Abasirikare ba Zambia baje kwigira ku Rwanda gusiramura hakoreshejwe PrePex

Abasirikare bakuru b’abaganga baturutse mu gihugu cya Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda, aho baje kwiga ibijyanye n’uburyo bwo gusiramura abagabo hatarinzwe gukoreshwa ikinya kandi usiramuwe agakira mu gihe gito.

Brig Gen Dr Mulela waje ayoboye iyi kipe y’abaganga yagize ati “Twumvise ko mu Rwanda ubu buryo bushya bwo gusiramura abagabo bukoreshwa, ni yo mpamvu twaje kwigira ubu bumenyi hano mu Bitaro bya Gisirikare by’URwanda. Kandi turifuza kujyana ubu buryo bushya bwo gusiramura mu gihugu cyacu. Murabizi ko ari bumwe mu buryo bufasha mu gukumira icyorezo cya Sida”.

Itsinda ry'abasirikare baturutse muri Zambia baje kwiga uko basiramura hakoreshejwe PrePex.
Itsinda ry’abasirikare baturutse muri Zambia baje kwiga uko basiramura hakoreshejwe PrePex.

Ubu buryo bwo gusiramura abagabo hakoreshejwe PrePex bumaze imyaka itatu butangiye mu Rwanda kandi umwihariko bufite ni ukuba budasaba ibikoresho bihambaye cyangwa se ubumenyi buhanitse; nk’uko byasobanuwe na Lt Col Dr J. Paul Bitega ni umuganga mu Bitaro bya gisirikare by’u Rwanda wakoze ubushakashatsi mu gusiramura hifashishijwe PrePex.

Ibikoresho byifashishwa mu gusiramura hakoreshejwe PrePex.
Ibikoresho byifashishwa mu gusiramura hakoreshejwe PrePex.

Ibihugu bitandukanye by’Afurika bimaze kuza kwigira ubu buhanga bwo gusiramura mu Rwanda birimo Botswana, Zimbabwe, Mozambique, Uganda, Kenya na Zambia.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Birakwiye ko abategetsi bakuru aribo bakwiye gutanga urugero bisiramuza aho kujya gufata abaturage kandi abanshi tutanabyifuza. Govement, abadepite, ba ministre ni mutere intambwe mwereke abaturage iryo terambere mbere yo kujya kwigisha amahanga.

Caro yanditse ku itariki ya: 14-05-2013  →  Musubize

Ubuvuzi mu rwanda bumaze gutera intambwe ishimishije mu gukoresha ikoranabuhanga!ni ibintu byiza kubona dusigaye tubera abandi ishuri nyuma y’igihe gito tumaze tuvuye mu byago bitagira izina.

munana yanditse ku itariki ya: 14-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka