Amatorero ngo afasha abagore bafunzwe kutigunga

Abafungiye muri Gereza yihariye y’Abagore ya Ngoma, bavuga ko kugira amatorero y’ubuhanzi ndetse no kwiga imyuga itandukanye bibafasha kutigunga.

Babigaragarije umuyobozi muri RCS ushinzwe kugorora, uburenganzira bwa muntu n’imibereho myiza mu magereza yo mu Rwanda, SP Mugisha Vianney, kuri uyu wa 17 Gashyantare 2016 ubwo yari yasuye Gereza ya Ngoma.

Ibikorwa nk'ibi by'udukino no kwibumbira mu matorero y'umuco ngo bibafasha kwirinda kwigunga no kubohoka bakavuga ibibabaje bakavurana ibikomre
Ibikorwa nk’ibi by’udukino no kwibumbira mu matorero y’umuco ngo bibafasha kwirinda kwigunga no kubohoka bakavuga ibibabaje bakavurana ibikomre

Binyuze mu buhanzi bw’imbyino n’imivugo, amatorero gakondo abafasha mu isanamitima no kwidagadura bakava mu bwigunge maze bakiga umuco Nyarwanda na kirazira bibafasha kugororoka.

Murekatete, umwe mu bafungiye muri iyo Gereza, yagize ati "Nari ndi mu bwihebe bukomeye, ariko ngeze muri iri torero ’Indangamirwa’ byaramfashije cyane menya indangagaciro na kirazira, menya kwiyakira n’icyaha cyanjye.Ubu nafashe ingamba yo kugororoka no kuzibukira ikibi.”

Uyu mukobwa ubu urangije igihano cye cy’imyaka itanu yakatiwe nyuma yo gukuramo inda aho yari mu mashuri y’isumbuye, avuga ko hatabayeho kugorora umuntu akigumira mu bwigunge ntiyigishijwe ngo amenye icyaha yakoze afate ingamba, nta kabuza igihe yaba afunguwe yakongera.

Aba bagororwa mu mukino wo kwigaragaza mu myambaro bakorera muri gereza mu ngendo y'injyana(defile de mode)
Aba bagororwa mu mukino wo kwigaragaza mu myambaro bakorera muri gereza mu ngendo y’injyana(defile de mode)

SP Mugisha Vianney, umuyobozi mu rwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) ushinzwe kugorora,uburenganzira bwa muntu n’imibereho myiza mu magereza, avuga ko icyo RCS ishyize imbere ari ukugorora kugira ngo abantu bakoze ibyaha bagororoke.

Yagize ati "Nkurikije ibyo mbonye hano mutweretse ndabona intego ya RCS yo kugorora igenda igerwaho neza. Ibyo mugaragaje ni umusaruro w’ibyo muvanye hano. Leta y’ubumwe yaratekereje cyane maze ihitamo kugorora uwakoze icyaha aho kumufunga.”

Sup of Prison Mugisha Vienny avuga kuba wafunga ukagerekaho no kwiheba warwara igifu n'ibindi birwa. ariyo mpamvu babafasha mu kudaherwa no kwigunga
Sup of Prison Mugisha Vienny avuga kuba wafunga ukagerekaho no kwiheba warwara igifu n’ibindi birwa. ariyo mpamvu babafasha mu kudaherwa no kwigunga

Amatorero gakondo abiri ubu ni yo abarizwa muri Gereza ya Ngoma ifungiyemo abagore gusa.

Uretse kuba bahabwa inyigisho mu kubagorora ndetse na bo ubwabo bakaba bagororana bigishanya ngo bazinukwe icyaha, aba bagororwa bigishwa imyuga itandukanye ngo bazabashe kwibeshaho igihe bazaba barangije ibihano byabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka