Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Imibare itangwa na Transparency International Rwanda (TI) yerekana ko abatanga amakuru kuri ruswa bagenda bagabanuka aho kwiyongera ngo ihashywe burundu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza 2016, imodoka yo mu bwoko wa Hiace ifite Puraki RAA 320L, ikoreye impanuka mu muhanda Kigali-Huye ihitana umwana wo mu kigero cy’imyaka 12, ikomeretsa cyane babiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwakanguriye abahinzi kwibumbira mu ma koperative, kuko bizabafasha kurwanya igihombo batezwa n’abitwa Abamamyi.
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Jean de Dieu Byukusenge wo mu Karere ka Huye avuga ko yakuwe mu kigo cy’imfubyi n’umuryango we ngo arerwe, ahubwo akamburwa isambu ye.
Umuhanzi wo mu Rwanda Cecile Kayirebwa na Jef Neve w’Umubiligi biteguye guha abari bwitabire igitaramo cyabo umuziki uyunguruye uhuza imico yombi.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) gitangaza ko umunyamakuru afite uburenganzira bwo gutangaza ikitagenda mu gihe ari ukuri kandi yavugishije abo bireba.
Polisi y’igihugu itangaza ko ikomeje urugamba rwo kurandura ruswa ku buryo hari icyizere ko izagabanuka ku buryo bufatika.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga muri 2015-2016 Leta yahombye miliyoni 99RWf kubera gutsindwa imanza zirimo izo kwirukana abakozi bitubihirije amategeko.
Abatuye akagari k’Akaboti,umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara biyujurije ibiro by’akagari bya miliyoni 23, bafatanyije n’ubuyobozi.
Abana bitabiriye inama nkuru y’igihugu y’abana, barashima ko igihugu kibatekereza ndetse kikabaha umwanya wo kugaragaza ibyifuzo n’ibibazo bahura nabyo.
Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu cya Malawi aho yari atuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwujuje inyubako y’ibiro by’ako karere, yuzuye itwaye miliyoni 788RWf, ikazafasha mu mitangire myiza ya serivisi.
Abaturage baturiye iminara ya sosiyete z’itumanaho Tigo na MTN mu kagari ka Gatoki, umurenge wa Save muri Gisagara baravuga ko urusaku rw’imashini z’iyi minara rubabangamiye.
Perezida wa Rayon Sports Fc Gacinya Denis, yasobanuye ko hari ikipe yo muri Maroc yatangiye kubavugisha ngo igure Pierrot, anatangaza ko na Cedrick bagomba kumugarura vuba
Abatuye Umurenge wa Nyange muri Ngororero bavuga ko kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abautsi m 1994 na kiliziya yahiritswe ku Batutsi bari bayihungiyemo ari intambwe y’ubumwe ku bwiyunge.
Inyubako y’imiryango itatu y’ubucuruzi iri mu Karere ka Rubavu, yibasiwe n’inkongi y’umuriro ibicuruzwa byari birimo birakongoka.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yibukije abayobozi b’imidugudu muri Nyamasheke ko bagomba gushyira mu bikorwa inshingano zabo barwanya akarengane mu baturage.
Amiss Cedrick wahoze akinira Rayon Sports, yongeye kuyigaragaramo ndetse anayitsinda igitego muri 3-1 batsinze ikipe ya La Jeunesse mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Gatatu
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 1441 yiganjemo abari batuye mu manegeka hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Ikipe ya APR Fc nyuma yo gutsinda Kirehe mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, yahise ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Urwego rw’umuvunyi rurizeza abanyamakuru ko bazakomeza gukorana mu bufanye bushoboka, bakabafasha kugira ubushobozi n’ubumenyi mu gutunga agatoki no gutahura ahari ruswa.
Inzu yubatswe muri Kamonyi yari igenewe kuba ikusanyurizo ry’imboga, imaze imyaka itanu yuzuye itarakoreshwa ibyo yagenewe kuburyo yatangiye no gusaza.
Abanyeshuri 32 bigishijwe mu buryo bushya umwuga w’ubwubatsi mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East),bitezweho umusaruro mwiza.
Abakinnyi 20 b’umukino w’amagare batangajwe, bazatoranywamo uwahize abandi muri Afurika mu mwaka wa 2016, barimo Abanyarwanda batatu.
Uyu munsi ku mbuga nkoranyambaga hazengurutse ifoto y’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40, ufite imbunda yo mu bwoko bwa Karachinikov yicaye ku ntebe y’urubaho ishinze ahantu ku muhanda.
Guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 10 Ukuboza 2016, muri Kigali City Tower hateganyijwe imurikagurisha ryiswe Rwanda Wedding Expo, rizahuriramo abafite ibikorwa bifite aho bihuriye no gutegura ubukwe.
Abakorera ibinyamakuru bitandukanye mu Karere ka Rusizi na Nyamasheke ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku itegeko ryo kubona amakuru.
Umutoza Sogonya Hamisi wa Kirehe FC avuga ko ikipe ye igiye kwerekana ko ikomeye itsinda umukino w’ikirarane uyihuza na APR FC kuri uyu wa Gatatu
Abakinnyi babiri bari bamaze iminsi bitwara neza mu Rwanda, Areruya Joseph na Mugisha Samuel berekeje mu ikipe yabigize umwuga ya Dimension data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo
Abahinzi ba kawa mu kagari ka Gakoma,umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara baravuga ko koperative bagemuriye umusaruro muri 2012 yabambuye.
Bamwe mu rubyiruko rudafite akazi rwo mu Karere ka Musanze rwashyiriweho na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ikigo kiruhuza n’abagatanga.
Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF) ihamya ko umwana utagira iwabo agomba kurerwa n’umuryango mugari cyangwa inshuti z’umuryango.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi avuga ko imanza ziba zigomba kwihutishwa zikarangira vuba kuko ngo ubutabera iyo butinze buta ireme.
KT Radio y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd ni imwe muri Radio enye zumvikana ahantu henshi mu Rwanda.
Abasore babiri b’i Huye bajyanwe kwa muganga nyuma yo kugonga igipangu, bahunga Polisi y’igihugu yari ibatse ibyangombwa.
Perezida Kagame yaburiye abayobozi bihisha mu itangwa ry’amasoko bakijandika muri ruswa babinyujije mu bikorera.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko bagiye kongera ibikorwa bizajya bituma abitabira umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi barushaho kuhasiga amafaranga.
Mu Kiganiro kihariye Madame Jeannette Kagame yagiranye n’igitangazamakuru mpuzamahanga cyitwa FORBES WOMAN AFRICA, yerekanye uburyo Umuryango Imbuto Foundation wagize uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Ububyeyi wo mu Karere ka Kayonza ufite abana bafite ubumuga bw’uruhu ahamya ko abangamiwe n’abaturanyi bahora bamuha akato kubera abo bana.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko ikoranabuhanga rituma ibiza bizaba bimenyekana kare, ntihabeho gutungurana bityo gutabara bikihuta.
Abamugaye b’i Huye bishimira kuba baratekerejweho bakagenerwa amafaranga bakwifashisha mu kwihangira imirimo, ariko ngo kuba batarahabwa amakarita abaranga byababereye imbogamizi.
Iddy Ibe Andrew umunya Nigeriya utoza ikipe ya Sunrise, arashinja ubuyobozi bw’ikipe ye kugira uruhare mu musaruro mucye ifite.
Ikipe ya APR Handball Club yigaranzuye Police Hc iyitwara igikombe , inafashijwe cyane n’abakinnyi yayikuyemo
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zitangaza ko mu mpeshyi ya 2016 zasenye ambasade ya baringa muri Ghana yari ihamaze imyaka 10.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 5 ukuboza 2016, Perezida Kagame yatashye inyubako ya Chic Complex na Kigali Heights.