Gusana Gare ya Kabarondo ngo bizarengera imodoka z’abayikoresha

Abashoferi bakoresha Gare ya Kabarondo yo mu Karere ka Kayonza baravuga ko gusana iyo gare bizarengera imodoka zabo zayangirikiragamo.

Iyo gare yari yaracitsemo imikuku n’ibinogo byangizaga rasoro z’imodoka nk’uko abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi zinyura muri iyo gare babidutangarije.

Gare ya Kabarondo yari irimo imikuku yangiza imodoka mbere y'uko bayisiza.
Gare ya Kabarondo yari irimo imikuku yangiza imodoka mbere y’uko bayisiza.

Cyubahiro Dmascène, umwe muri bo, yagize ati "Iriya gare ubundi waparikagamo kubera ibinogo n’imikuku imodoka ikahangirikira cyane ukumva rasoro zihashiriye kabisa."

Kugeza ubu ikibuga imodoka zaparikagamo kiri gusizwa n’imashini zimenamo itaka zikanaritsindagira kugira ngo ibyo binogo bivemo.

Nubwo ibibazo byose iyo gare ifite bitazaba bikemutse abashoferi bavuga ko nibura imodoka zabo zitazongera kuyangirikiramo nk’uko byahoze imashini nizimara gutsindagiramo iryo taka.

Mu bindi bibazo iyo gare ifite, abayitegeramo imodoka bavuga ko bikeneye ubuvugizi, harimo n’icy’uko abayitegeramo batagira aho bikinga izuba cyangwa ngo bugame igihe imvura yaguye, ndetse ikaba itagira n’ubwiherero.

Kuri ibyo bibazo, ngo hiyongeraho n’icy’umutekano muke ukunze kugaragara hagati y’abashoferi bitewe n’uko buri modoka yinjiye muri gare ipakira abagenzi uko ishatse ntagukurikiza uko gahunda y’uko zinjiyemo zikurikiranye, ibyo bigaterwa n’uko itubakiye.

Gare ya Kabarondo irimo gusinzwa ngo isanwe.
Gare ya Kabarondo irimo gusinzwa ngo isanwe.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buvuga ko mu mishinga y’iterambere akarere gafite harimo n’uwo kubaka gare ijyanye n’igihe mu Murenge wa Kabarondo, nk’uko Perezida w’Inama Njyanama y’ako karere, Butera Jean Baptiste, aherutse kubitangariza Kigali Today.

Icyo gihe yavugaga ko umushinga wa gare ari umwe mu mishinga abikorera bagomba gushoramo imari, akarere kakaba karagombaga gushaka aho yakubakwa hatabangamiye ibikorwa by’ubucuruzi.

Gare ya Kabarondo ni imwe muri gare zigifite ibibazo bibangamira abagenzi n’abashoferi mu Ntara y’Iburasirazuba.

Abagenzi bayitegeramo ntibabona aho bikinga izuba cyangwa ngo bugame igihe imvura iguye, ntibagira aho biherera, byongeye ikagaragaramo umuvundo mwinshi ku minsi y’isoko kuko ibangikanye n’Isoko rya Kabarondo.

Cyprien M. Ngendahimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Uzi kuhagera kumunsi w’isoko biba byivanze

Mado yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

akajagari ko muri gare ya kabarondo Mana weeee nibagace naho ubundi abagenze baraharenganira

Muyinga yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka