Amajyepfo: Basabwe kugaragaza abanyereje inka 1201 za Girinka

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo kugaragaza abagize uburiganya mu kunyereza inka 1201 zari zigenewe abatishoboye; kugira ngo bahanwe by’intangarugero.

Imibare igaragazwa n’Ikigo gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) mu Ntara y’Amajyepfo, igaragaza ko inka 1201 zatanzwe muri gahunda ya Girinka muri iyi ntara zaburiwe irengero.

Minisitiri Kaboneka asabira abayobozi bagize uburiganya mu kunyereza inka za Girinka ibihano biremereye.
Minisitiri Kaboneka asabira abayobozi bagize uburiganya mu kunyereza inka za Girinka ibihano biremereye.

Zimwe muri izi nka zagiye zigurishwa n’abazihawe bataritura naho izindi zigurishwa n’abashinzwe kuzitanga, mu gihe abazigenewe babeshywaga ko zifite ibibazo bazashumbushwa izindi. Ibyo byose ngo bigakorwa abayobozi b’inzego z’ibanze babigizemo uruhare.

Ubwo Minisitiri Kaboneka yasuraga iyi ntara ku wa 5 Mata 2016, yasabye abayobozi b’ibanze kugaragaza abagize uruhare mu gutobanga gahunda za Girinka na VUP bagahanwa by’intangarugero.

Yagize ati ”Turabasaba ko ababigizemo uruhare bose bagaragara. Dukeneye kubona ibyemezo bibafatirwa kandi ibyemezo bikwiriye umuntu wahemukiye abaturage, wahemukiye igihugu, watatiye igihango nta kumwihanganira.”

Abayobozi b'inzego z'ibanze mu Ntara y'Amajyepfo basabwe kugaragaza abariganyije bakanyereza inka zari zigenewe abatishoboye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kugaragaza abariganyije bakanyereza inka zari zigenewe abatishoboye.

Minisitiri Kaboneka yavuze ko abayobozi b’inzego zibanze ari bo ba mbere bagomba kubiryozwa kuko inka zingana gutya zidashobora kubura abayobozi batabigizemo uruhare.

Ati ”Ntabwo wambwira ko inka zisaga 1000 zose zagurishijwe mu ntara, inzego z’ibanze zitabizi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois, wavuze mu izina ry’abayobozi b’inzego z’ibanze, yemereye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, ko bagiye kwihana no kwicuza amakosa yagaragaye, ndetse no guca ukubiri n’ingeso zibabuza kugeza iterambere ku bo bayobora.

Yagize ati ”Habeho kwihana, kwicuza no guca ukubiri n’ingeso mbi zitubuza kugeza abaturage ku mpinduka zifuzwa.”

Ikibazo cy’uburiganya muri gahunda ya Girinka ni kenshi kivuga hirya no hino, aho abaturage baba binubira uburyo inka zitangwa ndetse n’uburyo abazihabwa bitura cyangwa bazigurisha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ibintu byarakomeye aho umuntu umwe ahabwa inka gatatu hakoresheje amayeri mu gihe abandi bahebye bazira kudatanga ruswa.

Alias J.H yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka