Ambasade y’Amerika yasuye Kigali Today

Abakozi babiri b’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, uyu munsi tariki 08/02/2012, basuye aho Kigali Today ikorera i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali kubera ko abakozi b’iyo ambasade bashimye amakuru Kigali Today yandika.

Ushinzwe imibanire myiza (Public Affairs officer) muri Ambasade y’Amerika, Susan Falatko, akinjira mu biro bya Kigali Today yavuze ati “Kuko ntazi ikinyarwanda, nkurikije ibisobanuro abakozi b’Ambasade bazi ikinyarwanda bambwiye, Kigalitoday.com itanga amakuru aryoshye kandi y’igihugu cyose, bityo ngira amatsiko yo kuza kubasura”.

Susan yakomeje ati “Kigali Today iri mu binyamakuru bisurwa cyane, ndakeka aruko mwandika amakuru yerekeranye n’ubuzima bwa buri munsi bw’Umunyarwanda”.

Susan Falatko yakirwa na Jean Charles Kanamugire mu biro bya Kigali Today
Susan Falatko yakirwa na Jean Charles Kanamugire mu biro bya Kigali Today

Susan yaje aherekejwe na Amani Athar ushinzwe itangazamakuru muri Ambasade y’Amerika (Information Assistant Public Diplomacy) bakirwa n’abayobozi ba Kigali Today: Jean Charles Kanamugire (Managing Director) ari kumwe na Leon Nzabandora (Chief Editor).

Abayobozi bagiranye ikiganiro ku byerekeranye n’ibisabwa kugira ngo habe haba imikoranire hagati y’ibigo byombi.

Mu byo aba bakozi b’Ambasade bemereye Kigali Today harimo kujya bibuka gutumira abanyamakuru ba Kigali Today mu nkuru z’Ambasade ndetse no kubibuka mu mahugurwa Ambasade igenera abanyamakuru.

Jovani Ntabgoba

Ibitekerezo   ( 6 )

Am so proud of u bro Kanamugire komerezaho

Dudu yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Mu byaro twabakuriye ingofero

yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Kigali to day muri aba mbere. Ibibacika nk’inkuru biba ari bike. Maze iminsi mike menye urubuga rwanyu ariko ubu sinaryama cyangwa ngo njye mu kazi ntabanje kureba kuri telefoni amakuru yo hirya no hino yiriweho mu gihugu.

Courage

kamuzinzi yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Umuntu usobanutse wese yasura kigali to day kuko bakora neza cyane.

Njye ndi Directeur mu kigo cy’ishuli Ryo mu cyaro ariko nabonye umunyamakuru w’uru rubuga angezeho birantangaza ngira nti Noneho ndapfuye ariko natunguwe no gusanga agenzwa n’inkuru nziza y’ibyo dukora byiza. Ni ukuri kigalitoday izabere n’abandi urugerpo rwiza kuko bagira uruhare mu kumenyekanisha amakuru yo hirya no hino ku buryo buri professional. Guys ndabemera

Big up

yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Go. Go Kigali Today. Mukomeze mutugezezho amakuru ari professional.

Muhozi yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Kigali Today murasobanutse. Mukomereze aho kandi murusheho kugeza ku basomyi banyu inkuru zinoze.

Eric yanditse ku itariki ya: 8-02-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka