Abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barasabwa kujya bagirira icyizere abayobozi babari hafi mu kubakemurira ibibazo aho kwirirwa bategereje abandi bo mu rwego rwo hejuru kuko bose babatoye kugirango babafashe kubakemurira ibibazo.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aravuga ko ikibazo cy’ubwicanyi mu miryango bukomeje kugaragara mu karere ayoboye kimwe n’ahandi mu gihugu gifitanye isano na Jenoside yatumye hari abantu bamwe batakaje agaciro k’ubumuntu.
Abatuye akagali ka Ndekwe ho mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma barishimira ko bageze ku kigereranyo cyo hejuru mu munsi mike bamaze batangije igikorwa cyo gutanga mutuweri nshya uyu mwaka wa 2013-2014.
Inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 02/08/2013 ifata imyanzuro itandukanye irimo isuzuma bushobozi ku bakozi b’akarere aho abadafite impamyabushobozi zisabwa bahawe iminsi 30 ngo babe bakemuye icyo kibazo.
Bizihiza ibirori by’umuganura, abaturage b’umurenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara, bishimiye intera bamaze kugeraho mu bumwe n’ubwiyunge babikesha umuryango International Alert washishikarije abakoze Jenoside gusaba abo bayikoreye imbabazi baharanira kubana neza.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy, yamaze guhamagara abakinnyi 16 bazatangira imyitozo ku wa mbere tariki 05/08/2013, bitegura kujya mu irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa rizabera i Nice mu Bufaransa kuva tariki 05-15/09/2013.
Abatwara abagenzi n’abagenzi ubwabo bategera imodoka ahantu hadatunganye mu karere ka Ngororero basubijwe kubera gare nshya yuzuye, nyuma y’igihe kinini basaba ikigo abagenzi bategeramo imodoka.
Banki iterambere mu Rwanda (BRD) iratangaza ko amasezerano yasinyanye n’ikigega Nyafurika cy’Ubwisungane (FSA), azayifasha gukomeza gahunda zayo zo gufasha mu iterambere itanga inguzanyo ku mubare munini w’abazifuzaga ariko bakabangamirwa no kutagira ingwate.
Abanyarwanda bakorera n’abajya kwiga mu mujyi wa Goma bongeye gusubirayo nta kibazo, kubera agahenge kagarutse muri uyu mujyi nyuma y’uko hagati muri iki cyumweru dusoza hari hatangiye isakwa rikomeye hakagira n’abagabo n’abasore bafatirwayo n’ubu bataragaruka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisozi bwasabwe kugira ibiro bishya bwatashye ingoro y’abaturage bazajya baboneramo serivisi zose bifuza, kuko kugira ngo wubakwe byavuye mu mbaraga zabo, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba ubwo yatahaga ibi biro bishya biherereye mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa (…)
Paul Bitok, umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu baterengeje imyaka 21, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 12 azajyana mu gikombe cy’isi kizabera muri Turukiya kuva tariki 22/08/2013.
Ikipe ya Kiyovu Sport imaze gusinyisha amasezerano abakinnyi barindwi bazayikinira muri shampiyona itaha mu rwego rwo kwiyubaka. Iri no mu biganiro n’abandi bakinnyi babiri bashobora gusinya mu gihe gito.
Abagabo batuye mu karere ka Rulindo barakangurirwa kwisiramuza, mu rwego rwo kugira isuku no kwirinda indwara izo ari zo zose zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ariko bakemeza ko hari ikigenda gihinduka ugereranyije na mbere.
Abacururiza mu isoko rya Rambura mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bashima ko bubakiwe isoko rya kijyambere ariko bakavuga ko harimo ikibazo cy’uko ritubatse neza, kuko mu gihe cy’imvura batabona uko bacuruza bitewe n’uko amazi yuzura mu isoko n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Umusaza Ntibazirikana Venant utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, avuga ko mu bintu yibuka cyane bikamushimisha byabaye akiri umusore ari uko yabonye imbona nkubone umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ubwo yanyuraga mu gace yari atuyemo.
Imiryango igera kuri itanu yo y’abasigajwe inyuma n’amateka mu kagali ka ka Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yashyingiranywe imbere y’amategeko, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abatuye akarere ka Rusizi baratangza ko biteguye uru ruzinduko rwa Madamu Jeannette kagame azagirira muri aka karere. Byatumye bamwe batangira kwimenyereza mu mbyino no mu ndirimbo, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya muri Nyakanga 2013 barasaba ubufasha kugira ngo babe babona uburyo basubira mu gihugu cya Tanzaniya kuzana imitungo yabo basizeyo irimo n’inka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwafashe icyemezo cyo guca amagare mu mujyi rwagati wa Nyamata mu rwego rwo kugabanya impanuka ayo magare yatezaga. Abanyonzi beretswe izindi nzira n’amaseta bazajya bakoresha kugira umwuga wabo wo gutwara abantu n’ibintu ukomeze.
Iradukunda Michele wari usanzwe uzwi cyane muri showbiz nyarwanda mu marushanwa ya ba Nyampinga, ubu yinjiye mu kazi k’ubunyamakuru.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite numero RAB 903 J yuzuye ibiti by’umushikiri bakunze kwitwa kabaruka.
Abatuye mu bice by’umujyi no mu cyaro barakangurirwa kwitabira uburyo bugezweho bwo gukoresha Imbabura zikoresha amakara n’inkwi bicye. Canamake na Canarumwe nizo mbabura zimaze kugera ku isoko aho zizigama ibicanishwa bigera kuri 50% by’ibyakoreshwaga.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Twagirimana Epimaque, yabwiye abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ku Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ko bagomba gukuraho imbogamizi zose zituma tutabasha kwinjira ku masoko yo mu bihugu bigize uwo muryango.
Indonesie ni igihugu cyo ku mugabane wa Aziya kigizwe ahanini n’ibirwa bigera ku 17508, muri byo ibigera ku 8844 nibyo bifite amazina, naho ibituwe ku buryo buhoraho ni 922.
Burya abagore benshi bahohoterwa n’abagabo babo ngo batinya kwereka abagabo babo ko bagiye guta urugo kuko iyo abagabo babibonye batyo barushaho kuba babagirira nabi.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Mu rwego rwo kwiteza imbere hagamijwe kwikura mu bukene indi koperative y’abamotari yitwa COOMOGIRU yatangijwe ku mugaragaro tariki 01/08/2013 mu karere ka Rusizi.
Mu rwego rwo kwereka abakunzi ba Espoir FC abakinnyi bashya iyi kipe yaguze, tariki 01/08/2013, yakinye umukino wa gishuti n’ikipe ya Bande Rouge yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyitsinda ibitego 4 kuri 1.
Ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma kirakomeje aho uretse kuba inzego zishinzwe umutekano zishimuta Abanyarwanda, bamwe mu bahohoterwa bavuga ko bikorwa n’urubyiruko rwo mu mujyi wa Goma.
Nyuma y’uko itsinda risuzuma ry’imihigo risuye ibikorwa bitandukanye byahizwe mu mwaka wa 2012-2013 ryashimye akarere ka Gakenke ko ibikorwa kagezeho bifatika bikaba bifitiye akamaro abaturage ariko ngo hari ibyo kagomba kongeramo imbaraga.
Abasore batatu bataramenyekana bibasiye abagore batatu gashaka kubafata ku ngufu ngo babasambanye, abo bagore bagerageza kwirwanaho, umwe arakomereka ariko ntihagira ufatwa ku ngufu.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro bavuga ko bamaze imyaka ibiri barakusanyije amafaranga kugira ngo bahabwe umuriro w’amashanyarazi none barasaba ko ibikorwa byo kubegereza umuriro byakwihutishwa.
Dynamo za sosiyete Chico y’Abashinwa ikora imihanda mu ntara y’Amajyaruguru zafashwe zimaze hafi ukwezi zibuze, kuko byavuzwe ko zibwe tariki 02/07/2013 zikaza kuboneka tariki 31/07/2013.
Gahunda yiswe “Foret Modele” ngo ni gahunda igamije guhuza ibitekerezo by’abantu batandukanye ku bijyanye n’uko babana n’umutungo kamere, bawubyaza umusaruro kandi batawangiza. Ku buryo n’abazabaho nyuma bazasanga uwo mutungo uhari kandi utarangiritse.
Mu Mudugudu wa Kaniga, Akagali ka Nganzo ho mu Murenge wa Gakenke hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bw’igiti (Stick) izingazinze mu gashashi hafi y’umuhanda.
Kuri uyu wa Kane tariki 01/08/2013, umusozi uri mu mudugudu wa Gitwa, Akagali ka Munyana mu Murenge wa Minazi ho mu Karere ka Gakenke wibasiwe n’inkongi y’umuriro urashya.
Ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG) ku nshuro yaryo ya mbere nyuma y’imyaka 20 ritangiye imirimo yo kwigisha, tariki 01/08/2013 nibwo ryashyikirije abanyeshuri 1072 baharangije impamyabumenyi zabo.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Muhanga bamaze gutura mu midugudu baratangaza ko bafite ikibazo cyo kutagira amazi hafi; ibi bikaba ari imbogamizi ku iterambere ryabo ndetse no ku mibereho myiza yabo.
Intumwa zihagarariye u Rwanda mu nama yazihuje na bagenzi babo bo muri Uganda na Kenya, zifuza ko indangamuntu yatangira gukoreshwa bitarenze amezi atatu, nk’urwandiko rw’inzira muri ibyo bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Kuva saa yine z’igitondo kuri wa 01/08/2013 inzego z’umutekano wa Congo zatangiye gufunga umupaka muto uhuza Gisenyi na Goma ku bantu bava mu Rwanda bajya Goma mu gihe ku ruhande rw’abava Goma binjira mu Rwanda nta kibazo bagira.
Ubuyobozi bushinzwe imirimo yo gutunganya igice cyagenewe inganda cya Kigali SEZAR (Special Economic Zone) ziherereye i Nyandugu buratangaza ko imirimo iri ku kigero kiza. Bukemeza ko Abanyarwanda bazabyungukiramo babona imirimo ubwo hazaba hatangiye gukora neza.
Kuba hari ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babura abana babo mu gihe cyo kubyara ngo bishobora kuba biterwa n’uburangare bw’abaganga bakora muri ibyo bitaro; nk’uko byavugiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi tariki 31/07/2013.
Hashize igihe abaturage biyama umuyobozi w’akagari ka Rwinji ho mu murenge wa Nkombo kwinjira mu ngo z’abandi ariko ngo bikaba iby’ubusa kugeza n’aho abana be baje gutabaza inzego z’umutekano kuwa 31/07/2013, bavuga ko umubyeyi wabo ababangamiye.kugeza
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buratangaza ko ku bufatanye n’ibitaro bya gisirikari bya Kanombe, abakinnyi bose bo mu cyiciro cya mbere bazapimwa ubuzimwa bwabo mbere y’uko shampiyona itaha itangira.
Mukantwari Laurence w’imyaka 42 ni umupfakazi w’abana bane, afashwa n’umushinga wa Compassion International, ahamya ko ibyo uyu mushinga umaze kumugezaho uramutse uhagaze atasubira inyuma ngo yongere kubaho nabi.
Rwarutabura wagaragaye cyane nk’umufana ukomeye wa Senderi International Hit mu bitaramo bitandukanye bya Primus Guma Guma Super Star ngo yaba yarashimishijwe cyane n’uko uyu muhanzi yavuye muri aya marushanwa asezerewe.
Abaturage batuye mu mirenge ya Gatare na Buruhukiro yo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bateze inyungu nyinshi ku ruganda rw’icyayi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro ndetse bamwe ngo batangiye gusogongeraho.
Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda ya Basketball Hamza Ruhezamihigo ukinira muri Canada yageze mu Rwanda gufatanya na bagenzi be imyitozo bitegura kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire kuva tariki 20/08/2013.
Rwanda Christian Film Festival ni iserukiramuco rya Sinema Nyarwanda ritegurwa na Chris Mwungura rikaba ryaratangiye umwaka ushize wa 2012.