Uwitwa Uwitonze Ephrem w’imyaka 35 na Musabyimana Ismael w’imyaka 25 y’amavuko bo mu mudugudu wa Gitaramuka mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa mudasobwa eshatu z’inyibano zigenewe abana bo mu mashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura bwafashe icyemezo cyo guhagarika abakinnyi babiri Ntakirutimana Jarudi na Nkurikiye Jackson, bakaba bagomba kumara amezi abiri badakina, nyuma yo gufatirwa mu kabari mu masaha akuze cyane basinze, kandi bari bafite umukino.
Ku munsi wa 11 wa shampiyoan y’umupira w’amaguru mu Rwanda hateganyijwe imikino ibiri ikomeye cyane, aho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21/12/2013 , Kiyovu Sport yakira Mukura kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho AS Kigali ikazahakinira na Rayon Sport ku cyumweru tariki 22/12/2013.
Umuryango FXB watangije gahunda y’imyaka ibiri igamije gufasha abana b’impfubyi za SIDA n’abagifite ababyeyi bakirwaye batagishoboye gufasha abo bana bagikeneye kubaho, kwiga no kurerwa mu rukundo no kubona iby’ingenzi umwana wese akeneye ngo abeho neza.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Evariste Rwigema w’imyaka 64 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Kagusa mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, avuga ko atunzwe n’igikoma n’ibiryo byoroheje nyuma yo gukubitwa akagirwa intere azira amakuru ngo yatanze mu nkiko gacaca.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), Jerome Gasana, aremeza ko gahunda batangije yo guteza imbere ubuhanzi ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubushake mu mpinduramatwara batangiye yo guha imyuga agaciro mu Banyarwanda.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.
Umuyobozi w’ibigo bya HVP Gatagara byita ku bafite umubuga mu Rwanda, Nkubili Charles, na Rev. Fr. Dr René Stockman uyoboye aba “Frères” b’urukundo ku isi, bashyize umukono ku masezerano azashyikirizwa Ministiri w’ubuzima; basaba Leta y’u Rwanda guteza imbere ikigo cya HVP Gatagara kiri i Gikondo mu mujyi wa Kigali.
Mu murenge wa Mugombwa ho mu karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro imilimo yo kubaka inkambi igenewe kwakira impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo izarangira mu kwezi kwa mbere.
Nshimiyimana Daniel w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Bikoki mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwiri wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 19/12/2013 yinaze mu kibumbiro [valley dam] inka zishokamo ahita apfa.
Mu gihe imanza z’abakekwaho uruhare mu kwica Abatutsi bari barahungiye muri kiriziya ya Paruwasi Gaturika ya Nyange mu karere ka Ngororero zikomeje, abakirisitu basengera muri iyo paruwasi baragaya cyane ubugwari bw’abakoze ayo mahano.
Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Ngororero, Musabeyezu Charlotte, aratangaza ko mu karere ka Ngororero bagiye kwifashisha ibihangano by’abaturage batandukanye mu rwego rwo guteza imbere no kwimakaza ibikorwa by’umuganda.
Abana bahagarariye abandi mu mirenge n’uturere mu ntara y’Iburasirazuba barasaba Perezida w’u Rwanda ko yabafasha akabashyiriraho gahunda bise “Gira itungo mwana”, izafasha buri mwana wese kugira itungo yakorora akiri muto akazakura agenda arumbukirwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahinduye abagize akanama gashinzwe gutanga amasoko ya Leta mu karere mu rwego rwo gutanga serivisi nziza no kunoza imikorere.
Inspector of Police Clement Mucyurabuhoro wari ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze, mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 19/12/2013 ahagana 20h00 yarashwe n’abantu bataramenyekana ahita yitaba Imana.
Umuririmbyi w’umunyarwanda Lil G yasusurukije abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barabyina biratinda ubwo yari ari muri kampanye yo kwigisha abo baturage gukoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda SIDA.
Shekinah Worshipteam Rubavu izamurika alubumu yabo ya mbere bise “Tawala” mu gitaramo bateguye cyo kuramya no guhimbaza Imana kizabera ku rusengero rwa Evangelical Restoration Rubavu tariki 28/12/2013.
Kuva Ikigega cy’Iterambere Agaciro cyatangijwe ku mugaragaro muri Kanama 2012, Abanyarwanda bo mu gihugu n’abo hanze yacyo biyemeje gutanga miliyari 26 mu rwego rwo kubaka igihugu cyabo none bamaze kugezamo amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 393 ibihumbi 245 na 893.
Minisiteri ishinzwe umuryango wa Afurika y’uburasirazuba mu Rwanda (MINEAC) yakoreye umunsi mukuru impuguke z’u Rwanda zakoze imishyikirano yo gutegura amasezerano y’ifaranga rimwe; ikaba kandi yashimye ibigo bitanu by’icyitegererezo mu muryango, ndetse n’umunyeshuri wanditse ku ruhare rw’ibikorwaremezo mu iterambere rya EAC.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz-Axor yo mu gihugu cya Tanzaniya yagonze ivatiri ya Toyota Carina E ku bw’amahirwe abantu barimo basohokamo amahoro uretse imodoka yangiritse inyuma.
Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, Umugaba Mukuru w’Ibisumizi akaba ari nawe wegukanye insinzi muri PGGSS3, kuri uyu wa gatandatu tariki 21/12/2013 aramurika alubumu ye ya gatanu yise “Igikona”.
Nyirahabimana Theresie n’umuhungu we bo mu mudugudu wa Nyarwashama ya kabiri mu kagari ka Mukoyoyo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza baguwe gitumo batetse kanyanga tariki 18/12/2013 bariruka hafatwa ibikoresho bayitekeragamo.
Umunyarwanda Kanyandekwe Faustin utuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yahohotewe n’abashinzwe umutekano muri Congo ubwo yari avuye gufata gufata amafaranga yakoreye muri Goma tariki 19/12/2013.
Urubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye by’Afurika rwumvise gahunda zijyanye no kwigira cyangwa kwishakamo ibisubizo Abanyarwanda bagenderaho, bamwe muri bo bakaba bemeje ko kumenya izo gahunda bizabafasha kurwanya ubukene no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Ku nshuro ya kabiri, Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryeteguye amarushanwa ya Basketball ahuza amakipe menshi, aba agizwe n’abakinnyi batatu kuri buri kipe, akazatangira ku wa gatandatu tariki ya 21/12/2013.
Ikamyo yo mu bwoko bwa BENZ yari itwaye toni 17 z’ibigori by’imvungure yaraye ikoreye impanuka mu kagari ka Gitarama, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi. Ibyo bigori ni ibyo PAM yari igemuriye impunzi z’abanye Congo zo mu nkambi ya Kiziba.
Umugabo witwa Gisaro Jean Claude afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amakorano ibihumbi 45 y’inoti za bitanu.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga kimwe n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko umumenyi buke ari imwe mu mpamvu zitera imicungire idahwitse mu bigo.
Ubwo Abanyarwanda 91 bari barahungiye muri Congo bageraga mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kuri uyu 19/12/2013, batangaje ko bishimiye kongera kwibona mu gihugu cyabo ndetse bakaba bagiye kuharangiriza umwaka wa 2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika, riri ku mupaka wa Cyanika muri ako karere, izatangirana n’umwaka wa 2014 aho gutangira mu mpera z’umwaka wa 2013 nk’uko byari byarateganyijwe.
Abagore 12 bitabye urukiko mu majyaruguru ya Tanzaniya, bashinjwa ihohoterwa ryakorewe abana, aho baregwa kuba baragize uruhare mu muhango wo gukata ibice by’ibitsina by’abana b’abakobwa.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, arashimira abaturage b’akarere ka Nyamasheke uburyo babungabunga amashyamba ariko akabasaba kongera imbaraga mu bikorwa biyateza imbere kugira ngo yiyongere bisumbyeho.
Abatuye intara y’Amajyaruguru ngo baragenda bagaragaza ugukangukira akamaro ko gukoresha agakingirizo mu kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, igihe bananiwe kwifata.
Ikipe ya Manchester United na Manchester City zabonye itike yo gukomea mu marushanwa ya Capital One Cup akomeje mu gihugu cy’Ubwongereza. Chelsea yasezerewe itsinzwe na Sunderland ibitego 2-1.
Mu marushanwa y’igikombe cy’isi cy’ama clubs gitegurwa na FIFA, ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage yasezereye muri ½ cy’irangiza ikipe ya Guangzhou Evergrande yo mu Bushinwa iyitsinze ibitego 3-0.
Mu Karere ka Jinja ho mu gihugu cya Uganda, mu mpera z’icyumweru habaye ubukwe budasanzwe aho imiryango ibiri yashyingiye umwana w’amezi atandatu n’umwana w’umuhungu w’imyaka itatu.
Nyuma yo kumenya ko izakina na AC Leopard yo muri Congo Brazzaville mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), Rayon Sport igiye kugura abakinnyi batatu bakomeye bazayifasha kwitwara neza.
Nyuma yo kubona ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bagorwa no kubona ingwate maze bikabavutsa uburenganzira bwo kubona inguzanyo umuryango GVEP International wahuguye abayobozi b’imirenge SACCOs yo mu karere ka Nyanza basabwa kutagira uruhare mu kubaheza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative RCA (Rwanda Cooperative Agency) cyateguye amahugurwa agamije gusobanurira abayobozi ba SACCO amategeko agenga umukozi ku murimo mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’ibyemezo bifatwa hadakurikijwe amategeko.
Abasore batatu barimo Umunyacongo bafashwe bari kugurisha imiceri y’abaturage barara biba mu kibaya cya Bugarama. Ubwo bafatwaga bitanaga ba mwana aho buri wese ashinja mugenzi we avuga ko umuceri bafanywe ariwe wawibye.
Ndengabaganizi Euphrem wo mu murenge wa Murama mu karere ka Ngoma yatsindiye igihembo cy’inka y’inzungu kubera ko ari we wabaye indashyikirwa mu kwita ku gihingwa cya kawa mu karere kose.
Bisanzwe bizwi ko abagore n’abakobwa baza ku isonga mu guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko n’abagbo ubwabo bagira uruhare mu kwihohotera kubera gukurikiza migenzo mibi yo mu muco nyarwanda batojwe bakiri bato.
Bamwe mu bahinzi bo murenge wa Ruhango mu kagari ka Buhoro bavuga ko ibyobo byabafashaga gufata amazi byatangiye gusaza, bakaba basaba ko bafashwa mu bijyanye no kubisana cyangwa bagafashwa kubona ibindi bishyashya.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, aravuga ko ahari ubushake ndetse n’ubufatanye iterambere rishoboka, ndetse rikaba ryageza igihugu n’abagituye ku kwigira nyakuri.
Mu kiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Uburasirazuba (IPRC/East) kuri uyu wa 18/12/2013 ,vice president wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Uwimana Xaverine, yavuze ko iyo gahunda igiye kujya yigishwa mu mashuri.
Umusore witwa Hitimana afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze, kuva tariki 18/12/2013, akurikiranweho ibyaha byo gusambanya umwana w’imyaka 13 nyuma akaza no kumwica.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ndayishimiye Richard nyuma yo gufatanwa inoti ebyiri z’ibihumbi bibiri z’impimbano tariki 18/12/2013.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku mafaranga bacibwa iyo bagiye kugeza ibibazo byerekeranye n’imanza n’amakimbirane ku bayobozi b’imidugudu kimwe no ku nzoga y’abagabo icibwa uwatsinzwe cyangwa uwahamwe n’amakosa.