Abakobwa bize babifashijwemo na FAWE Rwanda baravuga ko ubwo bufasha hari ahantu habi bwabavanye bukabageza ku ntera ishimishije, ndetse bakaba bafite intego yo kugera kure hashoboka. Ibyo kandi ngo ntibizabagirira akamaro bonyine, ahubwo barizeza ko na bo biteguye gufasha abandi mu rugendo rwabo rw’iterambere.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda byatangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022, ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Dr Didas Kayihura Muganga ku buyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda.
Nyuma y’aho bitabiriye inama y’ababyeyi bamwe muri bo bakanyagirwa, biyemeje kubakira inzu mberabyombi ishuri ryisumbuye rya Stella Matutina rirererwamo abana babo nk’ikimenyetso cyo kwibohora byuzuye.
Umwaka w’ingengo y’imari 2021/2022 ugiye gusiga abaturage bakuze 3,438 bigishijwe gusoma, kubara no kwandika hagamijwe ko mu mwaka wa 2024 abaturage bose guhera ku myaka 10 kuzamura bazaba bazi gusoma, kubara no kwandika.
Imfungwa n’abagororwa 603 bafungiye muri Gereza eshanu zo mu gihugu bahawe impamyabushobozi z’icyiciro cya mbere (Level 1), mu bijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET).
Urubyiruko ruratangaza ko rwishimira amahirwe atandukanye ruhabwa na Leta y’u Rwanda, arimo no kumenya byinshi ku nama ihuza Abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, izwi nka CHOGM.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, akomeje gushishikariza ababyeyi kugira uruhare mu kugaburira abana ku ishuri, aho abibutsa ko udafite ubushobozi bw’amafaranga yemerewe kuzana n’ibiribwa, udafite byose akaba yajya no gukora imirimo inyuranye ku ishuri.
Ku wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022, mu Mujyi wa Kigali muri Car Free zone (Imbuga City Walk), habereye imurika ry’inkuru zishushanyije hagamijwe gukundisha abantu umuco wo gusoma, ndetse abafite impano barimo n’abana bashishikarizwa kwandika inkuru zishushanyije, kuko zitambutsa ubutumwa neza kandi zitarambira abasomyi.
Muri IPRC-Tumba hatangijwe inyubako z’amashuri zizatwara miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, ku nkunga ya Leta y’u Bufaransa mu rwego rwo gutangiza ishami rya Mechatronics ryitezweho kongerera ubumenyi bwo mu nganda abiga mu Rwanda.
Caritas ya Butare yagabanyije umubare w’abana yarihiraga mu mashuri bigamo badataha, ahubwo itangira gutanga ay’ifunguro ryo ku ishuri ku biga bataha, b’abakene.
Abarimu bo mu bigo by’amashuri atandukanye barahamya ko kugira ngo biteze imbere no guhanga udushya bisaba ko bo ubwabo bishyiramo ubushake n’umuhate ngo babigereho.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero aratangaza ko ibaruwa yagaragaye icicikana ku mbuga nkoranyambaga yirukana umwarimu witwa Hakizamungu Celestin wari waroherejwe kwigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Mahembe yakozwemo amakosa, ariko ifite ishingiro.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Leta y’Ubumwe bw’abanyarwanda yashyize ingufu mu kongera umubare w’amashuri n’uw’abanyeshuri mu byiciro byose uhereye ku mashuri y’incuke ukageza muri Kaminuza. Ibi kandi byari ngombwa cyane kuko igihugu cyari kimaze kubura Abanyarwanda benshi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, (...)
Bamwe mu barimu bakoranye na koperative Umwalimu SACCO barishimira ko yabafashije kwiteza imbere kuko n’ubwo umushahara babona udahagije ariko kandi ngo bageze ku rwego rushimishije.
Bamwe mu barimu bigisha mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Rulindo, baratangaza ko kuba bagiye kumara umwaka batishyuwe amafaranga y’ibirarane by’imishahara yo muri Mutarama na Gashyantare 2021, bikomeje kubashyira mu gihirahiro, bibaza niba bazayabona cyangwa bazayahomba burundu.
Abarimu 30 baturutse mu mashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET) mu turere twose tw’Igihugu, basoje amahugurwa ku ikoranabuhanga mpuzamahanga rya mudasobwa, baravuga ko bagiye gukora impinduka zigaragara mu guhugura abandi kugira ngo ikoranabuhanga mu mashuri rirusheho gutanga umusaruro.
Itsinda rigizwe n’abantu 10, bize ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyabirehe giherereye mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, barihuje bakora umushinga witwa IESI (Ireme Education for Social Impact), mu rwego rwo gufasha barumuna babo biga kuri icyo kigo cyabareze kikabaha intangiriro y’ubumenyi bahereyeho kugeza ubwo (...)
Mu marushanwa yateguwe na Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ibinyujije mu Ntebe y’Inteko y’umuco, yitabiriwe n’ibigo by’amashuri yisumbuye binyuranye hirya no hino mu gihugu aho abahize abandi bashyikirijwe ibihembo.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye muri Wisdom School witwa Ufitinema Uwase Gisèle, avuga ko ubumenyingiro amaze kunguka bumuhesha ubushobozi bwo guhatana na Rwiyemezamirimo Sina Gerard (Nyirangarama) mu myaka iri imbere.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD), ishami ryayo rishinzwe inguzanyo z’abanyeshuri, yageneye abanyeshuri bigira ku nguzanyo ya Leta itangazo ribasobanurira imitangire ya Buruse n’imikoreshereze yayo.
Abanyeshuri bo mu mashuri y’inshuke n’amashuri yo mu myaka itatu ibanza mu mashuri abanza bemerewe gusubira ku ishuri tariki ya 18 Mutarama 2021, ndetse abarimu bakorera ibigo bya Leta bahawe amabaruwa abinjiza mu kazi, basabwe kwiyandikisha ku turere bagashakirwa uburyo bagera ku kazi, ariko hari abarimu bigisha mu (...)
Ambasaderi w’Igihugu cya Turkiya mu Rwanda yiteze kubona umubare munini w’Abanyarwanda bajya kwiga muri icyo gihugu binyuze muri gahunda yitwa ‘Türkiye Scholarships Program’.
Mu Rwanda haherutse gushyirwaho ikigo gishinzwe iby’ibizamini by’amashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’ubugenzuzi bw’ayo mashuri cyiswe NESA (National Examination and School Inspection Authority), bikaba byakorwaga n’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB).
Ubusanzwe abarimu bo mu mashuri y’incuke ya Leta bahembwaga ari uko ababyeyi b’abana bakusanyije amafaranga y’umushahara ariko ngo hari ubwo byagoranaga umwarimu akamara amezi nk’atatu adahembwa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) imaze iminsi mu gikorwa cyo gushaka abarimu bashya benshi kuko n’ibyumba by’amashuri byiyongereye, bikaba byaratumye ingengo y’imari ijya mu mishahara y’abarimu izamukaho miliyari 39 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bishimira kuba ibyumba by’amashuri biri kuzura bikanatahwa, bakibutsa abayobozi ko hanakenewe abarimu bazabyigishamo kandi babifitiye ubumenyi, kugira ngo ireme ry’uburezi ryiyongere.
Abarerera ku ishuri ribanza rya Gashangiro ya kabiri (Gashangiro II) riri mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bavuga ko batishimiye uko ubuyobozi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe cyo kuhongera ibyumba by’amashuri bari bitezeho kugabanya ubucucike bw’abana.
Niba hari ikintu gitera amatsiko ku banyeshuri ndetse n’ababyeyi, ni ukubona amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n’icyiciro rusange(tronc-commun).Uko ni nako byagenze mu mwaka wa 2019, amanota y’ibizamini bya Leta yarasohotse,abanyeshuri bari batsinze neza bahembwe za mudasobwa, kandi bari (...)
Abagize Diaspora Nyarwanda yo mu gihugu cy’u Budage barashimirwa uruhare rwabo mu gushyigikira ireme ry’uburezi, binyuze mu kongera umubare w’ibyumba by’amashuri mu Turere twa Nyabihu na Musanze.
Leta y’u Rwanda yemeye kwishyura abarimu bigisha mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro, ibirarane by’imishahara hariho n’inyongera ya 10% batahawe kuva mu kwezi kwa Nyakanga 2020.