Abamotari ba sosiyeti itwara abagenzi kuri moto SOTRAMORWA baribaza uko bazakomeza gukora n’aho bazabariza imisanzu bayitanzemo, nyuma y’aho ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), gishyiriye ahagaragara itangazo rihagarika amwe mu masosiyeti atwara abagenzi kuri moto harimo n’iyi irimo kubera (...)
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu karere ka Nyamagabe ruributswa kugira umuco wo kuzigama muri bike rufite ngo kuko umuntu atazigama ari uko arenzwe, ahubwo umuntu akwiye kuzigama mbere na mbere, akabona kwinezeza hanyuma.
Abaturage b’i Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana baravuga ko koperative yabo yo kubitsa no kugurizanya (SACCO Fumbwe) ishobora kugwa mu gihombo bitewe n’uko Perezida wa SACCO akingira ikibaba umucungamari wayo w’umukobwa.
Abarimu bo ku ishuri Ste Mary’s High School Kiruhura bavuga ko batishimira guhatirwa kujya muri Koperative Umwarimu Sacco, ahubwo ko bakwiye kurekerwa uburenganzira bwo guhitamo kujya muri iyi koperative bitewe n’ibyiza bayibonamo.
Abarimu batandukanye bo mu Karere ka Gatsibo baranenga imikorere y’Umwarimu SACCO, ishami ryo mu Murenge wa Kabarore ari naryo rikuru muri aka Karere kubera serivisi ibaha bavuga ko ari mbi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amakoperative RCA (Rwanda Cooperative Agency) cyateguye amahugurwa agamije gusobanurira abayobozi ba SACCO amategeko agenga umukozi ku murimo mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’ibyemezo bifatwa hadakurikijwe amategeko.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda gusesagura mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani ahubwo bakibuka kuzigamira n’igihe kiri imbere.
Inzego zitandukanye za Leta n’iz’abikorera, zashyize hamwe kuri uyu wa gatatu tariki 18/12/2013, mu gutangiza ubukangurambaga busaba Abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira servisi z’imari n’ubwizigame.
Ikigo cy’ubwishingizi cy’abanya-Kenya UAP, cyatangiye guhugura abantu benshi bazakorana nacyo, bakagifasha kuzamura umubare w’abafata ubwishingizi mu Rwanda, ngo bakiri ku kigero gito cya 2.3%.
Ikigo mpuzamahanga cya Visa giteza imbere kwishyurana hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, cyatangaje ko cyishimiye icyemezo banki zikorera mu Rwanda ari zo Banki ya Kigali (BK), Urwego OB, I&M Bank (BCR), KCB na Equity Bank, zose ziyemeje gucuruza ikoranabuhanga rya mVisa guhera mu mwaka utaha wa 2014.
Abayobozi b’inama z’ubutegetsi za SACCO bateza igihombo ibyo bigo kubera ibyemezo bafatira abakozi binyuranyije n’itegeko rigenga umurimo bigatuma bajyanwa mu nkiko bikarangira biciwe indishyi.
Nyuma y’ubujura bukomeje kwibasira SACCO z’Akarere ka Gakenke bukorwa n’abakozi bazo, abandi bakozi babiri ba SACCO-Girintego y’Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke bahagaritswe ku kazi nyuma yo gutahura ko bakoze ubujura.
Mu rwego rwo gufasha za SACCO z’imirenge itandukanye yo mu turere twa Ngororero, Karongi, Kamonyi, Ruhango na Muhanga ikorana na banki ya KCB, iyo banki ikomeje gufasha abayozozi b’izo SACCO kwita ku kunoza imikorere, cyane cyane mugucunga neza umutungo w’abakiriya.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Intumwa zo muri Togo ziri mu Rwanda, ziravuga ko imikorere ya Mwalimu SACCO ikwiye kubabera urugero, kuko hari byinshi imaze kugezaho umwalimu wo mu Rwanda, haba ku giti cyabo ndetse no ku buzima bw’igihugu.
Mu gihe Leta yashyizeho imirenge SACCO nk’ibigo by’imari ngo bijye bifasha abaturage mu kuzamura ubukungu bwabo, ahatari hake mu gihugu hakomeje kugaragara ubujura bw’ibi bigo by’imari iciriritse.
Abanyamuryango b’Umurenge SACCO Icyerekezo Rusebeya bishimira iterambere bamaze kugeraho nyuma yo kugana icyo kigo cy’imari cyonyine kiboneka mu murenge wa Rusebeya, bakabasha kubitsa no guhabwa inguzanyo bakayashora mu bikorwa bitandukanye bibateza imbere.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), James Gatera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18/10/2013 yaganiriye n’abakiliya b’iyi Banki bo mu karere ka Nyamasheke ndetse asura n’imishinga itandukanye ishyirwa mu bikorwa ku mafaranga ya banki.
Banki Nkuru y’igihugu, ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative, akarere ka Karongi ndetse na koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu (COOTHEGIM) bananiwe kumvikana ku ishyirwaho rya koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abo bahinzi ngo kuko byasenya umurenge SACCO.
Abakozi b’ikigo cya Leta gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro EWSA, batangiye gahunda yo gushishikariza abaturage cyane cyane abatuye uduce tw’ibyaro tutagerwamo umuriro kwitabira gukoresha ibyiza bikomoka ku mirasire y’izuba.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rda, busanga ibibazo bikigaragara muri ibi bigo, bisaba imbaraga, nubwo ngo hari intambwe imaze guterwa. Ubwo hatorwaga komite nyobozi nshya yasimburaga icyuye igihe kuri uyu wa Gatanu tariki 11/10/2013, hatangajwe ko hari ibigomba kuzitabwaho, cyokora ngo bikaba (...)
Banki ya Kigali ishami rya Nyanza iratangaza ko kuva mu minsi mike ishize yegereje abakiriya bayo bo mu karere ka Nyanza uburyo bushya bwo kubitsa no kubikuza hifashishijwe telefoni igendanwa.
Abanyeshuri 46 bo mu kigo cy’amashuri cya GS. Kibungo A bafungurijwe konti zahawe izina rya “Mbikira” mu kigo cy’imari iciriritse RIM Ltd ikaba igamije ko abana bose bari munsi y’imyaka 21 bafungurizwa konti maze bagatangira kuzigamirwa.
Umuryango CARE International usanzwe ukorera mu turere dutadukanye tw’u Rwanda ugiye gutangiza gahunda “Access to Finance Rwanda” ibinyujije muri gahunda yise Volontary Saving and Loan Scale Up, hakoreshejwe uburyo bwitwa “Intambwe”.
Ubuyobozi bwa Sacco Baturebereho Ruhango, burahamya ko kugeza ubu bwiteguye gutangira kubaka inyubako yabwo kugirango buve mu bukode ijye gukorera ahantu hagutse mu rwego rwo guteza imbere serivise z’abayigana.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, Rwanda Social Security Board ngo gifita gahunda inoze yo gushora amafaranga y’abanyamuryango bacyo mu mishinga yunguka kandi yizewe, kugira ngo ayo mafaranga agire uruhare mu iterambere ry’igihugu aho kuyabika ntacyo akora.
Banki ya Kigali (BK) yavuze ko yagize inyungu ya miliyari 7.3 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2013, bikaba ngo bigamije kugaragariza abayiguzemo imigabane ko batibeshye, nk’uko umuyobozi w’iyo banki, Dr James Gatera yasobanuye.
Bamwe mu bakiriya ba Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD) barifuza ko banki zajya zibaha inguzanyo zigakurikirana uko bayikoresha, kandi zikabagira inama aho gutegereza ko itariki yo kwishyura irenga kugirango baterezwe cyamunara imitungo baba baratanzeho ingwate.
Abashinzwe amakoperative mu mirenge hamwe n’abacungamitungo b’imirenge Sacco barasabwa gukora cyane kugirango abaturage babiyumvemo bityo birusheho kuzamura ubukungu n’iterambere by’abaturage.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi iremeza ko hari amakoperative agira uruhare mu gutuma bamwe mu bafashe imyenda batishyura, bitewe no kudatanga amakuru ahagije ku nguzanyo bigateza nyirugufata inguzanyo igihombo kuko aba asabwa kwishyura menshi atateganyije.