Gicumbi: Abanyeshuli ba RDF bari mu bushakashatsi ku ikoranabuhanga

Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College), tariki 28/01/2013, basuye akarere ka Gicumbi mu bushakashatsi ku ikoranabuhanga, gukoresha amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ndetse no kwikoreshwa rya biogaz.

Lt Col Wilson Ukwishaka wari ubarangaje imbere yatangaje ko abo banyeshuri bari bazinduwe no kurebera hamwe uburyo ikoranabuhanga rihagaze mu karere ka Gicumbi n’uburyo bwo gukoresha imirasire y’izuba ndetse na biogaz.

Yavuze ko abanyeshuri uko ari 14 bari baje mu bushakashatsi bw’imbitse kugirango barebe ibyo aka karere kagezeho n’inziti gafite mu ikoranabuhanga (ICT).

Abanyeshuri bo muri RDF Command Staff College baganira n'abayobozi mu karere ka Gicumbi. (Foto: E.Musanabera)
Abanyeshuri bo muri RDF Command Staff College baganira n’abayobozi mu karere ka Gicumbi. (Foto: E.Musanabera)

Umukozi ushinzwe ikoranabuhanga mu karere ka Gicumbi yatangaje ko akarere kageze ku rwego rushimishije aho abanyeshuri bigira kuri laptop ndetse n’abarimu bagakoreraho ubushakashatsi bakunguka ubumenyi mu kwigisha abana barera.

Nubwo ariko hari ibyo aka karere kagezeho mu bijyanye na ICT baracyafite inzitizi kuko imwe mu mirenge y’ako karere itarageramo umuriro w’amashanyarazi ndetse bamwe bakaba bakoresha imirasire y’izuba (paneau soleil) ariko ugasanga badafite imashini zihagije mu bahakorera.

Umuyobozi w'akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre, ashyikirizwa impano n'uwari uyoboye abanyeshuri bo muri RDF Command Staff College. (Foto: E.Musanabera)
Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre, ashyikirizwa impano n’uwari uyoboye abanyeshuri bo muri RDF Command Staff College. (Foto: E.Musanabera)

Ikindi nuko hari abaturage bataragira ubumenyi buhagije ku ikoranabuhanga kuko bafite ubumenyi buke aha hakaba hibanzwe ku bazi gusoma no kwandika batazi ururimi rw’igifaransa n’icyongereza.

Aba banyeshuri bakomereje mu murenge wa Rubaya aho bagiye gusura ikoranabuhanga rya biogaz no mu murenge wa Mukarange ahari telecentre yigisha ibantu gukoresha mudasobwa. Aba basirikare kandi basigiye ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi impano y’ikirango cy’ingabo z’u Rwanda.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

GICUMBI BARAVUGA IBYUBUSA NTIZATERA IMBERE NGENAGEZEYO NDUMIRWA NAGIZENGO SI MUMUJYI WA GICUMBI NAYOBYE NJYA MURI CONGO

GAKUBA yanditse ku itariki ya: 30-01-2013  →  Musubize

GICUMBI SE NIBA ATARI IBANGA MUBYUKURI BABONYEMO IKI KIJYANYE N’ITERAMBERE?NTA MUHANDA NTA NZU NZIZA NTAMATARA ARIKO UBANZA GICUMBI IBA MUKATO KITERAMBERE

GASHUGI yanditse ku itariki ya: 30-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka