Urukiko rw’ibanze rwa Nyarubuye muri Kirehe rwatangiye kuburanisha impunzi z’Abarundi zikurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Urubanza rwa Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka rwongeye gusubikwa kugeza mu gihe kitazwi kuko Leta itaramusubiza niba izamwishyurira umwunganizi.
COPEDU Ltd yatsinzwe urubanza yaburanaga na ADFINANCE LTD iyishinja gukoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Evode Imena aburana afunze.
Leta y’u Rwanda irategura itegeko rizatuma abatishoboye bose bazajya bahabwa ababunganira mu manza babyigiye kandi bagahabwa ubwo bufasha ku buntu.
Urubanza rw’uwari Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’umutungo kamere, Evode Imena, rwaberaga mu Rukiko rukuru ku Kimihurura rurasubitswe, rwimurirwa ku wa gatanu tariki 10 Werurwe 2017.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu barya ruswa, ngo babikorana amayeri menshi ku buryo kuyibonera ibimenyetso bigorana.
Urukiko rw’Ibanze rwa Lilolongwe muri Malawi rwongeye gusubika urubanza rwo kohereza mu Rwanda Vincent Murekezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwemeje icyifuzo cy’umushinjacyaha cy’uko umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30 kugira ngo akurikiranwe.
Sous Lieutenant Seyoboka Henry Jean Claude ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yanze umwunganira mu mategeko witwa Me Uwimana Channy.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga muri 2015-2016 Leta yahombye miliyoni 99RWf kubera gutsindwa imanza zirimo izo kwirukana abakozi bitubihirije amategeko.
S/ Lieutenant Seyoboka Herni Jean Claude uherutse koherezwa na Canada kuburanishirizwa mu Rwanda, yagejejwe bwa mbere mu rukiko.
Izabiriza Alphonsine n’umwana we Tuyishimire Fabien b’i Bugesera barasabirwa igifungo cya burundu kubera icyaha bashinjwa cyo kwica uwitwa Mbyariyehe Francois.
Abanyamategeko baturutse mu bigo bitandukanye bya leta bemeje ko gukemura ibibazo hatitabajwe inkiko bifasha inzego zitandukanye kwikemurira ibibazo.
Mugambira Aphrodis, nyiri Hotel Eden Golf Rock yajuririye kudafungwa iminsi 30 yari yakatiwe, ariko urukiko ntirwagira umwanzuro ruhita rufata ako kanya.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwaburanishije Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri Gisagara batarishyurwa imitungo yangijwe barasaba kwishyurwa, abafite ibyo babagomba bakareka kwitwaza ubukene.
Nyiramayira Clémentine utuye mu Karere ka Nyanza arasaba Perezida wa Repubulika kumurenganura, nyuma y’uko ukekwaho kwica umwana we yarekuwe.
Rwabidadi Aimable washinjwaga kunyereza mazutu yagombaga gucanira sitade ya Huye mu marushanwa ya CHAN, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Huye.
Urukiko rwibanze rwa Rusizi rwemeje ko abayobozi b’Ibitaro bya kibogora bafungwa iminsi 30 mu gihe bategereje iburana mu mibizi.
Imanza Intara y’Amajyaruguru yashoyemo Leta kubera abakozi bagiye birukanwa mu kazi, zahombeje Leta agera kuri miliyoni 40Frw yagiye atangwa nk’indishyi.
Abaturage b’Akarere ka Kamonyi bagaragarije Minisiteri y’Ubutabera ko ikibazo cy’ingutu bafite ku butabera ari ukutarangirizwa imanza ku birego baba batsindiye.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira ubutabera bw ‘u Rwanda ku gihano bwahaye Leon Mugesera.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kuri uyu wa 11 Mata 2016 rwahamije umugabo witwa Ntamunoza icyaha cyo kwicisha umukobwa ishoka rumukatira gufungwa burundu.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabaya muri Nyabihu, bavuga ko bakeneye ko Leon Mugesera aza kubasaba imbabazi kubera igihemu yabashyizeho.
Abambuwe na sosiyete DN International yakoraga mu bwubatsi bavuga ko guhagarika umucungamutungo w’igihombo cy’iyi sosiyete byatuma ikibazo cyabo gisubira inyuma kuko ngo ari we wagikurikiranye.
Mu isomwa ry’urubanza Col Tom Byabagamba na bagenzi be bari bakurikiranywemo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare, Col Tom Byabagamba yakatiwe imyaka 21, anamburwa impeta za Gisirikare.
Gakuba Fleury, Umunyarwanda uba muri Canada wasabye Perezida Paul Kagame kumurenganura yagannye iy’ubutabera arega uwo ashinja kumuriganya ku ivuriro bari bafatanyije.
Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare bwasabiye Col. Tom Byabagamba igifungo cy’imyaka 22 ku byaha akurikiranyweho birimo n’ibyo kwangisha rubanda ubutegetsi.
Urubanza rwa Col Tom Byabagamba n’abo baregwana mu bushinjacyaha bwa Gisirikare, rwimuriwe itariki 2 werurwe 2016.