Cyamunara ibera muri Ambasade ya Amerika ngo ibangamiwe n’abakomisiyoneri
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika ijya ifata igihe ikagurisha muri cyamunara bimwe bikoresho byayo byakoreshejwe, ku giciro gito gikurura benshi; ariko ngo itangiye kujya ibangamirwa n’abakomisiyoneri bahanika ibiciro, nabo baba batahatanzwe.
Bamwe mu bari bitabiriye kugura ibintu ku wa gatandatu tariki 11/5/2013, binuba bavuga ko abakomisiyoneri basigaye bakorana n’abagurisha ibyo bikoresho muri cyamunara, bakabicururiza aho muri Ambasade, kandi nyamara ngo biba byatanzwe ku giciro gito cyane.
Jean Marie Nzabamwita wari uje kugura intebe ati:“Ni ubwa kabiri nje muri iyi cyamunara; ubwa mbere nari naje kureba uko biteye nsanga ibiciro biri hasi cyane, ndavuga nti ‘ubwa kabiri sinzacikwa’, none ubu ntunguwe no kumva intebe ebyiri zo mu biro ari amafaranga ibihumbi 260, mu gihe mu mujyi zigurwa ibihumbi 85”.
“Ikibazo kiriho ni abakomisiyoneri baba bishyize mu matsinda, ambasade yatangaza igiciro kiri hasi cyane, bo ntibirirwe buriza gahoro gahoro, bagahita bahanika igiciro twe tukarekera aho tukitahira”, nk’uko Nzabamwita yinubye, nyuma yo gutakaza igihe cye n’amafaranga 500 yo kwinjira muri cyamunara.
Nsanzimana Albert yari mu bantu bashima ibyo bikoresho by’abanyamerika, kuko biba bikomeye, ariko nawe yatashye atishimye nyuma yo kubura igikoresho gikonjesha (frigo) kandi akibona, kubera igiciro gihanitse cyane.

Ambasade ya Amerika mu Rwanda itangaza cyamunara ku rubuga rwayo rwa internet, ko ifite ibikoresho bigurwa make cyane, aho nk’ipikipiki(moto) yakoreshejwe mu gihe gito ishobora kugurwa amafaranga ibihumbi 300, mu gihe inshyashya itajya munsi ya miriyoni imwe n’ibihumbi 300.
Abantu bamaze kumenya ko iyo cyamunara ijya ibaho muri ambasade ya Amerika, nka kabiri mu mwaka (nk’uko abayitabira babivuga), ku buryo baza ari benshi cyane, abazanye amamodoka bikabagora kubona aho bayaparika.
Ntibyashobotse kubona urundi rwego rutanga amakuru asobanura iby’iyo cyamunara, nk’igihe gihamye ibera, n’uburyo abaza kuyiguriramo ibintu bashira ingingimira.
Muri Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika i Kigali, bajya bagurisha ibikoresho byaho byakoreshejwe, byaba ibyo mu nzu no mu biro hafi ya byose, ndetse n’ibinyabiziga birimo za moto n’imodoka.
Simon Kamuzinzi
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
ikitubabaza nuko aburiza ibiciro barazwi,mwebwe mukora iki ngo bitahinduka?
firigo bafite nubuhebwoko
EREGA PADIRI TURABIZI KO ATUBESHYA.GUSA NAWE SIWE N’AKAZI KDI KARAMUTUNZE.UBWO RERO TUMENYE UBWENGE
nanjye nihaboneka AGS ya mooto muzambwire nze nigurire
Hello
Iki ni icyibazo Police ikwiriye gukurikirana kuko ubu hajemo ubujura no mu mazu ,bishyira hamwe bakagura amazu bahenze wahagera wigurira bakagukanga , cg se bakayihendesha bank zikabaha akantu ibi bikwiye gucika .
Murakoze