G.S Mater Dei yatashye inyubako y’imyidagaduro ya miliyoni 132

Ishuri ryisumbuye rya Groupe Scolaire Mater Dei ryegamiye kuri diyosezi Gatulika ya Butare riyoborwa n’ababikira bo mu muryango w’Abenebikira riherereye mu karere ka Nyanza ryatashye inzu mberabyombi yuzuye itwaye asaga miliyoni 132 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nyubako ngo ije gukemura ibibazo bitandukanye bari bafite birimo kuba abanyeshuri bidagaduriraga aho barira kandi ari ibintu bitajyanye. Ngo kuba babonye aho kwigadagurira bagakorera inama ndetse bakabona naho bakirira abashyitsi baje babagana mu biganiro mpaka ndetse n’igihe habaye amarushanwa byabashimishije cyane.

Abanyeshuli n'ababikira bari bahimbawe bashimira Imana ibyo imaze kubagezaho.
Abanyeshuli n’ababikira bari bahimbawe bashimira Imana ibyo imaze kubagezaho.

Iyi nzu mberabyombi kandi izabyazwa umusaruro kuko izajya ikodeshwa n’abandi bantu bifuje gukoreramo inama, ubukwe n’ibindi nk’uko Sœur Umumararungu Marie Pelagie uyobora ishuli ryisumbuye rya G.S Mater Dei abivuga.

Uyu muhango wabaye tariki 15/03/2014 wabimburiwe n’igitambo cya Misa yayobowe na Musenyeri Filipo Rukamba uyobora Diyoseze Gatolika ya Butare yifatanya n’ubuyobozi bwa G.S Mater Dei mu gushimira Imana ku bw’ibyiza ikomeje kubagirira birimo ibikorwa by’iterambere.

Musenyeri Filipo Rukamba ahesha umugisha inzu mberabyombi ya G.S Mater Dei.
Musenyeri Filipo Rukamba ahesha umugisha inzu mberabyombi ya G.S Mater Dei.

Sœur Umumurarungu Marie Pélagie uyobora G.S Mater Dei yabwiye abari bitabiriye uyu muhango wo gufungura iyi nzu mberabyombi ko yuzuye abantu batandukanye babigizemo uruhare ndetse aboneraho n’umwanya wo kubashimira.

Uyu muyobozi w’ishuli yakomeje avuga ko mu mafaranga asaga miliyoni 132 yubaste iyi nzu mberabyombi harimo n’inguzanyo ya Banki ya Kigali (BK) nayo yashimiwe cyane muri uyu muhango ku bw’uruhare yagize kugira ngo ishobore kuzura kandi yujuje ibyangobwa byose.
Yagize ati : « Amafaranga yubatse iyi nyubako mubona harimo n’inguzanyo rwose bitandukanye n’ibyo mwibwira ko amafaranga yose avanwa i Roma ».

Byari ibyishimo ku banyeshuli ba Groupe Scolaire Mater Dei ubwo batahaga iyo nyubako mberabyombi y'ishuri ryabo.
Byari ibyishimo ku banyeshuli ba Groupe Scolaire Mater Dei ubwo batahaga iyo nyubako mberabyombi y’ishuri ryabo.

Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyoseze Gatorika ya Butare nawe yunzemo avuga ko abandi bayobozi b’ibigo by’amashuli bakwiye gufatira urugero rwiza ku ishuli rya Mater Dei bakisunga amabanki kugira ngo imishinga yabo igerweho.

Gasana Janvier akaba yari intumwa ya Minisiteri y’uburezi muri uyu muhango yavuze ko ibyo ishuli rya Mater Dei ryagezeho bishimishije mu burezi bufite ireme.

Aha umufundi wubatse iyo nyubako n'ababikira barafatanya kuririmba bashimira Imana.
Aha umufundi wubatse iyo nyubako n’ababikira barafatanya kuririmba bashimira Imana.

Yakomeje asobanurira ababyeyi bari muri uyu muhango gushyigikira uburezi bw’abana babo ngo kuko ari nk’umugozi w’inyabutatu. Ati : « Umubyeyi ntagomba guterera iyo ngo ubuyobozi bw’ishuli buzirwarize cyangwa mwarimu ahubwo bose bagonba gufatanya kugira ngo uburezi bufite ireme bugerweho.

Muri ibyo birori bahembye umunyeshuri witwaye neza kurusha abandi mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye bya 2013.
Muri ibyo birori bahembye umunyeshuri witwaye neza kurusha abandi mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye bya 2013.

Uyu muhango wo gutaha iyi nzu mberabyombi y’ishuli rya Mater Dei witabiriwe n’abihayimana ba kiliziya gatorika, ababyeyi baharera, inshuti z’iki kigo ndetse n’ubuyobozi butandukanye ku rwego rw’akarere ka Nyanza.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Muraho neza twifuzaga kubasamo umwanya mukigo muyoboye.

Byishimo David yanditse ku itariki ya: 4-04-2023  →  Musubize

Nibyiza cyane

Audry yanditse ku itariki ya: 7-05-2020  →  Musubize

amagambo yandikw siko bayakor salle sikoreshw nanub baracyareber muvi mur ref reo nasab ko ibintu bivuzwe bikanandikwa babikurikiza

chris yanditse ku itariki ya: 28-02-2020  →  Musubize

Kuberiki umuntu asaba ikigo àfíté amanota Mazima , Kandi badafité nabànyéshuri beñshi ariko bakakimwà mudukorere ubúvugizi

Albert yanditse ku itariki ya: 30-08-2022  →  Musubize

Uruhare rw’ibigo gaturika mu kurera ni ingirakamaro cyane iyo bo na Leta bafatanyije bitanga iterambere ry’abenegihugu(Rwanda).

Bakomerezaho.

SIBORUREMA Protais yanditse ku itariki ya: 3-12-2019  →  Musubize

Ifoto igaragaza inyubako se irihe? Umuyobozi w’ikigo se we basi ari he? Izo foto mwashyizeho sizo zari ingenzi kuruta izo ebyiri zibura.

Alias yanditse ku itariki ya: 13-06-2017  →  Musubize

Ese ubundi inyubako irihe?

Ehhh yanditse ku itariki ya: 18-03-2014  →  Musubize

Birababaje kubona nta foto igaragaza inyubako......

Alias yanditse ku itariki ya: 17-03-2014  →  Musubize

uburezi bwiza n’umurage mimena ku mwana wawe, iki kigo kiri mubigo bifite imyigishirize ihamye nuburere bunoze kubana,. ndizereko abana bahavuye basangiza abandi imico myiza bakura kuri iki kigo, tujye twibuka ko societe igira uruhare muguhindura imico yacu, kandi societe nitwe , aba bana bahavana imico myiza bagakwiye kuyisangiza abandi tugakomeze gushimangira umuco mwiza nyarwanda.

karenzi yanditse ku itariki ya: 17-03-2014  →  Musubize

ni byiza cyane n;bandi barebeho kandi aba bihaye imana barakoze gukomeza kutwereka umutima wa kimuntu ari nako batwereka isura nziza

masore yanditse ku itariki ya: 17-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka