Muri Sudani, imirwano irakomeje ikaba yaraguyemo abantu basaga 20 mu minsi ine ishize, ahanini akaba ari abasivili.
Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ntazitabira inama y’ibihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi ‘G20’, izabera mu Buhinde.
Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yiga ku bibazo by’umutekano muke uranga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ku munsi wayo wa kabiri yakoze imyitozo ikomeza kwitegura Sénégal mu mukino usoza imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023.
Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ruvuga ko rwafunze uwitwa Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe mu Kagari ka Busanza.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri 2023-2024, igaragaza ko abanyeshuri bazatangira kwiga ku itariki 25 Nzeri 2023.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Morocco amaseti 3-0, ku munsi wa mbere w’itangira ry’igikombe cy’afurika, u Rwanda rwihimuriye kuri Gambia maze ruyitsinda amaseti 3-1 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’itsinda.
Mu gihe Akarere ka Rubavu ko mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda gafatwa nka tumwe mu duce dushobora kweza imboga nyinshi zagera kuri benshi mu Banyarwanda, bamwe mu bahinzi bazo bo muri ako gace bakomeje gutaka kugarizwa n’uruhuri rw’ibibazo muri ubu buhinzi. Iki kibazo kiramutse kitabonewe umuti kikaba cyagira ingaruka (…)
Mu nama mpuzamahanga ya 25 y’Urugaga rw’Abaganga muri Afurika, iteraniye i Kigali guhera tariki ya 4 kugera tariki 9 Nzeri 2023, yiga ku ngamba zigamije guteza imbere ubuzima, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko urwego rw’ubuzima rugikeneye ibikorwa byinshi birimo kongera umubare w’abaganga ndetse bafite (…)
Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika ukomeje kwikorera umutwaro uturuka ku ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nyamara ari wo mugabane ugira uruhare ruto mu guhumanya ikirere.
Muri Espagne, Guverinoma igiye gusaba urukiko rwa siporo guharika Perezida wa Federasiyo y’umupira w’amaguru muri icyo gihugu, Luis Rubiales, nyuma yo gusoma ku munwa umukobwa w’umukinnyi, akamusomera mu ruhame, abikoze ku ngufu batabyemeranyije.
Hon. Dushimimana Lambert wahawe kuyobora Intara y’Iburengerazuba tariki ya 4 Nzeri 2023, yavutse tariki 29 Kanama 1971 mu Karere ka Rubavu, yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yakiriye mu biro bye Stefan Löfven wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Suède, akaba na Perezida w’inama y’ubutgetsi y’ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi n’amahoro cya Stockholm (SIPRI).
Polisi yo muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, yatangaje ko amabandi yinjiye mu Misigiti ibiri itandukanye yica abantu barindwi barimo basenga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Nzeri 2023, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, anagirana ibiganiro na Deborah Calmeyer, umuyobozi akaba n’uwashinze ikigo ROAR Africa, kigamije guteza imbere ubukerarugendo muri Afurika.
Amakipe ane arimo Rayon Sports na Kiyovu Sports agiye guhurira mu irushanwa ryateguwe mu rwego rwo gushishikariza abantu kwizigamira, rigatangirira i Ngoma kuri uyu wa Kabiri
Guverinoma ya Kinshasa yatangiye urugendo rusura abaturage babuze ababo mu myigaragambyo iheruka mu mujyi wa Goma tariki 30 Kanama 2023. Ni imyigaragambyo yaguyemo urubyiruko rurenga 40 bishwe barashwe n’ingabo za Congo (FARDC) ndetse hakoremereka abarenga 80, mu gihe abafashwe bagafungwa barenga 140.
Umuyobozi w’ Urwego rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye hagati y’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’Igihugu, Umutoni Gatsinzi Nadine, kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Nzeri 2023 yarahiriye inshingano zo kuyobora uru rwego.
Abatega imodoka mu buryo bwa rusange baratangaza ko bagikeneye nkunganire ku giciro cy’ingendo, itangwa na Leta kuko ibibazo by’amikoro make byatewe na Covid-19 bigihari, ndetse n’ibindi biciro ku isoko bikaba byarazamutse cyane.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi mu nzego za Leta no mu bigo bitandukanye bya Leta nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse guhirika ubutegetsi muri Gabon, yarahiriye kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho, umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeri 2023.
Urugaga rw’Abavoka rwasabye Inama Nkuru y’Ubucamanza na Guverinoma kudafunga abakirimo kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, bitewe n’uko izo manza ngo zimara imyaka nyamara hari bitaringombwa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, bwafashe icyemezo cyo gusenya inzu ya Mbonyumukiza Félicien nyuma yo gusanga yarayubakiye hejuru y’imyobo, irimo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Abatuye Umudugudu wa Terimbere, Akagari ka Mugari, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bahangayikishijwe n’indwara idasanzwe, y’amaso ikomeje gufata abatuye uwo mudugudu.
Ku mugoroba wa tariki 3 Nzeri, mu nzu y’imikino ya BK ARENA hakinwaga umukino wa kabiri wa nyuma (Best of seven series) hagati y’ikipe ya REG BBC ndetse na APR BBC.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, yatangaje ko babaye bahagaritse ibikorwa byo gucukura umucanga uzwi nk’ibicangarayi bijyanwa mu nganda zikora sima, ku musozi wa Nyakiriba, kugira ngo babanze bashake amakuru ku mibiri yahashyinguwe irimo kuboneka iyo barimo gucukura umucanga.
Paruwasi Gatolika Sancta Maria ya Byimana mu Karere ka Ruhango, yageneye impano Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iyubakwa ry’inyubako nshya y’iyo Paruwasi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiramara impungenge aborozi b’inkoko nyuma y’uko hatangiye gutangwa imishwi yakingiriwe mu ituragiro.
Sena y’u Rwanda yatangaje ko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana tariki ya 3 Nzeri 2023, aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, azize uburwayi.
Kuva ku wa 1 Nzeri 2023 kugeza ku wa 3 Nzeri 2023, ikipe ya Japan Karate Association Rwanda yateguye amahugurwa ajyanye na tekinike yo kurwana (Kumite) mu mukino wa Karate atangwa na Christophe Pinna wigeze gutwara shampiyona y’Isi mu 2000.
Kuri iki Cyumweru,ikipe ya Police FC yakiriye Mukura VS kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona banganya 1-1.
Abakurikirana iby’urusobe rw’ibinyabuzima bavuga ko nta kinyabuzima kidafite umumaro ku isi, ari na yo mpamvu bikwiye kubungabungwa, bagatanga urugero rw’ibikeri ngo bishobora kwifashishwa mu kumenya umugore utwite.
Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Gabon muri iki gihe bwafashe icyemezo cyo gufungura imipaka kandi bigahita bitangira kubahirizwa ako kanya.
Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Volleyball mu Rwanda yisanze mu itsinda rya kane (Group D) mu gikombe cya Afurika kigomba gutangira kuri iki cyumweru i Cairo mu Misiri.
Ishuri ry’umukino wa Karate ryitwa Zanshin Karate Academy ryateguriye abakiri bato amahugurwa yabereye mu Karere ka Huye mu rwego rwo kuzamura ubumenyi bwabo muri uyu mukino.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bambuye ibitaro bya Gisenyi amafaranga agera kuri miliyoni 200 bazayishyuzwa, naho abatishoboye bakishyurirwa na Leta.
Abofisiye bakuru 24 bo mu ngabo zo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (Eastern Africa Standby Force - EASF), bari bamaze ibyumweru bisaga bibiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(Rwanda Peace Academy), bahugurwa ibirebana no kuba indorerezi mu butumwa bw’Umuryango (…)
Elvine Ineza ni umwana w’umukobwa w’imyaka 12, waciye agahigo ko kwita izina umwana w’ingagi ari muto, kuva uwo muhango watangira gukorwa muri 2005.
Kuri uyu wa Gatandatu ku bibuga bitandukanye hakiniwe imikino itanu y’umunsi wa gatatu wa shampiyona waranzwe no gutsindwa 4-0 kwa Kiyovu Sports.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Musanze yatsinze umukino wa gatatu yikurikiranya
Ku mugoroba wo ku itariki ya 01 Nzeri 2023, mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’imyaka itanu, bakeka ko rwaba rwatewe n’imyumbati mibisi yahekenye
Perezida w’inzibacyuho muri Gabon, Gen. Brice Oligui Nguema, uherutse guhirika ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo, yatangaje ko azarahira muri uku kwezi kwa Nzeri 2023, anashyireho abagize Guverinoma bagomba kumufasha mu gihe cy’inzibacyuho.
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kigali, mu Kagari ka Ruliba , mu Mudugudu wa Ryamakomari, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02 Nzeri 2023 habereye impanuka y’imodoka yahitanye abantu batandatu, abandi batanu barakomereka bikomeye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku itariki ya 01 Nzeri 2023, rwafunze abakozi batatu ba SACCO ISOKO Y’AMAJYAMBERE MUKAMIRA, aho bakurikiranyweho kunyereza 18,259,010 FRW.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye abashyitsi banyuranye baje mu Rwanda mu birori byo Kwita Izina abana b’Ingagi, umuhango wabaye tariki ya 1 Nzeri 2023. Barimo icyamamare Idris Elba, Umuyobozi Mukuru wa Balloré Group, Cyrille Balloré n’Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Audrey Azoulay.
Imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yaturukaga mu muhanda wa Rubavu yerekeza i Musanze, yahirimye mu muhanda igonga ikamyo ya rukururana ndetse n’imodoka yo mu bwoko bwa RAV4.
Abagana Ikigo nderabuzima cya Rurembo mu Karere ka Nyabihu biganjemo abagore, bari mu byishimo by’inzu y’ababyeyi (maternité) nshya yuzuye, ikaba yitezweho kubarinda kubyarira mu ngo n’ingendo zivunanye bakoraga bajya ku bindi bigo nderabuzima kubyarirayo.
Ibyamamare bitandukanye ku Isi birimo abakinnyi ba filimi zitandukanye zikunzwe cyane ku Isi, bitabiriye umuhango kwo ‘Kwita Izina’ ku nshuro ya 19 abana b’ingagi 23 baheruka kuvuka, maze bahereye ku buzima bwabo n’ibyo basanzwe bakora bagaragaza udushya dutandukanye mu kwita izina.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije n’Amagaju FC igitego 1-1, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.