Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwagejeje ubujurire ku rukiko rw’umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, tariki 23/04/2012, rujuririra icyemezo cyafashwe n’urugereko rw’ibanze rw’uru rukiko rwemwje ko Lt. Col. Rugigana Ngabo afunze binyuranyije n’amategeko.
Abakozi babiri ba Sosiyete irinda umutekano, Intersec Security, bari bagiye kwiba banki y’Abaturage ya Nyagatare mu ijoro rya tariki 19/04/2012, ubushinjacyaha rwabasabiye gufungwa imyaka 15.
Urukiko rukuru rwanzuye ko urubanza rwa Ingabire rugomba gukomeza nubwo we yemeje ko atazongera kuburana akanahagarika abamwunganiraga mu mategeko.
Urukiko rw’Ikirenga rwanze kwemera ikirego Victoire Ingabire yari yatanze asaba ko hari ingingo zimwe na zimwe ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside zakurwamo, runongeraho ko n’inyandiko yari yatanze itari yujuje ibisabwa kuko cyariho umukono we.
Urubanza rwa Victoire Ingabire rwongeye gufata indi sura nshya, nyuma y’uko uruhande rumwunganira ruzanye undi mutangabuhamya mushya witwa Colonel Michel Habimana uvuga ko ipeti rya Colonnel Vital Uwumuremyi afite atigeze arihabwa, ndetse ari nawe wamuhaye amakuru yose y’ibyo bakoraga bakiri mu mutwe wa FDLR.
Urukiko rw’ikirenga rwagabanyije ibihano Uwimana Nkusi Agnes, umuyobozi w’ikinyamakuru Umurabyo n’umwanditsi mukuru wacyo, Mukakibibi Saidati bari barakatiwe n’urukiko rukuru muri Gashyantare 2011.
Ku gicamunsi cya tariki 5/04/2012 Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwategetse ko Kayiranga Callixte ajya gufungirwa by’agateganyo muri gereza ya Karubanda iri i Huye mu gihe cy’iminsi 30 kubera uburemere bw’icyaha akurikiranweho cyo kunyereza umutungo wa Leta.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012, rwaburanishije urubanza rw’Umugande witwa Musinguzi Issa ushinjwa gukoresha ubutekamutwe n’amariganya akambura abantu babiri amafaranga asaga ibihumbi 500 ababeshya ko ari umuvuzi gakondo.
Urukiko rw’Ikirenga, kuri uyu wa kabiri tariki 27/03/2012, rwatangiye gusuzuma ibirego Ingabire Victoire yatanze asaba ko ingingo ya 2, 3, 4 n’irya 33 biri mu itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside ryo muri 2003 zakurwaho burundu ngo kuko zambura abantu uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo.
Mu rubanza rwa Ingabire rukomeje kuburanishwa n’urukiko, kuri uyu wa kabiri tariki 20/03/2012, Ingabire Victoire yatangiye kwemera bimwe mu bimenyetso byavuye mu Buhorandi, bigaragaza ko yagiranaga ibiganiro rwihishwa n’umutwe wa FDLR.
Ingabire Victoire yongeye kwisobanura ku byaha aregwa, aho yavuze ko mu byaha bitandatu aregwa harimo ibyo atemera nk’icy’ingangabitekerezo ya Jenoside. Yisobanuye kuri uyu wa Mbere mu gihe hari hategerejwe ko hasomwa ibimenyetso byakuwe mu Buholandi.
Urukiko rwa Gisirikare rwakatiye Sgt/Major Nzirasanabo Gilbert na Caporal Ngabonziza Ramazan gufungwa burundu no gusubiza amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 641 bafatanwe nyuma yo kwiba kwa Munsasire Celestin utuye mu gasantere ka Gihengeri mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare tariki 28/02/2012.
Umuryango wa Makombe wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero, urashinja komite nyobozi y’aka karere kudashyira mu bikorwa umwanzuro inama njyanama y’aka karere iherutse gufata ku bijyanye n’amasambu uyu muryango uburanira.
Umuryango wa Leon Mugesera uherutse koherezwa mu Rwanda n’inkiko zo mu gihugu cya Canada kubera ibyaha bya Jenoside akurikiranyweho, ukomeje gusaba Leta ya Canada kwohereza vuba indorerezi mu Rwanda mu rwego rwo kwirebera uko afashwe.
Uyu munsi, umunyamakuru wa City Radio, Aboubakar Adam, uzwi ku izina rya DJ Adams yarekuwe by’agateganyo. Umucamanza yavuze ko yubahirije icyifuzo cy’uburanira DJ Adams kubera ko Dj Adams atagoye ubucamanza mu miburanire ye.
Umugore w’imyaka 45 wo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Mukingo arasaba ubufasha kuko nyuma yo gusambanywa ku ngufu bikamuvurimo ubumuga bukomeye ataranabona indyishyi y’akababaro yatsindiye.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Bugesera bafite ikibazo ko hari ababangirije imitungo baturutse mu Burundi baburiwe irengero none bakaba bibaza uko bazishyurwa.
Umugabo ushinjwa kuba yaragize uruhare mu gutera ibisasu mu mujyi wa Kigali, Froduard Rwandanga, hamwe na bagenzi be ejo bagejejwe mu rukiko rukuru rwa Repubulika ku Kimihurura kugira ngo urubanza rwabo rusozwe. Rwandanga yemera ko yateye ibi bisasu ariko ntiyemera ko hari aho bihuriye n’iterabwoba.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 18 Ugushyingo 2011 yemeje urutonde rw’abafungwa bagera ku 1667 bemerewe gufungurwa by’agateganyo kubera ko bitwaye neza mu gihano bahawe.
Ubuholandi bwashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda ibyafashwe mu gikorwa cy’isaka cyakozwe mu rugo rwa Victoire Ingabire Umuhoza ruri i Rotterdam mu Buholandi mu kwezi k’ukuboza 2010.
Urukiko rw’ i La Haye mu gihugu cy’u Buholandi rwategetse ko ibimenyetso bikenewe mu rubanza rwa Ingabire byoherezwa mu Rwanda.
Ubwo rwongeraga gusubukuraga ku wa Kane tariki 13 Ukwakira 2011, Urukiko Rukuru rwemeje ko inzitizi abunganira Ingabire aribo Me Gatera Gashabana na Me Edward Ian bagaragaje nta shingiro zifite, bityo iburanishwa rihita rikomeza Ingabire yiregura kuko atanajuririye icyo cyemezo.