Antoine Kambanda arizihiza umwaka amaze agize Karidinali, akaba yarabaye Umunyarwanda wa mbere ukoze ayo mateka. Ku itariki 28 Ugushyingo 2020 nibwo i Vatican habereye umuhango wo kwimika Musenyeri Antoine Kambanda, agirwa Karidinali.
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yamaganye icyemezo cyafashwe n’ibihugu bimwe na bimwe cyo guhagarika ingendo ziva cyangwa zijya muri Afurika y’Epfo no mu bihugu bituranye na yo, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rya Covid-19 yihinduranyije yiswe ‘Omicron’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abayobozi kubanza kureba inyungu z’abo bashinzwe kuyobora hanyuma na bo bakabona kwikurikizaho kuko ari byo bituma imiyoborere myiza itera imbere kandi ikagera ku ntego zayo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze kurandura burundu ikibazo cy’igwingira ry’abana kuko bibagiraho ingaruka zikagera no ku gihugu.
Urubyiruko rwa FPR Inkotanyi rurasabwa kuba ku isonga mu gukemura ibibazo bitandukanye, kuko umuryango wa FPR Inkotanyi nka moteri y’iterambere ry’Igihugu imbaraga zawo ari urubyiruko ruwushamikiyeho.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa Covid-19, buzwi nka Omicron, guhera kuri uyu wa mbere tariki 29 Ugushyingo 2021, abagenzi binjiye mu Rwanda baturutse muri bimwe mu bihugu biri muri Afurika y’Aamajyepfo bagomba guhita bajya mu kato k’iminsi irindwi (7).
Abanyeshuri batatu bigaga ku kigo cy’amashuri cyitwa Centre pour la Promotion de l’Education et des Metiers(CEPEM), giherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, barohamye mu kiyaga cya Burera barimo koga, bibaviramo gupfa.
Kompanyi y’indege y’u Rwanda (RwandAir) yatangarije abagenzi bava mu bihugu bya Zimbabwe na Afurika y’Epfo bajya muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ko ihagaritse kubajyanayo kugeza igihe izatangariza ko izo ngendo zisubukuwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yabwiye abagize Inama Njyanama z’Uturere bari guhugurirwa mu kigo cya Polisi y’u Rwanda i Gishari, ko ikiruta ibindi bagomba kwishimira, ari amahirwe bahawe yo gutanga serivise nziza mu Banyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 5, bakaba babonetse mu bipimo 20,915.
Abahoze mu nama njyanama y’Akarere ka Huye batongeye gutorwa babwiwe ko nta mujyanama ucyura igihe, ahubwo ko ahindura ingamba. Byagarutsweho mu muhango wo kurahira wa komite nyobozi y’Akarere ka Huye ku wa 22 Ugushyingo 2021.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri iki Cyumweru, yafashe imyanzuro ku kwirinda Covid-19, harimo uwo gusaba abantu bose bitabira inama, ibirori, imurikabikorwa, ibitaramo, ubukwe n’andi makoraniro rusange kuba barikingije Covid-19 kandi babanje no kuyipimisha.
Umutima n’ibihaha ni bimwe mu bigize umubiri w’umuntu bifatanya mu kohereza umwuka mwiza wa oxygen mu maraso kugira ngo umutima ubashe gukora neza. Ni yo mpamvu umuntu agomba gukora imyitozo ngororamubiri ifasha umutima n’ibihaha gukomeza gukora neza kuko biri mu bifite uruhare runini mu mikorere y’umubiri.
Mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kwerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup, APR yanganyije 0-0 na RS Berkane
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 28 Ugushyingo 2021 yayoboye inama y’abaminisitiri idasanzwe yize ku ngamba zashyizweho zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Abakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Mujyi wa Kigali barishimira ko ‘cameras’ zagabanyijwe mu mihanda ndetse bakaba batacyandikirwa amakosa bitaga ay’akarengane.
Hari ibibazo bikunze kumvikana mu bantu aho usanga bagira bati "Ariko buriya kanaka ariya mafaranga yayakuye hehe ? Ubu se akize mwanya ki ?" Ibi ndetse n’ibindi bibazo bifitanye isano ni bimwe abantu benshi bakunda kwibaza cyangwa babazanya hagati yabo kuri mugenzi wabo babona wahinduye ubuzima agatera intambwe agana imbere (…)
Nyuma y’igihe bivugwa ko hazashyirwaho ishuri ry’umupira w’amaguru ry’ikipe yo mu Bufaransa Paris Saint-Germain, ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2021, mu Karere ka Huye.
Umukinnyi w’umukino w’intoki wa Volleyball, Yves Mutabazi, hamwe n’urundi rubyiruko bose hamwe umunani, bahembwe n’umuryango Imbuto Foundation nk’ababaye indashyikirwa mu bikorwa by’iterambere muri uyu mwaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 27 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 14, bakaba babonetse mu bipimo 19,776.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Imbuto Foundation umaze ushinzwe, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko uyu muryango utangira utari ugamije kwishimagiza ahubwo byari inshingano, mu rwego rwo kurushaho gufasha abari babikeneye.
Umuryango mpuzamahanga witwa MAFUBO uhuriza hamwe abagore n’abakobwa mu rwego rwo kubafasha guhangana n’ihohoterwa ribakorerwa, ahubwo bagategura ejo habo heza bakabasha gutera imbere.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatanze ibihembo ku bitabiriye ibikorwa by’imurikabikorwa mu cyumweru cy’ubukerarugendo bw’u Rwanda, ariko runasaba abashoramari bo mu rwego rw’ubukerarugendo kugira uruhare runini mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irahamagarira Abaturarwanda gukomeza gukaza no kutadohoka ku ngamba zisanzwe zo kwirinda Covid-19, kuko hadutse virusi ifite umwihariko wo gufata ku turemangingo ishaka kwinjiramo.
Umuyobozi nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda w’abagore bafite ubumuga (UNAB), Mushimiyimana Gaudence, avuga ko hari icyuho mu mategeko ajyanye n’uburenganzira bw’abafite ubumuga bwo mu mutwe gikwiye kuvaho, kugira ngo ufite ubwo bumuga ahabwe uburenganzira busesuye nk’abandi ndetse n’ihohoterwa ribakorerwa.
Mu isiganwa ry’amagare ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Ingabire Diane na Manizabayo ba Benediction ni no begukanye ibihembo by’umwanya wa mbere
Umugabo wo mu mujyi wa Mombasa muri Kenya biravugwa ko yaketse ko umugore we yaba amuca inyuma, yigira inama yo kumuca imyanya y’ibanga.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Batamuliza Mireille, asaba abagabo batinya kuvuga ihohoterwa bakorerwa kugana Isange One Stop Center kuko bakirwa mu ibanga.
Banki ya Kigali yahaye inguzanyo zitagira inyungu zisaga miliyoni 25Frw ba rwiyemezamirimo batandatu batsinze muri gahunda ngarukamwaka ya BK Urumuri, amarushanwa abaye ku nshuro ya gatanu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko yasubijeho gahunda yo gushyira abantu bose binjiye mu Rwanda mu kato k’amasaha 24 muri hoteli zabugenewe guhera ku tariki ya 28 Ugushyingo 2021 saa sita z’amanywa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 26 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya umunani (8), bakaba babonetse mu bipimo 12,065.
U Rwanda rwakiriye icyamamare Raimundo Souza Veira de Oliveira, uzwi nka Rai wahoze akinira ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), waje mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi Niyonzima Olivier, nyuma yo guhagarikwa mu ikipe y’igihugu ashinjwa imyitwarire mibi yamaze kwandika asaba imbabazi
Mu bihugu bya Afurika yo mu Majyepfo haravugwa ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta’ bwahangayikishije isi kuko bwanduraga cyane kandi bukica mu gihe gito.
Umuryango udaharanira inyungu witwa ‘NABU’ wanahawe igihembo mu bijyanye no guteza imbere umuco wo gusoma, watangije uburyo bushya bwongerera abana bo mu Rwanda ubumenyi mu byo gusoma inyandiko kuri Interineti.
Bamwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore bakomeje gusaba ko igitaramo umuhanzi w’icyamamare Koffi Olomide azakorera i Kigali tariki ya 04 Ukuboza 2021 cyasubikwa kubera ko ashinjwa ibyaha byo guhohotera abagore.
Uruganda rw’amarangi rwa Iyaga Plus rukorera mu cyanya cy’inganda i Masoro, mu karere Ka Gasabo, mu ijoro rishyira tariki 26 Ugushyingo 2021 ahagana saa sita z’ijoro rwafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi mu byarimo birakongoka.
Komite Nyobozi nshya iheruka gutorerwa kuyobora Akarere ka Burera, isanga ikibazo cy’imibare iri hejuru y’abana bagwingiye kiri mu byihutirwa igomba gushakira igisubizo, kugira ngo ubuzima bw’abana burusheho kwitabwaho.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga no guhanga udushya mu Rwanda iratangaza ko uko batanga telefone zigezweho muri gahunda yiswe ConnectRwanda, bazanakomeza kureba imbogamizi zishobora kubangamira abazihawe mu kuzibyaza umusaruro.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2020, bwagaragaje ko hari miliyoni z’abantu bafite ibibazo byo kutabona neza, hakaba n’abamaze guhuma biturutse ku mpamvu zitandukanye, nyamara ngo 90% y’impamvu zitera gutakaza ubushobozi bwo kubona neza cyangwa se izitera ubuhumyi ngo ni impamvu zishobora kwirindwa cyangwa se zikaba zavurwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 26, bakaba babonetse mu bipimo 10,341.
U Rwanda rwarengeje igipimo cyo gukingira 40% by’abagomba gukingirwa Covid-19, igipimo cyagombaga kugerwaho mu kwezi k’Ukuboza 2021. Amakuru yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima tariki ya 24 Ugushyingo 2021 agaragaza ko Abanyarwanda 3,058,807 bangana na 40,78% bamaze guhabwa inkingo za Covid-19 zuzuye, mu gihe abamaze gufata (…)
Umunyamabanga Mukuru wa LONI, Antonio Guterres yasabye ko imirwano ihagarara vuba na bwangu muri Ethiopia nyuma y’uko bivuzwe ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed na we yagiye ku rugamba ndetse n’abantu benshi bakaba bakomeje kwinjira mu gisirikare.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko inama yahuriyemo n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(RDC) ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ariko kandi ngo yari ingenzi mu kubaka amahoro mu Karere.
Nk’uko icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka kuri za miliyoni z’abantu hirya no hino ku Isi, n’abagore bo mu Rwanda bagezweho n’izo ngaruka ku buryo bukomeye. Bamwe mu bagore bari mu buhinzi, no mu bindi bikorwa byarahombye cyane ku buryo bageze aho bakenera guhabwa inkunga y’amikoro, kugira ngo bongere bashobore gukora.
Buhigiro Jacques uri hafi kuzuza imyaka 78, ni we waririmbye indirimbo zitandukanye zirimo ‘Amafaranga, Agahinda karakanyagwa, Nyirabihogo, Nkubaze Primus, ‘Yuda Isikariyoti’ n’izindi, ariko ubusanzwe ni impuguke mu kugorora ingingo zimugaye (Kinésithérapie), umwuga yigiye mu Bubiligi guhera mu 1966 - 1970.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ku wa 24 Ugushyingo 2021 ryatanze Mudasobwa 185, ‘tablets’ 1.680 n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, babishyikiriza Ikigo gishinzwe Uburezi cy’u Rwanda (REB), mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri yigamo abana b’impunzi.
Nyuma y’ihagarikwa ry’imikino yaberaga kuri Stade Umuganda bitavuzweho rumwe, Minisiteri ya Siporo yongeye kwemera ko kuri Stade Umuganda habera imikino ya shampiyona
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Ugushyingo 2021, Abanyarwanda 30 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda bamaze kugezwa ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare.