Valeria Kanakuze yahoraga yicuza icyatumye atarakandagiye mu ishuri kugira ngo asohoze inzozi yakuranye zo kuba umuganga cyangwa umwarimu.
Mu gihe integanyanyigisho mu burezi bw’abana b’incuke yari mu Kinyarwanda gusa, kuri ubu hamaze gusohoka indi nteganyanyigisho iri mu rurimi rw’Icyongereza, izafasha abiga ku buryo mpuzamahanga, abashakashatsi n’abaterankunga mu bijyanye n’uburezi.
Abanyeshuri bo mu Kagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha barishimira ko batazongera gukora urugendo rurerue n’amaguru bajya kwiga.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’u Rwanda cy’igororamuco butangaza ko ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kigiye gutangira kubakwa bidatinze.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Rambura Filles, barahamya ko baciye ukubiri no kunywa amazi mabi kuko bashyikirijwe na Ecobank ikigega kizajya kiyayungurura bagahita bayanywa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye yagaragaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2018.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kibungo izwi nka UNIK, iherereye mu Karere ka Ngoma butangaza ko uko imyaka igenda ishira abanyeshuri bayigamo bagenda bagabanuka.
Abanyeshuri barangije kwiga ubukanishi mu ishuri ryigenga rya EMVTC Remera muri Gasabo bemeza ko butanga akazi gahoraho kandi kinjiza amafaranga vuba.
Umuryango SOS Rwanda, utangaza ko mu bihano ababyeyi n’abarezi bahanisha abana, harimo ibigaragaramo kubahohotera no kubabuza uburenganzira.
Mu mwaka wa 2011, Kayitesi Immaculée wari ufite imyaka 48 y’amavuko yongeye gusubira ku ntebe y’ishuri kugira ngo abashe kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) irasabwa kongera ingufu mw’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu myigishirize cyane ko ari cyo cyerekezo igihugu gishaka.
Harindintwari Claude warangije amashuri y’ubumenyingiro mu ishuri rya VTC Gacuriro, avuga ko mu gihe cy’umwaka umwe amaze akora yinjije Miliyoni 15Frw.
Abanyeshuri biga Farumasi muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko bagorwa no kubona aho bimenyerereza umwuga kuko nta nganda zikora imiti zihari.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ivuga ko umubare w’abanyeshuri ugenda wiyongera uko imyaka igenda ishira, kubera ingamba zitandukanye guverinoma igenda ishyiraho.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya New Vision ry’i Huye bwiyemeje gushyiraho umuganga uzajya avurira abana ku ishuri, kuko ngo hari abana barwara ntibitabweho batashye.
Kaminuza y’Abadivantiste y’Afurika yo hagati (The Adventist University of Central Africa/ AUCA) yadohoye amabwiriza akarishye y’imyambire ku bakobwa ariko basabwa kwambara bakikwiza.
Abana bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare bishimira kuba bahabwa amasomo nk’abandi none bakaba bari no gukora ibizamini bisoza amashuri abanza.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi yanze ibyifuzo by’abanyeshuri biga muri Kaminuza zigenga basaba ko na bo bajya bahabwa inguzanyo ya Buruse.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Bamwe mu biga imyuga y’ubumenyingiro n’abayobozi b’amashuri, baratunga agatoki abikorera banga kwakira abarangije kwiga ngo babafashe kwimenyereza umwuga “internship”.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi,umubare wa Kaminuza, wavuye kuri kaminuza imwe, ubu zigeze kuri 32. Izo kaminuza zikaba zaragize uruhare rukomeye mu kuzamura umubare w’Abanyarwanda bakandagiye muri Kaminuza.
Umuyobozi wa Christian University of Rwanda (CUR), DR. Habumuremye Damien, aravuga ko gufungwa kwa za kaminuza,kwabayeho mu minsi ishize, ba nyirazo ari bo babifitemo uruhare.
Chinese Academy of Sciences yashyikirije Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste UNILAK impano y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya Collège St Bernard riherereye i Kansi mu Karere ka Gisagara batangiye gutekereza kwihangira imirimo bagendeye ku masomo biga.
Kaminuza yigenga yigisha iby’ikoranabuhanga (STES Rwanda) iherereye mu Murenge wa Kagarama muri Kicukiro yafunzwe burundu kubera kutuzuza ibyo yasabwe.
Abanyeshuri 126 basoje amasomo yabo mu bijyanye n’imyubakire mu ishuri rya St Joseph i Nyamirambo baravuga ko biteguye guteza imbere umwuga w’ubwubatsi ukigaragaramo akajagari.
Abanyeshuri bashya 1400 batangiye kwiga muri kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK), basabwe kudatatira umuco Nyarwanda ngo bakururwe n’indi mico yatuma batakaza indangagaciro.
Nshuti Allegra ufite imyaka 14 ni umwe mu banyeshuri batanu batsindiye kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa yo kwandika inkuru azabera muri Tanzania.
Ababyeyi bo muri Nyagatare babuza abana kujya ku ishuri bagiye guhagurukirwa ku buryo uzafatwa azajya acibwa amande kandi asubize umwana ku ishuri.
Perezida Paul Kagame, yifashishije ingero zifatika, yasobanuye ko ubuyobozi bwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bwatoranyaga uwiga n’utiga.