Abanyarwanda 15 barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
Ahagana mu ma saa cyenda n’iminota cumi n’umwe (03h11min) mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare 2020, nibwo abanyarwanda 15 bari bafungiye mu Gihugu cya Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, bashyikirijwe u Rwanda, banyujijwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda uherereye i Kagitumba mu Ntara y’Iburasirazuba

Irekurwa ry’aba Banyarwanda barimo abagabo 10 n’abagore 3, ryatangajwe ku wa kabiri tariki 18 Gashyantare 2020, aho Leta ya Uganda yabarekuye ikabashyikiriza Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, na yo igahita ibohereza mu Rwanda.
Muri aba 13 hiyongereyeho abandi babiri batari batangajwe, ku mupaka wa Kagitumba hakaba hagejejwe abanyarwanda 15.
Nyuma yo gushyikiriza aba Banyarwanda Ambasade y’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yabwiye itangazamakuru ko kurekura abo Banyarwanda byakozwe mu rwego rwo kubahiriza amasezerano yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda agamije kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi.
Abo Banyarwanda barekuwe biyongereye ku bandi icyenda bari barekuwe tariki 08 Mutarama 2020.

Umwihariko uri muri aba 13 boherejwe muri iri joro, ni uko babiri muri bo, Kabayija Seleman na Nzabonimpa Fidel, bari mu baheruka kugaba igitero mu Kinigi mu Karere ka Musanze, igitero cyabaye mu Kwakira 2019 kigahitana abantu 14.
Aba ngo nyuma yo guteshwa n’ingabo z’u Rwanda bahungiye muri Uganda bakirwa n’inzego z’umutekano zaho.

Ubwo Abanyarwanda 9 barekurwaga, u Rwanda rwari rwavuze ko ari intambwe nziza Uganda iteye, ariko ruvuga ko batari bahagije kuko ari umubare muto ugereranyije n’Abanyarwanda benshi bafungiye muri Uganda, aho bakorerwa itotezwa n’iyicarubozo.
Abo Banyarwanda 13 barekuwe mu gihe habura iminsi itatu ngo indi nama ihuza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda hamwe n’abahuza b’impande zombi, ari bo Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iteranire ku mupaka wa Gatuna. Ni inama biteganyijwe ko izaba kuri uyu wa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020.




Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|