Agasozi ka Mugandamure mu isura nshya y’iterambere

Mu gace ka Mugandamure mu Karere ka Nyanza hari isura nshya mu bijyanye n’iterambere ry’imiturire ritigeze ribaho mu yindi myaka.

Agace ka Mugandamure gatuwe na benshi mu bayoboke b’idini rya Islam, ni kamwe mu bice by’Akarere ka Nyanza byari bifite inyubako zishaje kandi z’utujagari ariko umwaka wa 2016 utangiye hari isura nshya y’iterambere mu by’imiturire n’ibindi bikorwa remezo bitigeze bibaho muri ako gace.

Inzu z'ibisenge bigezweho ni zo ziganje i Mugandamure kugeza ubu.
Inzu z’ibisenge bigezweho ni zo ziganje i Mugandamure kugeza ubu.

Mugandamure itangiye gusirimuka mu bikorwa remezo n’imyubakire igezweho ku nkunga y’umunyemari witwa Saadi Zaidi ukomoka mu gihugu cya Arabia Saudite mu mujyi w’i Madina wagejejweho umushinga w’iterambere, akiyemeza kuhazamura ibikorwa bihateza imbere.

Uyu munyemari ukorana bya hafi na hafi n’uwitwa Kabiriti Asumani, Imamu w’Akarere ka Nyanza mu idini rya Islam, arimo kubakisha i Mugandamure umusigiti uzaba ari w’icyitegererezo mu Rwanda.

Umusigiti w'icyitegererezo mu bwiza no mu bunini urimo kubakwa i Mugandamure.
Umusigiti w’icyitegererezo mu bwiza no mu bunini urimo kubakwa i Mugandamure.

Hirya y’uwo musigati hazubakwa n’ihahiro ry’ibicuruzwa rizaba ari iryo ku rwego rwo hejuru nk’uko Kabiriti Asumani abivuga.

Ku ruhande rw’imyubakire y’abaturage batuye mu gace ka Mugandamure, naho isura nshya iragaragara mu nyubako zigezweho zirimo kuhazamurwa z’ibisenge by’amabati.

I Mugandamure, inzu mbi zirimo gusimbuzwa inziza.
I Mugandamure, inzu mbi zirimo gusimbuzwa inziza.

Kabiriti akomeza avuga ko mu gace ka Mugandamure hazavugururwa inzu 200 zigahabwa ibisenge bigezweho ndetse n’izindi 100 nshya zikubakwa mu buryo bujyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Nyanza.

Yagize ati “Imyubakire y’izi nzu zigezweho yaturutse mu mpano bagenzi bacu b’abayisilamu bakura buri mwaka mu mutungo wabo bakawugenera abakene ndetse hakubakwamo n’ibindi bikorwa remezo by’aho batuye ku buntu.”

Aha ni i Mugandamure ku muhanda wa kaburimbo.
Aha ni i Mugandamure ku muhanda wa kaburimbo.

Binyuze muri ayo mpafaranga y’impano, Kabiriti avuga ko biyemeje umuhigo wo kuvugurura agasozi ka Mugandamure kagasigara ari indatwa mu iterambere.

Ati “Nk’ubu tumaze gushyira i Mugandamure ikigo cy’imari cya “Atlantis” gifasha abaturage baho n’inkengero mu kwiteza imbere.”

Kabiriti Assumani avuga ko bafite umuhigo wo guhindura Mugandamure.
Kabiriti Assumani avuga ko bafite umuhigo wo guhindura Mugandamure.

Bamwe mu baturage bagezweho n’iterambere i Mugandamure bavuga ko ibyo bafite babikesha ko igihugu cy’u Rwanda gitekanye.

Zimwe mu nzu zirimo kuvugururwa i Mugandamure zishyirwaho ibisenge bigezweho.
Zimwe mu nzu zirimo kuvugururwa i Mugandamure zishyirwaho ibisenge bigezweho.

Mu gace ka Mugandamure, ubu harabarurwa ingo 400 zibumbiyemo abayoboke ba Islam basaga ibihumbi 2.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

ni byiza,turabyishimie

tuyishime v believer yanditse ku itariki ya: 10-01-2016  →  Musubize

Allah akomeze ababe hafi abatize ubuzima nibindi bizanza Insh.Allah

Bashunga Hussein yanditse ku itariki ya: 8-01-2016  →  Musubize

Gusa Imana ikomeze ibafashe ibahe ubunzima kuko nibitaribyo tuzabibona Insh,Allah.Bashunga Hussein

Bashunga Hussein yanditse ku itariki ya: 8-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka