Arashakisha umuryango we baburanye mu ntambara ya M23

Umusore witwa Rukundo uri mu nkabi y’agateganyo ya Nyagatare ibarizwa mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi arashakisha umuryango we baburanye mu gihe cy’intambara y’umutwe wa M23 na Leta ya Congo.

Uyu musore avuga ko yifuza gusubira iwabo i Masisi kureba niba ababyeyi be baragarutse ku isambu. Ngo ubwo M23 yarwanaga n’ingabo za Leta ya Congo, buru wese mu muryango we yirutse ukwe.

Rukundo avuga ko akomoka i Masisi muri Congo.
Rukundo avuga ko akomoka i Masisi muri Congo.

Rukundo kandi atangaza ko kuva aho agereye mu inkambi ya Nyagatare yabonye icyo kurya mu gihe ngo yari amaze igihe atabona icyo yaterera munda ndetse n’imyenda yari yambaye ahunga niyo yari acyambaye.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Hi all,
Uwo musore ndabona atangiye guca akenge, nagende yegere abandi bahungu barebe ko bakwibohora ingoma y’igiyugu ya Kabila. Naho ibyo guteta ashaka iyo abe bahungiye abivemo, acuke ndabona ari umugabo.

Kagago yanditse ku itariki ya: 10-12-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka