Abanyeshuri babaye aba mbere mu biganiro mpaka bahembwe mudasobwa

Uwase Natasha wiga muri Notre Dame de Citeaux na Joshua wiga muri KIST ni bo babashije gusubiza neza ibibazo babazwaga ku giti cyabo mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku kwihangira umurimo yateguwe na Rwanda inspiration Backup.

Aba banyeshuri bahawe mudasobwa ntoya zigendanwa (tablets) n’imipira yo kwambara. Ubwo aba banyeshuri bashyikirizwaga ibihembo, tariki 29/09/2013, bishimiye mudasobwa bahawe kuko zizabafasha mu myigire yabo ndetse no mu buzima bwa buri munsi.

Green Hills yabaye iya mbere mu cyiciro cy'amashuri yisumbuye.
Green Hills yabaye iya mbere mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye.

Mu rwego rw’ibigo by’amashuri, ikigo cya Green Hills Academy mu rwego rw’amashuri yisumbuye na kaminuza ya ISAE-Busogo ni byo byatsinze amarushanwa. Ibi bigo byahawe ibikombe.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Rose Mary Mbabazi, yavuze ko urubyiruko rufatwa nk’indabyo bahora basukira amazi, bivuga ko Leta ibafata neza nk’amizero y’ejo hazaza.

ISAE-Busogo niyo yabaye iya mbere muri kaminuza 8 zitabiriye irushanwa.
ISAE-Busogo niyo yabaye iya mbere muri kaminuza 8 zitabiriye irushanwa.

Ibigo bitera inkunga iki gikorwa harimo RDB, RGB, WDA na Imbuto Foundation byemeye ko bitazahwema gukangurira abanyeshuri kwiga, kurusha uko bajya banywa ibiyobyabwenge byo kubangiza ubuzima.

Ibigo byabashije kugera ku irushanwa rya nyuma harimo ikigo cya Green Hills Academy na Lycee Notre Damme de Citeaux muri secondaire, naho muri kaminuza hajemo ISAE-Busogo, SFB na Mount Kenya University.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka