foto E.Musanabera)
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre yashimiye cyane abaturage. (foto E.Musanabera)

Yagarutse ku bikorwa bamaze kwikorera birimo inyubako ya sacco y’umurenge wa Bukure yubatswe n’abaturage ubwabo ifite agaciro ka miriyoni 15, ubwisungane mu kwivuza aho bageze ku kigero kigera kuri 96%. Yasoje ijambo rye abasaba kwigira no kwihesha agaciro mubyo bakora byose.

Abaturage ba Gicumbi bari bitabiriye umuganda ari benshi. (foto E.Musanabera)
Abaturage ba Gicumbi bari bitabiriye umuganda ari benshi. (foto E.Musanabera)

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre, yashimiye cyane abaturage b’umurenge wa Bukure kubera ubwitabire bushimishije kimwe n’igikorwa cy’ingirakamaro bikoreye cyiyongera ku bindi bikorwa bigamije iterambere ry’umurenge wa Bukure birimo kubaka amashuri, ubuhinzi n’ibindi.

Guverineri Bosenibamwe afasha abaturage kurimbura igitsinsi k'igiti. (foto E.Musanabera)
Guverineri Bosenibamwe afasha abaturage kurimbura igitsinsi k’igiti. (foto E.Musanabera)

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru, Brig. Gen Emmanuel Ruvusha, yasabye abaturage b’umurenge wa Bukure kwicungira umutekano, bakirinda impuha zigamije kuyobya abaturage ndetse no gutuma batagera ku terambere biyemeje.

Brig. Gen Emmanuel RUVUSHA, umuyobozi w'Ingabo mu Ntara y'Amajyaruguru. (foto E.Musanabera)
Brig. Gen Emmanuel RUVUSHA, umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru. (foto E.Musanabera)

Yanabasabye kandi gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano, kwitabira irondo aho kuzarikora ari uko mu murenge habonetsemo ikibazo cy’umutekano muke ndetse bakibuka ko umutekano ari inkingi y’amajyambere.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka