Gicumbi : Atejwe imbere no gukora imigati mu bijumba

Ngendahayo utuye mu Murenge wa Bwisijye abasha kwinjiza ibihumbi 30 ku munsi abikuye mu migati akora mu bijumba.

Avuga ko iki gitekerezo yakigize muri 2005 giturutse ku migozi y’ibijumba yitwa “Nyaruka” yaguze n’Ikigo cy’u Rwanda cy’Ubuhinzi, RAB< mu imurikagurisha ryaberaga i Kigali.

Ngendahayo n'umugorewe berekana uburyo bakora imigati mu bijumba.
Ngendahayo n’umugorewe berekana uburyo bakora imigati mu bijumba.

Amaze guhinga iyo migozi ngo yamuhaye umusaruro mwishe w’ibijumba binini na we atangira kwiga uko yabibyaza umusaruro atangira gukoramo imigati.

Uburyo akoramo iyi migati ngo afata ibijumba akabihata neza nyuma akabikatamo udupande duto duto, agasukamo vinegere kugira ngo bishiremo amakakama ndetse n’isukari.

Nyuma afata bya bijumba akabyanika byamara kuma akabishesha akavanga n’ifarini nkeya hanyuma agateka imigati.

Akomeza avuga ko bimaze kumuteza imbere kuko ubu bucuruzi abufatanyije n’umugore we Mukandayisenga Frolence akabasha gucuruza amafaranga angana n’ibihumbi 30 ku munsi ndetse rimwe na rimwe akuyarenza.

Umugati umwe awugurisha amafaranga 500 ariko arateganya gushaka imashini izajya imufasha no gukora imigati mito ku buryo uwashaka uw’amafaranga make yawubona.

Ibijumba bya Nyaruka biba binini cyanekandi bikera vuba.
Ibijumba bya Nyaruka biba binini cyanekandi bikera vuba.

Ibyo amaze kugeraho harimo kubaka inzu yo kubamo n’ubworozi bwa kijyambere, akaba anateganya kuzagura ibikorwa by’ubucuruzi bw’iyi migati akura mu bijumba.

Mu rwego rwo gushishikariza abandi baturage kwiteza imbere binyuze muri ubu bucuruzi yabahaye iyi migozi yitwa “Nyaruka” kuko yerera amezi 3 gusa kugira ngo bayihinge na bo babone umusaruro w’ibyo bijumba.

Umukozi w’Akarere ka Gicumbi ufite mu nshingano ze urubyiruko, Rwirangira Diodore, avuga ko ibikorwa by’uyu muryango byo kwihangira imirimo babishimye ubu bakaba barabakanguriye kugana ibigo by’imari ngo bake inguzanyo bagure ubucuruzi bwabo.

Kuba babarirwa mu rubyiruko n’indi ntambwe nziza kandi bikaba inyungu kuri bo zo kubona inguzanyo mu Kigega BDF mu buryo bworoshye kimwe nk’urundi rubyiruko.

Ernestine Musanabera

Ibitekerezo   ( 3 )

Imana ibongerere impano nziza mufite.

Elie yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

NEP muri gahunda ya kora wigire nibegere, nimubabarize yewe yewe.

Kibibi yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Aba bantu barashimishije, batewe inkunga mubitekerezo bakwaguka bakagera ku isoko mpuzamahanga, imigati mubijumba pe! Imana iguteze imbere

Colin yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka