Umugabo wo mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Mushishiro mu Murenge wa Mushishiro, azira gukubita no gukomeretsa mugenzi we akeka ko amusambanyuriza umugore, nyuma yo kubasangana iwe mu rugo.
Ku wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinze iya Misiri mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya Sitting Volleyball, amaseti 3-0.
Amagambo ya Franck Emmanuel Biya, umuhungu w’imfura wa Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yatumye Abanya-Cameroun batangira kumva ko ashaka kuzasimbura se ku butegetsi.
Perezida Paul Kagame, yishimiye ibihe byiza by’umugoroba yagiranye n’umwuzukuru we, witwa Amalia Agwize Ndengeyingoma.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, ari kumwe na Madamu Kayisire Marie Solange, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), bakiriye Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, aherekejwe na Jonathan Kamin, Umuyobozi w’Ikigo cya Amerika gishinzwe iterambere (…)
Mutungirehe Annonciate wo Kagari ka Gikundamvura Umurenge wa Karama avuga ko amaze amezi ane akuwe ku rutonde rw’abahabwaga inkunga y’ingoboka kubera ngo gutanga amakuru ku bitagenda mu bitangazamakuru nyamara ubuyobozi bukavuga ko ibyo bitamubuza guhabwa ibigenerwa abandi ahubwo inkunga yayikuweho bitewe n’amabwiriza mashya (…)
Recording Academy isanzwe itegura ibihembo bya Grammy Awards, bavuze imyato umunya-Nigeria Damini Ogulu, uzwi ku izina rya Burna Boy, ko nta muhanzi wa Afrobeats cyangwa undi muhanzi muri Afurika umuhiga.
Minisiteri y’ibidukikije yatangaje ko yatangiye gukoresha utudege duto tutagira abapilote (Drones), mu rwego rwo gukurikirana abangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Eric Ndagijimana uzwi nka X-Dealer, ushinjwa kwiba telefone ya The Ben, yasabye urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe mu Bugenzacyaha kuko uwabutanze atigeze agera aho Telefone yibiwe mu gihugu cy’u Burundi.
Abakinnyi ba mbere b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda "AMAVUBI" bamaze kugera mu karere ka Huye, ahazakinirwa imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi
Ku Cyumweru tariki 12 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK ARENA, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo gushimira abasora mu mukino wa Volleyball (Taxpayers Appreciation Volleyball Tournament).
Nzizera Aimable wareze umunyamakuru Manirakiza Théogène, kumukangisha kumusebya, yamenyesheje urukiko ko yamubabariye. Ni mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, Manirakiza yari yitabye urukiko mu bujurire yatanze ku cyemezo cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Abasirikare batanu ba Amerika bapfuye ubwo indege ya Kajugujugu bari barimo mu gihe cy’imyitozo, yahanukiraga mu Nyanja ya Méditeranée, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Amerika.
Hirya no hino mu gihugu hagenda hubakwa amarerero y’abana bato mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kubivamo.
Mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Nganizi, ushakishwa nyuma yo gutoroka amaze gusambura inzu yabagamo akagurisha amabati, inzugi n’amadirishya.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Rishi Sunak, yakuye ku mirimo Suella Braverman, wari Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, asimburwa kuri uwo mwanya na James Cleverly.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amasoko ya Leta (Rwanda Public Procurement Authority/RPPA) kivuga ko Abanyarwanda n’ibigo bikorera mu Rwanda, bihabwa amahirwe mu gihe isoko ryatanzwe rifite agaciro k’amafaranga atarenze Miliyari ebyiri.
Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, Urukiko rwa Rubanda mu Bufaransa rwatangiye kuburanisha Sosthène Munyemana ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yandikiye ibigo by’ubuvuzi byose (ibitaro n’ibigo nderabuzima), ibisaba gushyira ikoranabuhanga rigabanya umuvuduko (speed governor) mu mbangukiragutabara bitarenze ukwezi kumwe, uhereye igihe yatangiye aya mabwiriza tariki ya 10 Ugushyingo 2023.
Kuri iki Cyumweru amakipe y’u Rwanda ya Sitting volleyball mu bagabo n’abagore yaserutse mu mikino y’umunsi wa mbere mu matsinda yayo y’Igikombe cy’Isi 2023 kiri kubera mu Misiri, aho mu mikino itatu yakinnye abagore ari bo babonye intsinzi.
Impuguke zaganiriye na Kigali Today zivuga ko hari uburyo butandukanye bwafasha umuntu kwirinda gukubitwa n’inkuba, nko kwegeranya amaguru no kutagendagenda ahantu hari amazi, mu gihe atari hafi y’inzu cyangwa imodoka yo kugamamo.
Imbuto za amande zikomoka muri Aziya yo hagati, ariko uko imyaka yagiye ihita, zageze no ku yindi migabane, harimo u Burayi ndetse no muri Afurika kuko zera no mu Misri. Nubwo izo mbuto zidahingwa mu Rwanda, ariko mu masoko n’amaduka amwe n’amwe yo mu Rwanda mu ziraboneka, gusa ikibazo ni uko nubwo bifite akamaro kenshi ku (…)
Umudugudu w’Icyitegererezo uzwi nka Kagano IDP Model Village uri kubakwa mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke, uzatuzwamo imiryango iri hagati ya 300 na 400 harimo iyari ituye mu manegeka, iyangirijwe ibyayo n’ibiza n’indi bigaragara ko ikeneye ubufasha byihuse. Byitezwe ko niwuzura bamwe mu babarizwa muri ibyo byiciro (…)
Ku Cyumweru tariki 12 Ugushyingo 2023 ahitwa Beretwari mu Murenge wa Gisozi mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’imodoka ya Coaster ikomerekeramo abantu batanu.
Abaturage bo mu bice byiganjemo ibyo mu Mujyi wa Musanze batewe impungenge n’imihanda ya kaburimbo yatangiye kwangirika, bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa hakiri kare ngo ibyo bikorwa remezo bisanwe, byarushaho kwangirika mu buryo bukomeye.
Hari abantu bakunze kwibaza igihe biba biri ngombwa kujya kwa muganga nubwo baba bafite ibitagenda neza mu buzima bwabo, bagategereza kuremba, ariko ubushakashatsi bwakozwe n’Ibigo bishinzwe kugenzura no gukumira indwara (Centers for Disease Control and Prevention), bugaragaza ko bimwe mu bimenyetso umuntu agira iyo arwaye (…)
Kugira ngo umwana atangire neza umunsi we, aba agomba guhabwa ifunguro ryo mu gitondo ryuzuye kandi rigizwe n’ibintu by’ingenzi kugira ngo yirirwe ameze neza.
Ibihugu by’u Rwanda na Qatar byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye no guteza imbere serivisi z’itumanaho n’ikoranabuhanga (Communications and information technology) mu Rwanda.
Umuhanzi Butera Knowless ari kumwe n’Umugabo we Ishimwe Clement, ari na we umufasha mu gutunganya indirimbo ze muri studio ye ya ‘Kina Music’ ndetse akanakurikirana ibijyanye n’ibikorwa bye, bavuze byinshi ku buzima bwabo no ku muziki wabo muri rusange.
Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo ushinzwe Imibereho y’Abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayigana Godfrey, arasaba abaturage kugira uruhare mu kwiteza imbere aho guhora bateze amaramuko kuri Leta kuko ahubwo yo ifite inshingano zo gukora ibikorwa binini bibafasha kugera ku iterambere rirambye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, Mukangira Jacqueline, yahamagariye abashoramari kuza kwirebera amahirwe ari mu rwego rw’ishoramari kuko u Rwanda ari Igihugu gifite umuvuduko mu iterambere rishingiye ku kuba Leta yarashyizeho amategeko yoroshya ishoramari ndetse no kurwanya ruswa, biha amahirwe buri wese yo gukorera mu (…)
Mu Karere ka Gicumbi haravugwa bamwe mu bashinga amashyirahamwe bagamije gucamo Abanyarwanda ibice, hakavugwa n’itsinda ryiyise ‘Abasuka’ rikorera mu Murenge wa Giti. Iby’iri tsinda byagarutsweho mu nama y’ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa, ahanatangijwe gahunda y’ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda, aho yitabiriwe n’ubuyobozi (…)
Ubuyobozi bwa Ambasade y’u Rwanda mu Misiri buyobowe na Ambasaderi CG Dan Munyuza bwasuye amakipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball ari kwitegura Igikombe cy’Isi cya 2023, bibutswa ko urugamba ari nk’urundi.
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko kibabajwe n’urupfu rw’umwe mu basirikare bacyo wiciwe i Goma muri iki cyumweru, kandi ko cyatangije iperereza ngo hamenyekane uburyo yapfuye.
U Bushinwa bubinyujije muri Ambasade yabwo iri i Kigali, bwizihije umubano w’imyaka 52 bufitanye n’u Rwanda, baniyemeza kongera imbaraga mu gufatanya n’u Rwanda muri gahunda rwihaye yo kurengera ibidukikije.
Mu mujyi wa Musanze, ku muhanda Musanze - Rubavu, hafi y’ibiro by’Akarere n’ibiro by’Intara y’Amajyaruguru, hari inyubako ya Hoteli imaze igihe kinini yangirika. Ni inyubako nini cyane, izitije amabati, aho abazi igihe yatangiye kubakirwa, bavuga ko imaze imyaka igera mu icumi, imirimo yo kuyubaka ikaba yarahagaze.
Muri Tanzania, mu bitaro bikuru bya Dodoma, batangiye kubyaza Gaz yo gutekesha ingobyi cyangwa se iza nyuma z’ababyeyi babyarira muri ibyo bitaro, mu gihe ubundi zatezaga ibibazo bitandukanye yaba ku bashinzwe isuku muri ibyo bitaro ndetse no kubaturiye ibyo bitaro kubera umunuko ukabije wazamukaga iyo aho bazijugunya huzuraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangiye umushinga wo kubaka inyubako nshya y’ibiro by’Akarere, dore ko aho gakorera hafatwa nko mu manegeka.
Abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe i Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bose bakurwamo bapfuye.
Mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Ngarama mu Kagari ka Ngarama, mu Mudugudu wa Kabeho, kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ugushyingo 2023, habereye impanuka y’imodoka ya Coaster yagonze moto n’abatwara abagenzi ku magare, abantu babiri bahita bapfa abandi batanu barakomereka.
U Rwanda ruritegura kwakira icyambu cya Rubavu kirimo kubakwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, icyambu kizateza imbere ubuhahirane bw’uturere dutanu tugize Intara y’Iburengerazuba na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane ikirwa cy’Ijwi n’umujyi wa Goma.
Bimwe mu bibazo byagaragajwe n’abafite ubumuga bwo kutabona, ni uko bagihura n’imbogamizi z’abantu bamwe na bamwe bataramenya Inkoni yera bitwaza bigatuma babahutaza, kuko baba batitwararitse ngo bamenye ko uyitwaje afite ubumuga bwo kutabona.
Kenshi iyo umuntu agiye kwivuza aribwa umutwe, mu bibazo muganga amubaza harimo n’ikigira kiti ‘ukubabaza ahagana he, ukurira he?’
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha, avuga ko hakiri urujijo ku gutandukanya ibyo abavuzi gakondo bemerewe kwamamaza mu bitangazamakuru n’ibyo batemerewe, kuko akenshi bitwaza inyunganiramirire bakaba bavuga n’ibindi bishobora kuba bitemewe.
Inyubako 39 zifite ubuso bwa meterokare ibihumbi 80, ni zo Leta ikodeshereza inzego zayo ku mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari cumi n’esheshatu ku mwaka. Nubwo Leta ikodesha izo nyubako zose, ariko hirya no hino mu gihugu hari inyubako za Leta zigera ku 1025 zidakoreshwa ngo zibyazwe umusaruro.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko amanota y’ibizamini ngiro bikorwa n’abanyeshuri biga Siyansi barangiza amashuri yisumbuye agiye kujya ashingirwa ku mishinga bakoze.
Umugaba mukuru w’ingabo za Burkina Faso, Brig Gen Célestin SIMPORE n’intumwa ayoboye, yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irishimira intambwe imaze guterwa mu buvuzi bw’amaso, nyuma yo gutangiza umushinga wo kuvura no gukora ubukangurambaga ku burwayi bw’amaso.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko abantu badakwiye guheranwa n’ibihe by’agahinda n’ibibatandukanya by’amateka y’ahahise, ahubwo hakibandwa ku bifitiye abaturage akamaro mu gihe kizaza.