Icyamamare mu muziki wa Nigeria, Ayodeji Ibrahim Balogun uzwi nka Wizkid, ari mu gahinda nyuma yo gupfusha nyina, Jane Dolapo Balogun witabye Imana azize uburwayi.
Umuhanzi akaba n’umushyushyarugamba ufite ubumuga bwo kutabona Ndayizigiye Appolaire uzwi nka Chona Hodari, uri mu bari kuzamuka neza yiyemeje gufasha leta mu bikorwa biteza imbere igihugu binyuze mu buhanzi.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu bimurwa mu manegeke, abagera kuri 85% ari abakodesha naho 15% akaba ari abatuye.
Nyuma yo gusoza imikino yo mu matsinda y’Igikombe cy’Afurika cya Volleyball mu bagore, imikino ya ¼ irakomeza kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, aho ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina n’igihugu cya Algeria.
Muri Kenya, abantu batandatu bari mu bukwe bapfuye nyuma yo kugwa mu cyobo bari bahagaze hejuru, cyari gipfundikiye ariko kikaza kuriduka bitewe n’ibiro byinshi cyari cyikoreye.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Mathilde Mukantabana, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Eric Kneedler, uhagarariye inyungu za Amerika mu Rwanda.
Mu mujyi wa Iten muri Kenya haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Rubayita Sirag bikekwa ko ari Umunyarwanda wari uzwi mu gusiganwa ku maguru, akaba yaguye mu bushyamirane bwatewe no gufuha hagati y’abantu batatu.
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy, yifatanyije mu kababaro n’umuryango wa The Ben, uherutse kugira ibyago byo gupfusha umubyeyi.
Hari umuntu kuri ubu wakwikura Amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri akagura telefone (smart phone), kuko ayibonamo akamaro karenze kuba telefone, ahubwo ari igikoresho gisimbura byinshi mu buzima bwe.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 isoza uku kwezi kwa Kanama 2023 (kuva tariki 21-31), rigaragaza ko ahenshi mu Gihugu nta mvura izaboneka, ndetse ko hazabaho ubushyuhe bwinshi bugera kuri dogere Selisiyusi 32 (⁰C) i Kigali, Iburasirazuba, Amayaga n’i Bugarama(Rusizi).
Nyuma y’ikipe ya Rayon Sports yatangiye itsinda Gasogi United ibitego 2-1, ku wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2023, shampiyona ya “Rwanda Premier League yarakomeje hakinwa n’ubundi imikino y’umunsi wa mbere.
Udutsiko tw’amabandi yitwaje intwaro, twabibye ubwoba mu baturage muri Haïti. Aho kuva uyu mwaka wa 2023 watangira, imvururu ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro muri icyo gihugu zimaze guhitana ubuzima bw’abasaga 2.400, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye. Hakaba ngo hakenewe ingabo mpuzamahanga kugira ngo zihagarike (…)
Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Kanama 2023 mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Kamembe, Akagari ka Kamurera, Umudugudu wa Kamuhirwa, habereye impanuka y’imodoka yahitanye abantu babiri, abandi batatu barakomereka bikomeye.
Ikipe ya Muhazi United yahize ari Rwamagana yamuritse abakinnyi izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2023/2024, yiha intego zo kuza mu makipe atandatu ya mbere
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) cyagaragaje ko Uturere dutanu two mu Ntara y’Iburengerazuba n’akandi kamwe ko mu Majyepfo ari two twibasirwa n’ibiza kurusha utundi mu Gihugu. Ni urutonde ruriho n’utundi turere twose aho tugabanyije mu byiciro bitatu bitewe n’uburyo dusumbana mu kwibasirwa n’ibiza. Ni amakuru (…)
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zakoze umuganda zitanga na serivisi z’ubuvuzi mu bikorwa bigamije ubukangurambaga bwo kurwanya Malariya.
Mu gikorwa ngarukamwaka gihuriweho n’inzego zitandukanye cyakozwe mu Gihugu hose kizwi nka ’Operation Usalama’, kigamije gukura ku isoko ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, ibitemewe mu Rwanda, ibya magendu n’ibyarengeje igihe, hafashwe ibifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 100.
Ku bufatanye bwa Sendika z’abakozi, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Ikigo cy’Igihugu cy’Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), n’izindi nzego, abakozi bakora imyuga itandukanye ntaho bayigiye uretse mu kazi bagiye gufashwa kubona impamyabushobozi.
Mbese bigenda bite ko abaturage iyo bakiri abana, usanga abahungu ari bo benshi kurusha abakobwa, ariko wareba abageze mu zabukuru ugasanga abagabo ari bacye ugereranyije n’abagore?
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yahumurije abatuye mu Karere ka Gicumbi bibaza ku wahoze ari Umuyobozi w’Akarere kabo, ababwira ko n’ubwo ari mu zindi nshingano, hari ubwo yazabagarukira agakomeza inshingano ze zo kubayobora.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Mocimboa da Praia, burangajwe imbere n’Umuyobozi w’Akarere, Sergio Domingo Cypriano, wari uherekejwe n’abayobozi mu nzego z’umutekano za Mozambique barimo Umuyobozi w’ikigo cya Leta gishinzwe amakuru n’umutekano, Zito Navaca, basuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda bashima uruhare rwazo mu bikorwa byo (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Peter Mathuki, yatangaje ko Igihugu cya Somalia kimaze gutera intambwe ikomeye icyinjiza muri uyu muryango ku buryo bitarenze uyu mwaka kizakirwa nk’umunyamuryango mushya.
Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball iherereye muri Cameroon, yabonye intsinzi ya gatatu yikurikiranya nyuma yo gutsinda iya Uganda amaseti 3-0.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie, yishimiye guhura na Perezida Paul Kagame ndetse ahamya ko bigaragaza ko iyo ibyo akora byagenze neza n’Umukuru w’Igihugu abimenya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa yatangaje ko Perezida Xi Jinping azaba ari mu nama ‘BRICS’ mu cyumweru gitaha.
Koperative (COAGI) y’abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruli, irashimira Koperative y’abahinzi ba Kawa yitwa Dukundekawa Musasa, ku nkunga yabageneye ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (5,000,000 FRW) yo kugura imashini itunganya kawunga.
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali Pelé Stadium mu irushanwa rya CAF Champions League mu mukino w’ijonjora ry’ibanze, ikipe ya APR FC yanganyije na Gaadiidka FC yo muri Somalia igitego 1-1 mu mukino ubanza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwateguye inama ihuza abafatanyabikorwa bakorera muri aka Karere mu kubereka ibikorwa bya Etincelles FC no kuyishyigikira mu marushanwa ya shampiyona.
Abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu bavuga ko bafite ikibazo cya Peteroli yabuze ku isoko bakavuga ko bishobora gutuma bahagarika imirimo y’uburobyi ndetse n’isambaza zigahenda.
Umuryango World Vision ukorera mu bice bitandukanye by’Igihugu, tariki 16 Kanama 2023 wifatanyije n’abana baturuka mu miryango itishoboye kwizihiza isabukuru y’amavuko y’abo bana mu rwego rwo kubashimisha, ndetse no kubibutsa zimwe mu nshingano zabo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yahumurije abaturage baturiye Sebeya muri metero 10 bari bahawe tariki 10 Kanama 2023 kuba bimutse ariko n’abandi batuye muri metero 50 bagerwaho n’ingaruka za Sebeya basabwa kuhimuka.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yakiriye itsinda ry’abayobozi mu nzego z’umutekano za Eswatini bayobowe n’Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ingabo n’Umutekano, Igikomangoma Sicalo Dlamini.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifatanyije n’urubyiruko rwitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa mu muganda udasanzwe wo kubaka imihanda mu Mudugudu wa Mukoni mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yibukije Guverineri Mugabowagahunde Maurice, ihame akwiye gushyiramo imbaraga, mu nshingano yahawe zo kuyobora Intara y’Amajyaruguru.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben n’Umuraperi Rukundo Elie (Green P), bari mu gahinda ko kubura umubyeyi wabo Mbonimpa John, wazize uburwayi.
Ku wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yujuje imyaka itandatu ya manda y’imyaka irindwi yarahiriye muri 2017, akaba icyo gihe yarijeje kuzakomeza igihango cyo gukora ibyiza yari afitanye n’urubyiruko.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze iya Gasogi United ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, ihita inafata umwanya wa mbere. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu Triki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Silvio José Albuquerque e Silva, ufite icyicaro i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, bikaba byibanze ku mubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, no kurebera hamwe uko (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye David Adedeji Adeleke uzwi ku izina rya Davido, umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, uri mu Rwanda mu gusoza Iserukiramuco rya Giants of Africa Festival.
Abajyanama mu by’ubworozi bo mu Karere ka Burera, barashimira umushinga USAID Orora Wihaze, wabahuguye ubaha ubumenyi bwo kunoza gahunda y’ubworozi, by’umwihariko ubw’amatungo magufi.
Mu nama y’iminsi ibiri yahuje abakuru b’ingabo mu bihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS) yatereaniye mu murwa mukuru wa Accra muri Ghana kuva tariki 17 kugera tariki ya 18 Kanama 2023 hemejwe ko hagiye koherezwa umutwe w’ingabo wo gutabara Perezida Bazoum wahiritswe ku butegetsi n’agatsiko ka Girikare.
Indege ya Kajugujugu yari itwaye abakomeretse n’imirambo y’abaguye mu gico cyatezwe n’abantu bitwaje intwaro, mu Mudugudu wa Chukuba-Shiroro muri Leta ya Niger muri Nigeria, yarahanutse ihitana abasirikare basaga 20.
Nizard Niyonkuru uzwi nka Niz Beatz ni umwe mu basore b’abahanga bafite ikiganza cyihariye ndetse banatanga icyizere u Rwanda rufite mu bijyanye no gutunganya umuziki [Producer], umwuga yatangiye kuva mu 2013, ashyize ku ruhande ubuhanzi yiyemeza kubikora kugeza ku rwego mpuzamahanga.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda, REWU, Mutsindashyaka Andre, avuga ko abakozi bari mu kazi baramutse bafashwe neza n’abakoresha babo ikibazo cy’ubushomeri cyaba amateka kuko nabo bagira uruhare mu gutanga akazi.
Umuyobozi w’inama y’Ubutegetsi y’Umurenge SACCO Karangazi, Gatarayiha Dan, avuga ko abibye iki kigo cy’imari bari baracurishije imfunguzo ku buryo byaboroheye gufungura bakagera ku mutamenwa nawo bakawutwara.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yiyongereye amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Afurika nyuma yo kwisasira ikipe y’igihugu ya Burkina Faso iyitsinze amaseti 3-0 (25-8, 25-7, 25-14).