Ikigo gishinzwe umutungo kamere mu Rwanda (RNRA) gitanga ko ibikorwa bya muntu bigira uruhare mu guhumanya amazi agateza ibibazo birimo n’uburwayi.
Akarere ka Rutsiro kasabye abacuruzi bo mu isantere ya Gakeri mu Murenge wa Ruhango kugira ubwiherero bitarenze iminsi 15.
Umuryango Imbuto Foundation wasabye urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge, kuba maso kubera SIDA n’inda z’imburagihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba aka karere kagaragaramo abana b’akobwa benshi batwara inda zitateganyijwe, biterwa n’uburangare bw’ababyeyi batabaganiriza.
Ubuyobozi buhangayikishijwe n’uko ababyeyi batuye mu Murenge wa Katabagemu muri Nyagatare, batitabira kunywa amata kandi boroye ahubwo bakinywera inzoga z’inzagwa.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Abaturiye Ikigo Nderabuzima cya Congo-Nil, mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro baravuga ko babangamiwe no kutahabona serivisi zo kuboneza urubyaro.
Banki y’ubucuruzi ya COGEBANQUE yageneye inkunga ya miliyoni 5Frw, ikigo cyita ku bana bafite ubumuga bwa Autism cyitwa “Autism Rwanda”.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.
Abatuye Umurenge wa Gitoki muri Gatsibo bizera ko kumenya gutegura indyo yuzuye hari icyo byagabanyije ku ndwara ya bwaki yahagaragaraga.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko Leta y’u Rwanda yiyemeje kuvuza umwana witwa Tuyisenge Emile ufite uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Urubyiruko rwo muri Kayonza rwaterwaga isoni no kugana serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, rwashyiriweho gahunda ya ‘Youth Corner’ izarufasha kugana izo serivisi ntacyo rwikanga.
Abatuye imirenge ya Sake na Rukumberi muri Ngoma, basanga ubusinzi bwadutse mu bagore burimo gutera ubwiyongere bw’abana bavuka nta bushobozi.
Abana bagera kuri 800 mu Karere ka Nyanza bugarijwe n’imirire mibi, kubera ubumenyi bucye bw’ababyeyi ku gutegura indyo yuzuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyegereje abakozi bakorera mu bigo bitandukanye byo mu Murenge wa Kimihurura, igikorwa cyo gupimwa indwara zitandura.
Madame Jeannette Kagame yahawe igihembo n’umuryango Team Heart, kubera uruhare rwe mu bikorwa bya kimuntu.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) izaha umuti w’inzoka zo mu nda abana bagera kuri enye muri uku kwezi kwahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi.
Abashinzwe amasomo mu bigo by’amashuri yisumbuye bikorera mu Karere ka Gatsibo, barashishikarizwa gufatanya n’ababyeyi b’abana babasobanurira ibijyanye n’imyororokerere.
Abarwariye mu Bitaro bya Rwamagana bavuga ko umunsi wahariwe abarwayi ubongerera icyizere kuko basurwa bakanitabwaho, bagasaba ko bitarangirana n’uwo munsi gusa.
Hari abana bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi babayeho nabi kubera kutitabwaho n’ababyeyi bavuga ko batabona babona.
Umuryango Imbuto Foundation watangije gahunda yo kwigisha urubyiruko gukomera ku busugi n’ubumanzi bwabo no kudacana inyuma hagati y’abashakanye.
Abaturage ntibakwiye gufata agakingirizo nk’akabakangurira ubusambanyi ahubwo ngo gatabara abananiwe kwifata kandi bashaka gukora imibonano mpuzabitsina.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga igaragaza ko abana 398 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Abakora mu rwego rw’ubuzima mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba barasabwa gukora igenamigambi bahuriyeho kugira ngo barusheho kunoza serivisi z’ubuzima rusange bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.