British Peace Support Team irashima RPA intambwe yateye

Umuyobozi w’u Bwongereza ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu Karere k’Afurika y’Iburasizuba (British Peace Support Team) Col. Richard Leakey arashima intambwe imaze guterwa n’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA) mu gihe gito rimaze rivutse.

Ibi Col. Richard Leakey yabitangarije itangazamakuru kuri uyu wa mbere tariki 06/10/2014 mu ruzinduko yagiriye ku Ishuri Rikuru ry’Amahoro (Rwanda Peace Academy) riri mu Karere ka Musanze.

Col. Jules Rutaremara uyobora RPA aramukanya na Col. Richard Leakey uyobora British Peace Support Team muri Afurika y'Uburasirazuba.
Col. Jules Rutaremara uyobora RPA aramukanya na Col. Richard Leakey uyobora British Peace Support Team muri Afurika y’Uburasirazuba.

Col. Jules Rutaremara uyobora RPA atangaza ko urugendo rwabo rwari rugamije kuganira ku bufatanye hagati yabo ari byo asobanura muri aya magambo : “Icyari cyabazanye ni ukureba icyo twafatanya mu bintu bijyanye na training ( amahugurwa) cyane cyane ijyanye no kubungabunga amahoro ku isi”.

Uyu muyobozi wa British Peace Support Team hamwe n’izindi ntumwa zari zimuherekeje bagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bw’ishuri RPA bubagaragariza ibyo ishuri rikora n’ibyo rimaze kugeraho harimo inyubako nziza n’ibikoresho bitandukanye kandi bigezweho, nyuma y’aho batambagijwe ibice bitandukanye by’iryo shuri.

Intumwa ziturutse muri British Peace Support Team zisobanurirwa imikorere ya RPA.
Intumwa ziturutse muri British Peace Support Team zisobanurirwa imikorere ya RPA.

Col. Richard yashimye urwego iri shuri ririho, akemeza ko ejo hazaza haryo ari heza akurikije ibikoresho n’inyubako rifite ndetse n’icyerekerezo riganamo.

Ati: “Nishimiye cyane amakuru n’ibisobanuro twahawe uyu munsi, ejo hazaza ha RPA ni heza cyane, abanyeshuri benshi baje gukurikirana amahugurwa n’andi masomo atangiwe hano. Ubumenyi ni ikintu gikomeye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro kimwe n’andi masomo atandukanye atangirwa hano.”

Col. Jules Rutaremara uyobora RPA yereka intumwa ziturutse muri British Peace Support Team bimwe mu bikoresho bifashisha.
Col. Jules Rutaremara uyobora RPA yereka intumwa ziturutse muri British Peace Support Team bimwe mu bikoresho bifashisha.

Umuyobozi wa RPA, Col. Rutaremara asobanura ko abantu nk’abo iyo babasuye babamurikira ibyiza bageze n’aho bagifite imbogamizi akaba ari bazahitamo icyo bafasha ishuri kugira ngo rirusheho kugera ku nshingano zaryo.

Nk’uko bishimangirwa na Col. Richard, ngo bahuje inshingano n’Ishuri Rikuru ry’Amahoro kuko bose bongerera ubumenyi abantu bagomba kwifashishwa mu bikorwa byo kugarura amahoro hirya no hino ku isi, yongeraho ko bagiye kuganira barebe icyo babafasha.

Col. Richard Leakey uyobora British Peace Support Team muri Afurika y'Uburasirazuba asinya mu gitabo cy'abashyitsi mu ishuri Rwanda Peace Academy.
Col. Richard Leakey uyobora British Peace Support Team muri Afurika y’Uburasirazuba asinya mu gitabo cy’abashyitsi mu ishuri Rwanda Peace Academy.

“Ndatekereza ko tugiye tukareba icyo tuzakora. Batumurikiye ibyo bakora, RPA icyo ari cyo n’ejo hazaza hayo uko hameze, turagiye tuganire ku bintu bitandukanye dushobora gukorana mu minsi iri imbere,” Nk’uko Col. Richard Leakey yakomeje abitangaza.

U Bwongereza bumaze imyaka 15 bwongerera ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro mu bihugu by’Afurika by’Iburasizuba, ubufatanye bwa RPA nabo hari byinshi u Rwanda ndetse n’ibihugu bitandukanye by’Afurika bikurikira amahugurwa muri iryo shuri byakungikiramo.

Abayobozi muri Rwanda Peace Academy bafata ifoto y'urwibutso hamwe n'intumwa zaturutse muri British Peace Support Team muri Afurika y'Uburasirazuba.
Abayobozi muri Rwanda Peace Academy bafata ifoto y’urwibutso hamwe n’intumwa zaturutse muri British Peace Support Team muri Afurika y’Uburasirazuba.

Nshimiyimana Leonard

Ibitekerezo   ( 5 )

ibyo nta nubishidikanya kuko ubona ingabo z’u Rwanda zimaze kugera ku rwego mpuzamahanga

salsa yanditse ku itariki ya: 7-10-2014  →  Musubize

yewe kubyerekeranye no kubungabunga ubu u Rwanda rumaze kuba ishuri ry’akataraboneka andi mahanga aza kwigiramo uko ahatari amahoro yagarurwa, turashima cyane RDF twe abanyarwanda tutatuje turaryama tugasinzira uko tubyifuza

jean yanditse ku itariki ya: 7-10-2014  →  Musubize

zamahanga yose ageze iwacu arashima kuko dufite icyo twagezeho kandi gitanga icyizere ku banyarwanda kimwe n’isi yose

richard yanditse ku itariki ya: 6-10-2014  →  Musubize

Akamaro k’iki kigo ni intagereranwa mu kubungabunga amahoro ku isi,kuko amahugurwa giha abakigana abafasha kongera ubumenyi mu guhosha amakimbirane aho yavutse.

mushumba yanditse ku itariki ya: 6-10-2014  →  Musubize

kwigisha abandi kubungabunga amahoro u rwanda rubifitemo uburambe cyane,kuko no kuri terrain usanga intumwa z’urwanda ari intangarugero,ibi rero abanyarwanda n’abanyamahanga bakwiye kubyishimira cyane

tuyizere yanditse ku itariki ya: 6-10-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka