Abaturage b’i Ntyazo bashimiwe kuburizamo igitero cy’uwari witwaje imbunda

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.

Hari mu biganiro byabereye ku kibuga cy’umupira cya Katarara mu Murenge wa Ntyazo ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki 3 Gicurasi 2016.

Brig. Gen. Jean Jack Mupenzi ukuriye Ingabo z'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, yashimiye abaturage ubufatanye bagaragaje mu kwicungira umutekano.
Brig. Gen. Jean Jack Mupenzi ukuriye Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yashimiye abaturage ubufatanye bagaragaje mu kwicungira umutekano.

Tariki 26 Mata 2016 saa munani z’amanywa, umuntu witwaje imbunda yo mu bwoko bwa SMG bikekwa ko yari aturutse muri FDLR, yinjiye mu Murenge wa Ntyazo ariko umuturage wa mbere wamubonye atanga amakuru yihuse kugira ngo inzego z’umutekano zihite zihagoboka.

Uwitwa Munyaneza Wellars ni we wabanje kubona uwo mugabo utazwi ahetse imbunda mu ikote, imvura yamunyagiye.

Agira ati “Imvura yari imaze guhita mu murenge wacu wa Ntyazo ndimo ngenda mbona umuntu ntazi wanyagiwe uruhande rumwe, amaze gutambuka nasubije amaso inyuma mbona anafite imbunda mu ikote.”

Abaturage bari benshi.
Abaturage bari benshi.

Munyaneza yavuze ko kuva ubwo yashakishije uburyo bwo kujya kumusuhuza ariko undi we agahita yanga kumuha intoki ze.

Ati “Numvaga namusimbukira nkamufata kuko nabonaga atandusha imbaraga usibye iyo mbunda yari afite yarashishije amasasu ariko ku bw’amahirwe ntampamye.”

Uwo mugabo amaze kurasa amasasu agatera na gerenade, abaturage b’Umurenge wa Ntyazo bakomeje kumwotsa igitutu kugeza ubwo Ingabo z’u Rwanda zahagobokeye, agahita ahasiga ubuzima.

Munyaneza Wellars avuga uburyo yafatanyije n'abandi baturage bagakoma mu nkokora umuntu wari witwaje imbunda mu murenge wa Ntyazo.
Munyaneza Wellars avuga uburyo yafatanyije n’abandi baturage bagakoma mu nkokora umuntu wari witwaje imbunda mu murenge wa Ntyazo.

Uwitwa Mujawayezu Primitive we yitabaje terefoni amenyekanisha ko hari umuntu utazwi witwaje imbunda, abaturage bakeneye gutabarwa.

Ati “Ingabo zacu zaradushimishije cyane kuko mu minota mike zahise zihasesekara uwo mugizi wa nabi ahasiga ubuzima.”

Brig. Gen. Jean Jack Mupenzi uhagarariye Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yashimye abaturage ba Ntyazo avuga ko ubwo bufatanye bagaragaje ari bwo bugomba gukomeza kubaranga.

Ati “Umutekano ni nko guhumeka ntabwo tugomba kujenjeka kuko turangaye nta buzima byaduha.”

Abaturage batanze ubuhamya imbere y'abayobozi bw'ukuntu bafatanyirije hamwe kurwanya umuntu wari ubateye yitwaje imbunda.
Abaturage batanze ubuhamya imbere y’abayobozi bw’ukuntu bafatanyirije hamwe kurwanya umuntu wari ubateye yitwaje imbunda.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yahamagariye abaturage b’i Ntyazo gukomeza uwo muco mwiza bafite wo kwicungira umutekano.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Nkuko tura Badahirwa Mekedukomezekwicungira umutekano Gushakanugushobora Nibinditwabigeraho Biryanyeniterambere Murakoze

Ndahimana Charles yanditse ku itariki ya: 14-07-2016  →  Musubize

Oh ! Nyanza Nukuri, izinaniryo Muntu Nkukoturabadahirwa Cyonimureke Dukomezekwicungirumutekano Wacukukoniryoterambererirambye.

Ndahimana Charles yanditse ku itariki ya: 14-07-2016  →  Musubize

Mugabanye kwica inzirakarengane

Kanyombyalexis Rudasingwi yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

Fdrl yarindagiye ntiyamenya aho inyura ijya Nyanza gukora Iki? Kereka uvuze kwari Kgli ahubwo kumanywa? Ni imandwa? Iyo ni rdf yifuzaga kuzamura drapeau ya RNC . Uwo barashe Ni Mwene Kanyarwanda wa Bishenyi nabibwiwe na muvandimwe we Kanyarda Pacifique alias dogiteri

Kanyombyalexis Rudasingwi yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

@ mahoro ntyazo ni umurenge wa nyanza uhana imbibi n ’ uburundi. Kuva burundi wambuka a kanyaru winjira ntyazo. Ntibitangaje rero ko fdlr ivaze I burundi ikinjira ntyazo.

umusaza yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

Inzegoz’umutekanozigombakubamaso,abaturagenabobakabamaso,kukotwiraye abanzib’amahorobayatuvutsa

Fulgence yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

MWARAKOZE CYANE

BONI yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

ABO BARAKOZE NABANDI BABIGIREHO HATO UMWANZI ATAZINJIRA AGAHITANA UBUZIMA BWABENSHI.

BONI yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

Eeeh uwo muntu yaciye he kurinda agera i Nyanza? Yari agiye gutera he cyangwa kwande ku manywa y’ihangu?

mahoro jack yanditse ku itariki ya: 4-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka