Kuva mu kwezi kwa Kamena kugera muri Nzeri uyu mwaka, hari abakiriya ba Banki y’Abaturage (BPR) barimo guhabwa ibihembo by’amafaranga, telefone, televiziyo, imashini yuhirira imyaka, ibyuma bikonjesha, amagare n’ibindi.
Mu gihe banki ya Kigali yizihiza imyaka 50 ishinzwe, bamwe mu bayigana baratangaza ko banyurwa n’uburyo bakirwa ndetse no koroherezwa kubona inguzanyo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyashyizeho amabwiriza mashya agamije kuzamura imitungo no kunoza imikoranire mu makoperative y’abamotari.
Abaturage bo mu Murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana bitabiriye amatsinda yo kwizigama, baravuga ko batangiye bazigama igiceri k’ijana kikabafasha kubona inguzanyo isaga miriyoni.
Ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu karere ka Kamonyi ku bufatanye n’ababyeyi barahamagarirwa gutoza abana kuzigama, babateganyiriza ejo heza.
Ayinkamiye Emerence umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, aributsa ababyeyi ko gutoza abana kwizigamira, ari ukubagabanyiriza ibibazo bashobora guhura nabyo imbere.
Abaturage b’amikoro make bo muri Gasabo barakangurirwa kwizigamira binyujijwe muri gahunda yiswe “Igiceri Program”, kuko abayitabiriye hari ibyo itangiye kubagezaho.
Imibare igaragaza ko abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru bakiri inyuma mu kugana ibigo by’imari, bitewe n’uko abagabo bakibafatirai byemezo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi muri uyu mwaka bwerekanye ko 91% bya’abatuye Intara y’Amajyaruguru bakorana n’ibigo by’imari.
Abatuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bahinduye imibereho yabo babikesha kujya mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.
Abaturage bo mu Murenge Shyara mu Bugesera ntibishimiye serivisi bahabwa n’Umurenge SACCO yabo, mu gihe baje kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Mwogo mu Bugesera, baravuga ko imishinga yabo irimo kudindira kubera amafaranga yatwawe n’umukozi w’umurenge.
Banki yabaturage (BPR) yakemuye ikibazo cy’abakiriya baburaga amafaranga y’ingunzanyo nini, kuko ubu ifite amafaranga ahagije yo guatanga inguzanyi zose ku bakiriya bayo.
Abaturage bakorana n’ibigo by’imali iciriritse bifuza ko bagabanyirizwa inyungu bakwa ku nguzanyo kuko ngo babona ziri hejuru bikabagora kwishyura.
Abatuye umurenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma baravuga ko kwegerwa n’umurenge SACCO byatumye bigishwa babasha gutinyuka inguzanyo biteza imbere.
Abatuye mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kwegerezwa SACCO byabakijije itike ya 3000Frw bategeshaga bajya kubitsa.
Abacungamutungo b’ibigo by’imari biciriritse imirenge Sacco byo mu Karere ka Rusizi baranengwa kudatanga amakuru y’ibibazo biri muri ibi bigo by’imari.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko igiye gushora imali mu bwishingizi ihereye ku rwunguko yagize umwaka ushize, abanyamigabane bayo bakomeze kunguka.
Sosiyete yo mu Rwanda MobiCash yagiranye amasezerano y’imikoranire mu kugeza uburyo bw’ihererekanyaafanga kuri telefone muri Afurika y’Epfo, biturutse ku Nama ya World Economic Forum yateraniraga i Kigali.
Abanyamuryango ba Koperative ZIGAMA CSS, basabye inama nkuru y’ubuyobozi y’iyi koperative ko bagabanyirizwa inyungu ku nguzanyo bahabwa n’iyi koperative.
Imirenge ya Sacco yo mu Karere ka Rusizi ishobora gufunga imiryango bitewe no kutagenzura no kudafata ibyemezo kw’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge.
Ubuyobozi bwa Atlasmara bwaguze Banki y’Abaturage n’igice cya banki y’iterambere BRD butangaza ko bagiye gufasha ishomari n’imishinga mito mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (NCCR) butegereje raporo igaragaza umubare w’amakoperative ya baringa mu Rwanda, igomba gutangwa n’Ikigo gishinzwe amakoperative (RCA).
Banki ya COGEBANQUE yafunguye ishami rya 23 mu Karere ka Ruhango, itangaza ko ifite gahunda yo guhanga n’ikibazo cy’abatobona inguzanyo.
Guhera Ku wa 29 Werurwe 2016, ikigo cy’imari icirirtse “CAF Isonga” cyafunze imiryango mu mashami yacyo ane mu Karere ka Ruhango na Muhanga.
Bamwe mu bagore bagize amatsinda yo kubitsa no kugurizanya mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko abagabo batakibahohotera babaziza aya matsinda.
Abamotari bibumbiye muri koperative COTAMOTEKA mu Murenge wa Rubengera bavuga ko batangiye kubona ibyiza bya koperative kuko bagiye kugurizwa moto.
Cooperative zo kubitsa no kuguriza amafaranga mu Rwanda zizwi nk’Imirenge sa SACCO zigiye kwinjira mu ihererekanya mafaranga ryifashisha ikoranabuhanga.
Kutamenya amategeko agenga amakoperative n’uburenganzira bwa buri munyamuryango biri bikunze gutuma amwe mu makoperative adakora neza.
Ikigo gishinzwe iby’Imari n’imigabane (Rwanda Capital Market Authority, CMA) kirasaba urubyiruko gutangira kwizigamira hakiri mu kwiteza imbere no kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.