Abahatanira ikamba rya Miss Rwanda basuye COGEBANQUE

Abahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, basuye icyicaro cya Banki ya COGEBANQUE ari na yo muterankunga mukuru w’iki gikorwa.

Iki gikorwa kigamije kubamenyesha imikorere ya COGEBANQUE na serivise itanga ku bakiriya bayo, nk’uko Umuyobozi wa COGEBANQUE, Rashid Muremangingo yabitangaje.

Beretswe igihembo gikuru k'imodoka uzahiga abandi azegukana.
Beretswe igihembo gikuru k’imodoka uzahiga abandi azegukana.

Yagize ati “Nk’abaterankunga bakuru ba Miss Rwanda, tukaba na Banki ya mbere Nyarwanda itera inkunga cyane cyane ibikorwa biteza imbere urubyiruko, twifuje kubatumira mu kigo cyacu kugira ngo tubamenyeshe imikorere yacu ndetse na serivise duha abakiriya bacu, tubonereho no kwakira ba Nyampinga mu bakiriya bacu nk’uko babyifuje.”

Baganirijwe ku mikorere na serivise COGEBANQUE igeza ku bakiriya bayo.
Baganirijwe ku mikorere na serivise COGEBANQUE igeza ku bakiriya bayo.

Yanatangaje ko kumenyesha ba Nyampinga imikorere na serivise COGEBANQUE iha abakiriya, bizabafasha gutinyuka kwegera amabanki, kugira ngo izabahe inguzanyo izabafasha gushyira mu bikorwa imishinga bagaragaje biyamamariza kuba ba Nyampinga.

Ba Nyampinga babajije ibibazo bitandukanye bijyanye na serivise za COGEBANQUE, zirimo izazabafasha mu buryo bw’amikoro nk’inguzanyo kugira ngo bazabashe gushyira mu bikorwa imishinga biyemeje.

Bafashe iifoto y'urwibutso hmwe n'abayobozi ba COGEBANQUE.
Bafashe iifoto y’urwibutso hmwe n’abayobozi ba COGEBANQUE.

Nyuma yo guhabwa ibisubizo n’abayobozi batandukanye ba COGEBANQUE, batemberejwe muri COGEBANQUE banerekwa igihembo gikuru cy’imodoka Suzuki Swift, COGEBANQUE yateguriye uzahiga abandi muri MISS RWANDA 2016.

Abayobozi ba COGEBNQUE hamwe n'abagize itsinda ritegura Miss Rwanda.
Abayobozi ba COGEBNQUE hamwe n’abagize itsinda ritegura Miss Rwanda.

Ni ku nshuro ya gatatu COGEBANQUE iteye inkunga igikorwa cya MISS RWANDA. Icy’uyu mwaka kikazasozwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gashyantare 2016 mu birori bizabera ahazwi nka "Camp Kigali".

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

itangaza makuru ryanyu ningenzi nkundakubakurikira cyane ! bityo mukomerezaho!
cogebank numuterankunga mwiza pe yita kurubyiruko nikomerezaho

murakoze

Harerimana jean claude yanditse ku itariki ya: 27-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka