Dr Munyandamutsa Naasson yitabye Imana

Dr Munyandamutsa Naasson wamenyekanye cyane mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Werurwe 2016, azize uburwayi.

Muganga Munyandamutsa w’imyaka 56, yaguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faysal.

Uyu muganga yari inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe ndetse no kugira inama abahuye n’ibibazo bitandukanye by’ihungabana.

Aha yari mu nama mpuzamahanga yiga ku bibazo byo mu mutwe aho yahaboneye igihembo
Aha yari mu nama mpuzamahanga yiga ku bibazo byo mu mutwe aho yahaboneye igihembo

Dr Munyandamutsa yamenyekanye kandi mu biganiro yagiraga hirya no hino mu gihugu mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ndetse no mu biganiro mpaka byabaga byateguwe n’Umuryango Never Again.

Dr Munyandamutsa yabaye mu Busuwisi igihe kinini. Yatashye mu Rwanda mu mwaka wa 2001, aho yafashije abatari bake bahuraga n’ibibazo bitandukanye byo mu mutwe.

Uretse kuba Umuganga, Munyandamutsa yari n’umushakashatsi. Asize umugore n’abana bane.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

imana imwakire mubayo, kdi umuryango we ukomeze kwihangana

erick james yanditse ku itariki ya: 3-03-2016  →  Musubize

RIP doctor w’umuhanga. Imana ikwakire iwayo.

Jean Baptiste yanditse ku itariki ya: 2-03-2016  →  Musubize

Imana izamushyire mu bayo rip

Munyeshyaka clement umuturanyihino ye yanditse ku itariki ya: 2-03-2016  →  Musubize

Imana imuhe ijuru, nari muzi kaminuza ibutare n’ikigo cy’ibiganiro bigamije amahoro!! tubuze uw’ingenzi, umuhanga kandi wakundaga ukuri n’amahoro. Niho twavuye k’Uhoraho kandi niho tuzasubira!! RIP family Munyandamutsa Naasson

mugabo yanditse ku itariki ya: 2-03-2016  →  Musubize

Imana imwakire ,kuko nayo imukunze kuturusha ,kdi iturushije imbaraga .

Mana , yanditse ku itariki ya: 2-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka