Cogebanque yoroheje uburyo bwo kwishyura amazi

Mujyambere Louis de Montfort, Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Cogebanque, aratangaza ko Cogebanque yoroheje uburyo bwo kwishyura amazi WASAC, aho nta mufatabuguzi wa WASAC uzongera gutonda umurongo ngo atinde, ategereje kwishyura.

Yabitangaje kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015, mu nama ubuyobozi bwa Cogebanque n’ubwa WASAC bwagiranye, batangiza ku mugaragaro iyo mikoranire hagati yabo, igamije gufasha abafatabuguzi ba WASAC kwishyura amazi ku buryo bworoshye.

Mujyambere (wambaye amadarubindi), ushinzwe ubucuruzi muri Cogebanque, na Ruteramara Lucien ushinzwe ubucuruzi muri WASAC basobanura iby'ubwo bufafatanye.
Mujyambere (wambaye amadarubindi), ushinzwe ubucuruzi muri Cogebanque, na Ruteramara Lucien ushinzwe ubucuruzi muri WASAC basobanura iby’ubwo bufafatanye.

Mujyambere yagize ati “Ubusanzwe Cogebanque yajyaga ifasha kwishyura umuriro gusa, ariko ubu Cogebanque izajya ifasha abafatabuguzi ba WASAC kwishyura n’ amazi, banyuze kuri konte ya WASAC iri muri Cogebanque, cyangwa se bifashishije Terefoni zabo zigendanwa ku bafite konti muri cogebanque, aho bazajya bakoresha Mobile Banking, bikabafasha kwishyura amazi batiriwe bajya kuri WASAC ngo bajye ku murongo.

Yakomeje avuga ko bizajya bifasha cyane abafatabuguzi ba WASAC binubiraga imirongo cyane bajyaho bajya kwishyura, cyangwa se bajyanye bya bipapuro bigaragaza ko bishyuye amazi.

Mujyambere avuga ko ubu buryo bukijije abafatabuguzi ba WASAC gutonda umurongo bajyana inyemezabwishyu.
Mujyambere avuga ko ubu buryo bukijije abafatabuguzi ba WASAC gutonda umurongo bajyana inyemezabwishyu.

Ubu ngo bazajya bishyura kuri konte ya WASAC iri muri Cogebank, hifashishijwe ikoranabuhanga ryizewe, bakazajya bahita bohererezwa ubutumwa bugufi kuri terefoni zabo ko bishyuye amazi.

Ubwo butumwa kandi ngo buzajya buhita bugera kuri WASAC bugaragaraza ko umufatabugizi yishyuye, ku buryo nta mpamvu yatuma umufatabuguzi ajya kuri WASAC.

Umufatabuguzi wa WASAC azajya yishyurira amazi kuri Cogebanque abe abirangije atiriwe ajya gutonda umurongo kuri WASAC.
Umufatabuguzi wa WASAC azajya yishyurira amazi kuri Cogebanque abe abirangije atiriwe ajya gutonda umurongo kuri WASAC.

Ruterana Lucien ushinzwe ubucuruzi muri WASAC na we yatangaje ko iki gikorwa bagiye gukorana na Cogebanque ari igikorwa gifite agaciro gakomeye kuri WASAC no kubafatabuguzi bayo, kuko Cogebanque ari banki ifite imikorere myiza, kandi ikorera ahantu henshi hatandukanye mu Rwanda.

Yagize ati ’’ Iki gikorwa ni inyungu ku bakozi bacu kuko kizabagabanyiriza umwanya bajyaga bakoresha ku mirongo bategereje kwishyura amazi, kandi natwe nka WASAC bizadufasha kugabanya akajagari ndetse n’amakosa twajyaga duhura na yo mu kwandika inyemezabwishyu twahaga abo bakiriya bazaga ari benshi kwishyura amazi kuri WASAC’’.

Ifoto y'urwibutso y'abakozi ba Cogebanque n'aba WASAC.
Ifoto y’urwibutso y’abakozi ba Cogebanque n’aba WASAC.

Ubusanzwe COGEBANK ni banki y’ubucuruzi ifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, ikaba yaroheje uburyo abakiriya bayo bazajya bahabwa serivise zitandukanye ku buryo bwihuse.

Muri izo serivisi harimo kugura umuriro, amazi, amakarita ya terefoni mu bigo bitandukanye by’itumanaho, ifatabuguzi ry’ amashusho n’ibindi, aho babasha kubihabwa ku buryo bwihuse batavuye aho bari, babikesha ikornabuhanga rya Cogebanque.

Andi mafoto:

Cogebanque yashyizeho uburyo bwo gukoresha konti yawe no kumenya uko ihagaze wifashishije terefone ngendanwa.
Cogebanque yashyizeho uburyo bwo gukoresha konti yawe no kumenya uko ihagaze wifashishije terefone ngendanwa.
Bamwe mu bakozi ba WASAC na bo bari bayitabiriye.
Bamwe mu bakozi ba WASAC na bo bari bayitabiriye.
Abayobozi muri WASAC no muri Cogebanque.
Abayobozi muri WASAC no muri Cogebanque.

Roger Marc Rutindukanamurego

Ibitekerezo   ( 1 )

Iyo konti ya wasac iri muri cogebank ni iyihe?

hanyurwimfura yanditse ku itariki ya: 17-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka