Umunyarwenya nakaba n’umushyushyarugamba (MC) Ramjaane Niyoyita yateguriye abana bato igitaramo cyo kwidagadurana nawe ku munsi wa Noheli aho kwinjira bizaba ari ubuntu.
Bamwe mu banyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru ndetse n’abafite uburambe muri uyu mwuga bateraniye mu karere ka Musanze kugirango baganire ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye baravuga ko umuco upfobya umugore ukwiye guteshwa agaciro.
Mu marushanwa ngarukamwaka ahuza imigi yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’icyumweru gishize, umugi wa Kigali wegukanye ibikombe bitandatu, uba ari nawo mugi wa mbere witwaye neza kurusha iyindi yose muri iyo mikino.
Mukantwari Belthilde w’imyaka 17 na murumuna we Ayinkamiye Rose, bo mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade bakita imari y’injyamane (ibyuma bishaje bagurisha) maze kirabaturikana ariko ku bwamahirwe nta wapfuye.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2013, ikipe ya Arsenal yakiriye ikipe ya Chelsea ku kibuga cyayo Emirates stadium mu mujyi wa London binganya ubusa ku busa.
Kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bizajyana no gutwara urumuri ruzazenguruka uturere twose tw’u Rwanda, igikorwa kizatangira mu ntangiriro za Mutarama 2014 kugera muri Mata ubwo u Rwanda ruzibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20.
Urubanza rw’umucuruzi ukomeye wo mu karere ka Nyamagabe, Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro rwasubitswe bibanje kutavugwaho rumwe.
Inama y’umutekano mu ntara y’Amajyaruguru yateraniye mu karere ka Rulindo tariki 23/12/2013 yasanze muri rusange umutekano uhagaze neza, uretse bimwe mu byaha bikunze kuhagaragara biterwa n’abaturage baba banyweye za kanyanga.
Umusaza Hakizamungu Kagangure bakunze kwita Ndugu utuye mu murenge wa Nyarubuye ho mu karere ka Kirehe, yemeza ko amagambo “Umuhutu n’Umututsi” byahawe indi nyito n’abazungu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke batangarije Kigali Today ko noheli n’ubunani ubundi basanzwe bafata n’iminsi ikomeye ngo izaba ari iminsi isanzwe kuri bo kuko nta amafaranga yo kuyizihiza bishimisha babonye.
Kweli Alexandre w’imyaka 23 uherutse kwica umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, kuri uyu wa mbere tariki ya 23/12/2013, yaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Kizimyamuriro mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe.
Mu mujyi wa karere ka Rusizi hateye ubujura bwibasiye amatelefone kandi bukorwa ku manywa yihangu. Abasore bakora iyo ngeso ngo bipanga ku murongo ku buryo baba begeranye bagashikuza umuntu telephone bakagenda bayihererekanya kuburyo uwayishikuje atariwe uyufatanywa mu rwego rwo kuyobya ibimenyetso.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief superintendent Bahizi Rutagerura, avuga ko bongereye imicungire y’ibinyabiziga bivuduka cyane mu muhanda muri ibi bihe bya Noheri n’ubunani, mu rwego rwo kurwanya impanuka ubusanzwe zihitana abantu benshi cyane muri ibi bihe.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) hamwe n’andi bikorana mu Rwanda, yatanze inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari y’Amerika; agamije kubaka ubushobozi, kubahiriza amategeko agenga ibidukikije, gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima; hamwe no kunganira ikigega cyagenewe guhangana n’ingaruka z’ihindagurika (…)
Abagabo bane n’imodoka ya FUSO bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira gutema ibiti by’umushikiri. Undi umwe we afungiye ku Ruhuha azira gutema inka y’umuturanyi.
Hashize iminsi itari mike ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi ivugwamo ikibazo cy’amarozi iki kibazo ngo cyatangiye umwaka ushize ubwo bamwe mu bayobozi bo muri iyi kipe bahagarikagwa bitewe nuko iyi kipe itari ikigaragaza umusaruro mwiza.
Urubyiruko rurangije amahugurwa mu myuga inyuranye mu Kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cy’Iwawa mu Karere ka bemeza nyuma yo kwigishwa bamaze kwiha icyerekezo mu guteza imbere igihugu binyuze mu gukora cyane.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko isozwa ry’umwaka atari igihe umuntu yakagombye gusesagura ibyo yaruhiye mu mwaka wose uba ushize, ahubwo ko ari igihe cyo gutekereza akarushaho kuzigama.
Rutazihana Faustin w’imyaka 54 y’amavuko arimo gushakishwa nyuma yo kugonga uwitwa Nzabarinda Alphonse w’imyaka 41 y’amavuko agacika amaguru yombi.
Nyuma yaho ikibazo cy’ubujura bukabije gikomeje kugaragara mu mujyi wa Kamembe, abayobozi b’utugani tw’uwo murenge bose bayobowe n’umuyobozi w’uyu murenge hamwe n’inzego z’umutekano batangiye guhagurukira iki kibazo aho abenshi bavuga ko kuba ubu bujura bukabije ngo biterwa nuko irondo ritagikorwa nkuko bikwiye.
Itsinda ry’abahanzi ryitwa Lovers Group ntabwo ryabashije kumurika indirimbo zaryo, nk’uko byari byitezwe ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 22/12/2013 bitewe n’umuriro washize muri cash power y’akarere, kugura undi muriro bikananirana.
Bamwe mu bakora umwuga w’ubumotari mu karere ka Ruhango, baravuga ko akanozasuku kuba katakitabirwa gukoreshwa, ahanini ngo biterwa no kwiyongera kw’ibiciro.
Mu gihe hari abavuga ko batazabona uko bizihiza noheri n’ubunani, abakora umwaga w’uburaya bo mu karere ka Muhanga bo basanga iminsi mikuru ariho hari amaramuko kurusha ikindi gihe babayeho.
Nyuma y’umwiherero wahuje abashakanye bo muri paruwasi gaturika ya katederari ya Kabgayi ku nsanganyamatsiko igira iti “Ingo zacu zibe ishingiro ry’ubukirisitu”, imiryango igera ku 100 yari yateraniye muri uwo mwiherero yahise ifata icyemezo cyo gushinga ihuriro rizajya ribahuza mu kubaka ubukirisitu no gusangira ubuzima.
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo iyi minsi mikuru ya noheli n’ubunani igere, bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga mu ngeri zitandukanye baratangaza ko batazoroherwa no kuyizihiza kubera amikoro adahagije.
Umukwabo wabaye mu mirenge ya Mukarange na Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 21/12/2013 wafashe abantu batatu bafite inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge, undi umwe afatanwa urumogi.
Umugoroba w’ababyeyi mu karere ka Rulindo kuri ubu umaze gutera intambwe ikomeye aho kuva watangira wafashije abaturage kwikemurira ibibazo bimwe na bimwe, cyane cyane ibyari byugarije imiryango.
Ishyaka PSD ryitandukanyije n’abari abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside riboneraho no gusaba imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange n’abakorewe Janoside by’umwihariko.
Ingando z’Urubyubyiruko rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ruzwi ku izina rya “JA: (Jeunesse Adventiste” zari zimaze icyumweru zibera mu karere ka Nyamasheke, zasojwe tariki 21/12/2013, bane muri uru rubyiruko bacaguriwe kujya mu cyiciro cy’ubuyobozi bukuru bw’uru rugaga ari cyo cy’aba Chef-Guide.
Umunsi w’umuhinzi mu karere ka Ruhango “farmer day” wijihirijwe ku ruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi, abaturage basabwa guhinga cyane imyumbati kugirango uruganda rubone umusaruro uhagije rutunganya.
Raporo ijyanye n’imikoreshereze y’umutungo wa Leta mu karere ka Rutsiro mu mwaka ushize wa 2012/2013 igaragaza ko mu bigo 18 habayemo amakosa mu mikoreshereze y’uwo mutungo, abagize inama njyanama y’akarere bakaba bifuza kumenya aho ayo makosa ageze akosorwa.
Ibitego 2-1 Rayon Sport yatsinze AS Kigali mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 22/11/2013, byatumye ifata umwanya wa kabiri nyuma ya APR FC iri ku mwanya wa mbere.
Umuntu umwe yapfuye abandi umunani barakomereka mu mpanuka ya “Taxi Twegerane” na Fuso byagonganiye muri santere yo “Ku Rukiko”, mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, mu ma saa kumi z’umugoroba ku cyumweru tariki ya 22/12/2013.
Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 19/12/2013 yemeje ko abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bazajya bakorerwa isuzumabumenyi nibura rimwe mu gihembwe kugira ngo bashobore gutegurwa neza, bazajye batsinda neza ibizamini bya Leta.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwibambe Consolee, avuga ko bateganya uburyo hashyirwaho abantu bakora nk’abajyanama b’ubuzima mu nkambi ya Rukara icumbikiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya hagamijwe kunoza isuku muri iyo nkambi.
Umurambo wa Bimenyimana Thomas wabonetse mu kiyaga cya Kivu tariki 19/12/2013 nyuma yo kugirana amakimbirane na nyina ndetse na bashiki be, bitewe n’uko ari we muhungu wenyine iwabo babyaye, akaba yashakaga kwisanzura no kwikubira imitungo y’umuryango wenyine.
Umusaza w’imyaka 91 witwa Roger-Marc Grenier wo mu Bufaransa ubu ameze neza n’umukunzi we yabonye nyuma y’uko hari hashize igihe atanze itangazo ko ashaka umuntu wo kubana nawe ubuzima bwe bwose akoresheje icyapa.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, atangaza ko u Rwanda rurimo kubaka ubushobozi bwo gutunganya umusaruro w’inyama zifite ubuziranenge kuburyo mu minsi iri imbere hagiye gutezwa imbere ubworozi butanga umusaruro w’inyama mu gihe gito.
Bayern Munich yegukanye igikombe cya gatanu muri uyu mwaka nyuma yo gutwara igikombe cy’isi cy’amakipe (clubs) itsinze Raja Casablanca yo muri Maroc ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye i Marrakech muri Maroc ku wa gatandatu tariki 21/12/2013.
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye i Nyamagabe, naho Mukura Victory Sport Sport itakaza umukino wa gatandatu yikurikiranya ubwo yatsindwaga na Kiyovu Sport igitego 1-0.
Abayobozi b’uturere tugize u Rwanda mu mwiherero w’iminsi ibiri bamaze mu karere ka Rubavu wateguwe n’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali bavuga ko amanama batumirwamo n’inzego zibakuriye atuma badashobora kuzuza inshingano zo kwegera abaturage no kuberekera inzira yo kuva mu bucyene.
Ntamugabumwe Jean Paul w’imyaka 34 y’amavuko yatawe muri yombi nyuma yo gutema mu mutwe umukecuru witwa Ruvugo Sophie w’imyaka 80 y’amavuko akaza kwitaba Imana mu masaha yakurikiyeho.
Abagize ishyirahamwe APRED rishinzwe kuganira ku ruhare rw’abanyamadini n’abanyapoliti mu kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari bavuga ko habaye ubushake ku mpande zombi amahoro yaboneka kuko abaturage bafite ubushake bw’amahoro.
Abafashamyumvire b’abasore n’inkumi b’umuryango RWAMREC mu karere ka Karongi barasaba ko bemererwa kuba hafi y’abagore babo mu gihe cyo kubyara kuko ngo bituma umugore atababara cyane.
Mubumbyi Gaspard w’imyaka 36 yafatiwe mu biro by’ibitaro bikuru bya Gihundwe tariki 21/12/2013 ari kwiba ibikoresho by’ibitaro, uyu mumugabo yafashwe ari kugenda atunda ibi koresho yibye abishira hanze akongera agasubira mu bitaro gutora ibindi.
Abakozi ba Leta mu karere ka Rusizi biga muri Congo bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cya tariki 21/12/2013 abakora ku mupaka barabagarura bababwira ko ari itegeko bahawe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Umuyapanikazi w’imyaka 19, Vanilla, yibagishije inshuro 30 zose (chirurgie esthétique), kugira ngo ase n’ibipupe bikorerwa mu gihugu cy’Ubufaransa.
Umunyeshuri w’Umunyamerika aherutse guhanga umupira (T-shirts) ukoze ku buryo amazi awumenekaho akawunyereraho yose uko yakabaye nta na makeya awusigayeho.
Mukagakwaya Jeanne n’abana be bane bakomoka mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza bafunze inzu babagamo maze berekeza mu bitaro bya Nyanza kubera ingaruka zikomoka ku mwana we w’imfura yarumwe n’imbwa nawe akuruma nyina n’abandi bana bato bavukana akabasigira ibisazi.
Rutahizamu wa Liverpool Luiz Suarez, yamaze kongera amasezerano muri iyo kipe azamugeza mu mwaka wa 2018, akazajya ahembwa ibihumbi 170 by’ama pounds azatuma aba umukinnyi wa mbere uhembwe amafaranga menshi mu mateka y’iyo kipa kuva yashingwa mu myaka 121 ishize.