Kuri iki cyumweru taliki ya 04 Ukuboza 2016, kuri Stade Amahoro haratangira Shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda, aho imikino ibanza izasozwa taliki ya 04 Werurwe 2017
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko kwirengagiza gahunda yo guhunika imyaka kw’abahinzi, bishobora kuzateza inzara muri aka Karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emmerance avuga ko kwandikisha umwana mu bitabo by’irangamimerere ari bumwe mu buryo bwo kumuha agaciro ke.
Abaturage bo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana bitabiriye amatsinda yo kwizigama, baravuga ko batangiye bazigama igiceri k’ijana kikabafasha kubona inguzanyo isaga miriyoni.
Nyuma y’imvune yagiriye ku mukino wahuje Rayon Sports na Bugesera, Manzi Thierry ntazajyana n’ikipe ye mu marushanwa azabera muri Tanzania ukwezi gutaha
Abafana batandukanye ba Kirehe FC batangaza ko bababajwe no kuba bataremerewe kwinjira mu mukino wahuje ikipe yabo na SC Kiyovu.
Abaturage bo mu karereka Rwamaga mu muganda usoza ukwezi kwa 11 bakoze igikorwa cyo gutera ibiti ibihumbi 15 kubuso bwa hegitari esheshatu basabwa kubibungabunga.
Abatuye Ngoma baravuga ko Umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 wagejejwe mu murenge wa Rurenge na Remera uzongera umusaruro.
Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.
Abaturage basaga 40 mu Karere ka Nyamasheke bararira ayo kwarika kubera amafaranga bita intica ntikize bahabwa ku mitungo yabo yangijwe n’imihanda ikorwa.
Mu bushakashatsi Transparency international Rwanda yashyize ahagaragara, yagaragaje ko abaturage berekanye ko hari imishinga myinshi ibakorerwa batabigizemo uruhare.
Ihohoterwa rikorerwa abagore, abakobwa n’abana riracyagaragara muri Afurika, ari yo mpamvu abantu bahagurukiye kurirwanya.
Abasirikare 24 bakomoka mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba (EAC) batangiye kwiyungura ubumenyi mu byo kubungabunga amahoro muri ibi bihugu.
Mu ihuriro ry’urubyiruko 2400 rusengera mu idini ya Gatolika rwaturutse mu bihugu bine bihana imbibe n’u Rwanda, rwasabwe kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.
Abagezweho na gahunda yo kurwanya indwara y’igicuri mu Karere ka Rutsiro biyemeje gusobanurira bagenzi babo bacyumva ko iterwa n’amashitani.
S/ Lieutenant Seyoboka Herni Jean Claude uherutse koherezwa na Canada kuburanishirizwa mu Rwanda, yagejejwe bwa mbere mu rukiko.
Koperative Umwarimu SACCO isanzwe iterwa inkunga itubutse na Leta buri mwaka ngo yiyemeje gukora idashingiye ku nkunga kuko igamije kwihaza.
Ikipe ya Police Fc yihereranye ikipe ya Musanze iyisanze iwayo, iyitsinda ibitego 3-1 ihita ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona y’u Rwanda
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yabwiye urubyiruko Gatolika ko rugomba kurangwa n’ibikorwa byiza, rukaba umusingi wo kubaka u Rwanda.
Akarere ka Ngoma gatangaza ko kagiye kongera miliyoni 15 ku nkunga kageneraga ikipe yako Etoile de l’Est yo mukiciro cyakabiri.
Dusabe Gabriel, umunyabugeni akaba n’umufotozi wabigize umwuga, avuga ko gufotora ari umwuga uteza imbere uwukora neza kandi awukunze.
Ikigo gitwara abagenzi mu Rwanda Horizon Express Ltd, cyishyuriye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mitiweri) abaturage 100 bo mu Karere ka Nyaruguru.
Abaturiye ibitaro bya Ruhengeri bagorwaga no kujya gushaka abaganga b’inzobere mu bitaro by’i Kigali begerejwe serivisi z’ubuvuzi bukorwa n’izo nzobere.
Fidel Castro wategetse Cuba imyaka 49 akayigira igihugu kigendera ku matwara ya gikominisiti yatabarutse mu ijoro ryo ku wa 25 rishyira ku wa 26 Ugushyingo 2016.
Umuryango wita ku bana Save the Children wagiranye ibiganiro n’abanditsi b’ibitabo by’inkuru byagenewe abana, kugira ngo hakurweho imbogamizi zibangamira umuco wo gusoma.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi batandukanye babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usozwa ukwezi kw’Ugushyingo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2016.
Mu marushanwa yari agamije gitegura Shampiona ya 2016-2017, ikipe ya Patriots yegukanye igikombe itsinze ikipe ya REG amanota 76-75
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irakangurira abahohoterwa kujya bagana ibigo bya “Isange One Stop Center” bibafasha byihuse batabanje gusiragira.
Majoro Mvuyekure Pierre uvuga ko yari ashinzwe ubutasi no gutegura urugamba muri FDLR, Segiteri Kivu y’amajyaruguru, yatashye mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka aranenga ababyeyi batita ku bana babo kugeza aho babarutisha amatungo baba boroye.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko gutanga ibihembo ku bafashamyumvire ari kimwe mu bizazamura ubuhinzi.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu uburezi bugiye kujya butangirwa kuri mudasobwa gusa, abanyeshuri badakoresha ibitabo n’amakayi.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Nyamasheke baranengwa kwambara imyenda ifite umwanda ibatesha agaciro imbere y’abaturage bikanagira n’ingaruka mbi mu miyoborere.
Abantu bataramenyekana bishe batemaguye umusaza witwa Bwashishori Paul w’imyaka 70 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza mu mpera z’iki cyumweru, aho APR Fc na AS Kigali zidahari kubera imikino yo hanze
Urugaga rw’abikorera (PSF) rugiye kumurika ibikorwa by’ihuriro ry’abahinzi-borozi mu rwego rwo kugaragaza umusaruro.
Abaturage bo mu mujyi wa Rusizi batangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi bamaranye amezi atandatu cyatumye bavoma amazi y’ibishanga.
N’ubwo atabona umwanya mwinshi wo gukurikirana umupira w’amaguru, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose ngo mu Rwanda akunda ikipe ya APR FC agafana FC Barcelona I Burayi.
Nyampinga w’u Rwanda Mutesi Jolly avuga ko adatewe ubwoba n’abakobwa bazitabira irushanwa rya Nyampinga w’Isi (Miss World),u Rwanda ruzitabira ku nshuro ya mbere.
Abaturage bakanguriwe gukoresha neza telefone mpuruza ziyambazwa iyo hari abantu bari mu kaga, kuko kuyivugiraho ibindi byatuma hari udatabarwa ku gihe.
Abitabiriye itangizwa ry’iserukiramuco ry’imbyino n’ubugeni (Festival d’Arts et de Musiques Contemporains) batangaza ko rizatuma abazaryitabira barushaho gutekereza ku bworoherane.
Minisitiri w’Umutekano muri Malawi, Grace Chiumia yafashe icyemezo cyo kwikurikiranira iby’umunyemari w’Umunyarwanda, Vincent Murekezi, ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Izabiriza Alphonsine n’umwana we Tuyishimire Fabien b’i Bugesera barasabirwa igifungo cya burundu kubera icyaha bashinjwa cyo kwica uwitwa Mbyariyehe Francois.
Abaturage batandukanye batangiye kugira imitekerereze ya Kinyafurika, nyuma yo gusobanurirwa gahunda ya Ndi Umunyafurika yatangijwe n’umuryango utegamiye kuri Leta Panafrican Mouvement.
Abajyanama b’ubuzima batandukanye batangaza ko mu ngo zabo habaye nko kwa muganga kuburyo batakibona akanya ko gukora indi mirimo ibatunze.
Mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, abikorera bo mu Karere ka Kayonza biyemeje gutangiza uruganda ruzakora imyenda.
Urubyiruko rwihangiye imirimo rutangaza ko kubura igishoro bituma bamwe batihangira imirimo akaba ngo ariyo mpamvu bazakomeza kugaragaza icyo kibazo kugira ngo kizakemuke.
Bamwe mu batuye Rukomo, mu karere ka Gicumbi, baravuga ko babangamiwe n’ikimoteri cy’akarere kibegereye,imvura yagwa, ikamanurira imyanda yose mu mazi bavoma.