Akarere ka Burera kiyongereye mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, twiyujurije inyubako y’ibiro ajyanye n’icyerekezo.
Ubuyobozi bw’ikigo AFRINEST Engineering cyubatswe ubwato bwa Mantis Kivu Queen uBuranga buherutse gukora impanuka mu mazi mu Karere ka Nyamasheke, bwatangaje ko bwari bufite ikoranabuhanga ribufasha kureba mu mazi ndetse bukaba bwabererekera ibuye bwagonze.
Ku wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024, hirya no hino mu Midugudu yo mu Rwanda, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bamurikiwe ibyo Umuryango wagezeho muri manda y’imyaka irindwi ishize, uba n’umwanya wo gusobanurirwa imyiteguro y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024 yageze muri Sénégal mu ruzinduko rw’akazi, aho ku kibuga cy’indege cya Léopold Sédar Senghor de Yoff yakiriwe na mugenzi we Bassirou Diomaye Faye na bamwe mu bagize Guverinoma.
Urwego rushinzwe kugenzura ihame ry’Uburinganire bw’Abagore n’Abagabo mu Iterambere ry’Igihugu (GMO) hamwe n’Urugaga rw’Ubikorera mu Rwanda (PSF), ku bufatanye n’izindi nzego zirimo imiryango mpuzamahanga, batanze ibirango by’ishimwe ku bigo bya Leta n’iby’abikorera birusha ibindi kwita ku buringanire n’ubwuzuzanye (...)
Cesaria Nyiramafayida w’imyaka 84 y’amavuko wo mu Murenge wa Munyiginya Akarere ka Rwamagana aragira inama abahabwa inkunga y’ingoboka kuyibyaza umusaruro bagana amatsinda yo kubitsa no kugurizanya aho kuyashora mu bindi bitabafasha kwiteza imbere nk’uko uyabaha abyifuza.
Iteganyagihe rya Gicurasi ryatangajwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) riragaragaza ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi hateganyijwe ko imvura izagabanuka ugereranyije n’isanzwe igwa.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Musanze, ku bufatanye n’inzego bwite za Leta batangije ukwezi kwahariwe kurandura igwingira mu abana bato, kimwe mu bibazo by’urusobe byugarije imibereho myiza y’abaturage Karere ka Musanze.
Hagamijwe guha umurongo n’icyerekezo ubucuruzi bw’ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), ku bufatanye n’inzego z’umutekano bakomeje gukora ubugenzuzi hirya no hino mu Gihugu bakangurira (...)
Ni igikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, ku ya 6 Gicurasi 2024, mu gutangira imirimo yo gushyira kaburimbo iciriritse mu muhanda uturuka i Karama/ateliye ukagera ku isoko ryo mu Rwanza, mu Karere ka Gisagara.
Mu mwaka ushize wa 2023, ni bwo Ufitese Assia wo mu Murenge wa Kigarama w’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali yatewe inda, agisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa zaturutse mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Budage, baganira ku bibazo byugarije Isi birimo icy’abimukira ndetse n’ubufatanye busanzweho hagati y’u Rwanda n’u Budage.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwamurikiwe urubuga rwa interineti rwa "CyberRwanda" ruzajya rukuraho amakuru arufasha mu kwirinda inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.
Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’umutungo wa Leta (PAC), ntiyemeranya n’ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, ku gihe yemeza ko inyubako izakoreramo Ishami ry’ubuvuzi bw’amatungo izaba yarangiye.
Abaturage bo mu Murenge wa Mbuye barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe ku mugezi w’Ururumanza, kikaba gihuza Akagari ka Mwendo na Gisanga, kizabarinda kongera gutwarwa n’amazi.
Intama ikomeje kuba imari ishyushye ku baturage batuye mu Karere ka Nyabihu aho buri wa Kabiri na buri wa Kane w’icyumweru, ku isoko ry’amatungo magufi rya Mukamira muri aka Karere usanga haba hashyushye, ari urunyuranyurane rw’amatungo magufi (cyane cyane Intama), aho abacuruzi baba baje kurangura izo bajyana hirya no (...)
Ibitare bya Mashyiga biherereye mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Kamonyi, Umurenge wa Karama, Akagari ka Bitare, Umudugudu wa Kokobe. Ni agace kahoze kitwa Gishubi (Rukoma). Ni ibitare byinshi binogeye ijisho, bimwe biteretse hejuru y’ibindi nk’ibiri ku mashyiga, ari na ho hakomotse iyo nyito ngo ni Ibitare bya Mashyiga.
Ubuyobozi bw’Ikigega Gitera Inkunga Imishinga y’Iterambere (BDF) bwananiwe gukoresha amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 800 yari kugirira Abanyarwanda akamaro bahitamo kuyasubiza.
Mu Karere ka Bugesera hari abaturage mu myaka ishize bakunze kugaragaza ko kuba ako Karere kadafite igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemewe, byadindije imishinga yabo, bituma n’iterambere ry’Umujyi wa Nyamata ritihuta, kubera ko hari ibyo batemererwaga gukora kuko babwirwaga ko icyateganyirijwe ubutaka (...)
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), bwasabwe ibisobanuro ku modoka baguriye rwiyemezamirimo kandi nyamara mu masezerano hagaragaramo ko bagombaga kuyimukodeshereza.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo baturutse mu ishami ry’ubucuruzi rya Kaminuza ya Harvard iherereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nsanzabaganwa Straton, yitabye Imana ku myaka 79 y’amavuko aguye mu bitaro bya Kanombe azize indwara yo guturika kw’imitsi y’ubwonko izwi nka ‘stroke’. Abamuzi bamushimira ko asize umurage mwiza ujyana n’umusanzu ukomeye yatanze mu bijyanye no kubungabunga ururimi rw’Ikinyarwanda, umuco ndetse n’amateka.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ngororero, JADF Isangano, baratangaza ko biyemeje kurandura igwingira mu bana, barushaho kwigisha abaturage kuko ibyo kurya byo bihari.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (Rwanbatt-12) ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zambitswe imidari y’ishimwe ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa zikora mu kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, tariki 16 Mata na tariki 6 Gicurasi 2024 rwataye muri yombi abantu batandatu bakurikiranyweho icyaha cyo gushyira ahagaragara no ku mbuga nkoranyambaga ibiteye isoni.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bugiye gutangira gahunda yo gutunganya ahantu harindwi hasanzwe imyubakire y’akajagari, mu rwego rwo gufasha abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga gutura neza.
Habimana Alfred wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke ni we watorewe kuba Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.
Abenshi mu bitabiriye imikino ya nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, aherutse kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku itariki 04-06 Gicurasi 2024, babonye umukecuru wakiniraga ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rulindo mu bagore, mu mukino wa Basketball.
Muri Afurika y’Epfo, abantu batanu bapfuye abandi bagera kuri 50 bo bari baheze munsi y’ibikuta by’inyubako y’umuturirwa igeretse gatanu, yasenyutse ikirimo kubakwa mu Mujyi wa George, mu Ntara ya Western Cape, impamvu y’uko gusenyuka ikaba itahise imenyekana.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ingo Mbonezamikurire zirenga ibihumbi bibiri zikora nyamara zitarakorewe ubugenzuzi.