Abaturage batuye mu murenge wa Bigogwe mu gice cya Gishwati batangaza ko umuhanda wa kaburimbo bari kubakirwa uzaborohereza kugeza umusaruro wabo ku isoko bigatuma amata yabo yongererwa agaciro.
Abahagarariye inzego z’umutekano, Ingabo n’ibigo bitandukanye ku mugabane wa Afurika bateraniye mu Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo no kurushaho guhugura no gukangurira abantu kumenya byinshi ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu gisirikare ndetse no guhuza bimwe mu bisabwa n’amategeko mpuzamahanga mu kurengera (...)
Sandrine Uwase w’imyaka 21, utuye mu Kagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka w’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yatangiye kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi afite imyaka 18 y’amavuko.
Abaturage bakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bakomeje gutakambira ubuyobozi mu nzego zose bireba, ngo zibafashe gukora uwo muhanda uhuza Intara z’Amajyepfo n’Iburengerazuba, kuko igihe cy’imvura nyinshi Nyabarongo yuzura igafunga urujya n’uruza rw’abawukoresha.
Kuva ku wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024, amakuru yatangiye gukwirakwira avuga ko hari abakozi icyenda b’Akarere ka Rusizi basezeye ku mirimo yabo ku mpamvu zabo bwite, ariko abandi bakavuga ko batabikoze ku bushake ahubwo babitegetswe n’ababakuriye.
Ingabo na Polisi 19 bo ku rwego rwa Ofisiye mu Rwanda, batangiye amahugurwa agamije guhangana n’ikibazo gihangayikishije Afurika, cyo gukoresha abana mu mitwe yitwaza intwaro no mu gisirikare.
Mukamana Annonciata (izina twahinduye), acururiza inkweto mu Mujyi wa Kigali mu nyubako izwi nka ‘Down Town’ kuva mu mwaka wa 2018. Avuga ko kuva icyo gihe yishyura ubukode bw’umuryango acururizamo mu madolari ya Amerika, kandi ko buri mwaka igiciro kizamuka bitewe n’agaciro k’idolari.
Intumwa zaturutse mu Muryango w’abibumbye, ziyobowe na Michael Mulinge KITIVI, umuyobozi w’ishami rishinzwe ibijyanye n’ubufasha mu by’ubushobozi, basuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko mu minsi itatu gusa y’imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere, urubyiruko 400 aribo bifotoje kugira ngo babone indangamuntu n’ubwo iyi serivisi ikomeza mu Mirenge yose.
Nyuma y’igihe kitari gito hifuzwa ko habaho urwibutso rwa Jenoside rwasobanurwamo amateka ya Jenoside mu Karere ka Huye, aho ruzubakwa hamaze kurambagizwa none ubu hari gushakwa ubushobozi bwo gukora inyigo yo kurwubaka.
Akarere ka Burera kiyongereye mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, twiyujurije inyubako y’ibiro ajyanye n’icyerekezo.
Ubuyobozi bw’ikigo AFRINEST Engineering cyubatswe ubwato bwa Mantis Kivu Queen uBuranga buherutse gukora impanuka mu mazi mu Karere ka Nyamasheke, bwatangaje ko bwari bufite ikoranabuhanga ribufasha kureba mu mazi ndetse bukaba bwabererekera ibuye bwagonze.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024 yageze muri Sénégal mu ruzinduko rw’akazi, aho ku kibuga cy’indege cya Léopold Sédar Senghor de Yoff yakiriwe na mugenzi we Bassirou Diomaye Faye na bamwe mu bagize Guverinoma.
Urwego rushinzwe kugenzura ihame ry’Uburinganire bw’Abagore n’Abagabo mu Iterambere ry’Igihugu (GMO) hamwe n’Urugaga rw’Ubikorera mu Rwanda (PSF), ku bufatanye n’izindi nzego zirimo imiryango mpuzamahanga, batanze ibirango by’ishimwe ku bigo bya Leta n’iby’abikorera birusha ibindi kwita ku buringanire n’ubwuzuzanye (...)
Cesaria Nyiramafayida w’imyaka 84 y’amavuko wo mu Murenge wa Munyiginya Akarere ka Rwamagana aragira inama abahabwa inkunga y’ingoboka kuyibyaza umusaruro bagana amatsinda yo kubitsa no kugurizanya aho kuyashora mu bindi bitabafasha kwiteza imbere nk’uko uyabaha abyifuza.
Iteganyagihe rya Gicurasi ryatangajwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) riragaragaza ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi hateganyijwe ko imvura izagabanuka ugereranyije n’isanzwe igwa.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze, ku bufatanye n’inzego bwite za Leta batangije ukwezi kwahariwe kurandura igwingira mu abana bato, kimwe mu bibazo by’urusobe byugarije imibereho myiza y’abaturage Karere ka Musanze.
Hagamijwe guha umurongo n’icyerekezo ubucuruzi bw’ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), ku bufatanye n’inzego z’umutekano bakomeje gukora ubugenzuzi hirya no hino mu Gihugu bakangurira (...)
Ni igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, ku ya 6 Gicurasi 2024, mu gutangira imirimo yo gushyira kaburimbo iciriritse mu muhanda uturuka i Karama/ateliye ukagera ku isoko ryo mu Rwanza, mu Karere ka Gisagara.
Mu mwaka ushize wa 2023, ni bwo Ufitese Assia wo mu Murenge wa Kigarama w’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali yatewe inda, agisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa zaturutse mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Budage, baganira ku bibazo byugarije Isi birimo icy’abimukira ndetse n’ubufatanye busanzweho hagati y’u Rwanda n’u Budage.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwamurikiwe urubuga rwa interineti rwa "CyberRwanda" ruzajya rukuraho amakuru arufasha mu kwirinda inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’umutungo wa Leta (PAC), ntiyemeranya n’ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, ku gihe yemeza ko inyubako izakoreramo Ishami ry’ubuvuzi bw’amatungo izaba yarangiye.
Abaturage bo mu Murenge wa Mbuye barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe ku mugezi w’Ururumanza, kikaba gihuza Akagari ka Mwendo na Gisanga, kizabarinda kongera gutwarwa n’amazi.
Intama ikomeje kuba imari ishyushye ku baturage batuye mu Karere ka Nyabihu aho buri wa Kabiri na buri wa Kane w’icyumweru, ku isoko ry’amatungo magufi rya Mukamira muri aka Karere usanga haba hashyushye, ari urunyuranyurane rw’amatungo magufi (cyane cyane Intama), aho abacuruzi baba baje kurangura izo bajyana hirya no (...)
Ibitare bya Mashyiga biherereye mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Kamonyi, Umurenge wa Karama, Akagari ka Bitare, Umudugudu wa Kokobe. Ni agace kahoze kitwa Gishubi (Rukoma). Ni ibitare byinshi binogeye ijisho, bimwe biteretse hejuru y’ibindi nk’ibiri ku mashyiga, ari na ho hakomotse iyo nyito ngo ni Ibitare bya Mashyiga.
Ubuyobozi bw’Ikigega Gitera Inkunga Imishinga y’Iterambere (BDF) bwananiwe gukoresha amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 800 yari kugirira Abanyarwanda akamaro bahitamo kuyasubiza.
Mu Karere ka Bugesera hari abaturage mu myaka ishize bakunze kugaragaza ko kuba ako Karere kadafite igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemewe, byadindije imishinga yabo, bituma n’iterambere ry’Umujyi wa Nyamata ritihuta, kubera ko hari ibyo batemererwaga gukora kuko babwirwaga ko icyateganyirijwe ubutaka (...)
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), bwasabwe ibisobanuro ku modoka baguriye rwiyemezamirimo kandi nyamara mu masezerano hagaragaramo ko bagombaga kuyimukodeshereza.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo baturutse mu ishami ry’ubucuruzi rya Kaminuza ya Harvard iherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.