Congo yafunze umupaka muto kubera intambara ikomeje muri Goma

Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.

Ubuyobozi bwa Congo bukaba buvuga ko butinya ko Abanyarwanda bajya kwifatanya na M23 ikomeje kwigira imbere mu mirwano iyihanganishije n’ingabo za Leta mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Umujyi wa Goma na Gisenyi ni imijyi ifite byinshi ihuriyeho kuko abaturage b’umujyi wa Goma bahahira mu Rwanda ndetse n’Abanyarwanda benshi bagakorera i Goma, abana bato bashaka kwiga mu Cyongereza biga mu Rwanda mu gihe Abanyarwanda bakunda Igifaransa biga Goma.

Abanyarwanda bari baheze hagati y'imipaka (zone neutre).
Abanyarwanda bari baheze hagati y’imipaka (zone neutre).

Ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka ku ruhande rw’u Rwanda ku mupaka muto bwaretse Abanyecongo bakomeza kwinjira baza guhahira mu Rwanda kandi buvuga ko iki kibazo ntacyo bagikoraho mu gihe igihugu gihisemo gufunga umupaka wacyo.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu aherutse kuburira Abanyarwanda bajya i Goma kwitwararika kuko bashobora no guhohoterwa cyane ko hari umunyeshuri wafashwe n’ubu akaba atararekurwa.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

IZINA NIRYO MUNTU IMPAMVU BIBANDA KUMIPAKA NIBWA BUSAMBO NAHO UBUNDI NITWE TWAKAGOMBYE KUGIRA IMPAGARARA ZA FDRR.NAHOBO NTACYO MBIJEJE

VAYO yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Nifuzaga kumenya niba mwaba mufite umuntu ushinzwe gusoma no gukosora inkuru mbere yo kuzitangaza. Ibi mbivuze Kubera ko nkunda gusoma iki kinyamakuru akenshi nsangamo amakosa yimyandikire menshi (c’est encore pire quand c’est dans le titre), rimwe na rimwe ugasanga bitumye umuntu atumva neza sens y’interuro!

majolie yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

M23 se..bababwiye ko ikeneye abanyarwanda ngo ifate Goma cyangwa y’avance No muyini migi? reka daa!! ubu se aho bafashe bafashijwe n’abanyarwanda ra? uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe koko...!! mwashatse izindi mpamvu mukareka kwitwaza abanyarwanda raa!! mubure kujya ku front mukomeze muhobagirire ku mipaka..

munyempanzi yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Ariko rero abanyekongo barasetsa, none se gufunga umupaka birasubiza inyuma M23 ? ubwo ahubwo batuma na’abatabitekerezaga babikora..ubwo se ninde urizne iyo mipaka utarayirindaga mbere kuburyo ubu aribwo bibutse kubikora? muri byendagusetsa gusa..

cyuzuzo yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Icyo nzi cyo ni ujo Congo ariyo ishobora kubihomberamo cyane..kuko twe dushobora gukomeza guhahirana hagati mu gihugu..ariko Nka’abo bana baza kwiga icyongereza mu Rda bo ntabwo amasomo azahagarara kandi nzi ko hari icyo bazatakaza cyane ku bijyanye n’ubwo burezi bw’abana babo..

karoli yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Umupaka urafunguye,mu gitondo nabwo wafunzwe igihe gito,nyuma y’ibiganiro byahuzaga inzego zikorera ku mipaka ku mpande zombi,umupaka wahise ufungurwa mu rwego rwo koroheraza abaturage b’ibihugu mu rujya n’uruza rwabo.

Ka yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Ahubwo n’iwacu nibafunge ,fdrl itatwinjirana, ntitwumva ngo ifanyije na katanyama(frdc)

Muhumesto yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

ntibyoroshye reka dusengere abanye congo ukok ntibyoroshye nagato.gusa namahanga nuko arebera ntagire icyo abikoraho cyane UN FORCES,what are they doing in congo lather than rooting mineral...........

kaka yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

nimushake musenge cyane kuko izi ntambara ziraha hakurya ntawe uzi iherezo ryazo kandi iyo inzu yumuturayi irimo gushya ishobora gufatisha iyawe,nzabandora

EMMY yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Ahaa ndumva ibintu bikaze none niba Congo yiyemeje gufunga umupaka biragennda gute? kabisa Urwanda ni rurebe uko rwabigenza naho ibintu byakara.

Twizeriman Jean pierre. yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka