Volleyball: Amakipe ya APR na REG yabonye itike yo gukina imikino ya ¼
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane wa Afurika, CAVB CLUB CHAMPIONSHIP rikomeje ubera mu gihugu cya Tuniziya, amakipe ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yamaze kwerekeza mu cyiciro gikurikira nyuma yo kwitwara neza mu matsinda.
![Amakipe ya APR WVC na REG VC yakatishije itike ya 1_4 mu mikino ya champions league Amakipe ya APR WVC na REG VC yakatishije itike ya 1_4 mu mikino ya champions league](IMG/jpg/amakipe_ya_apr_wvc_na_reg_vc_yakatishije_itike_ya_1_4_mu_mikino_ya_champions_league.jpg)
Ayo makipe ni APR women Volleyball Club na Rwanda Energy Group Volleyball Club abitse ibikombe bya shampiyona y’u Rwanda umwaka ushize w’imikino.
Ikipe ya APR WVC yaraye yerekeje muri ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya Nigeria Customs yo mugihugu cya Nigeria amaseti 3-1 (25-19, 25-13, 25-11 na 25-8).
Ku ruhande rw’ikipe ya REG VC yo yaraye ibijyezeho nyuma yo guhigika ikipe ya Olympique Montagne Goyaves volleyball yo mugihugu cya Mauritius nayo iyitsinze amaseti 3-1 (25-20,20-25,25-22,25-19).
Nyuma yo gukatisha itike ku makipe yombi, ikipe ya APR WVC iragaruka mu kibuga kuri uyu munsi ikina imikino ya ¼ aho iri bucakirane n’ikipe ya Asac Saltigue yo mugihugu cya Senegal.
Ikipe ya REG VC nayo nyuma yo gukomeza muri ¼, iraza kwesurana n’ikipe ya JSCOA volleyball Club yo mugihugu cya Algeria umukino nawo uteganyijwe kuri uyu wa kane mu gihugu cya Tunisia.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|