Abakozi 56 bari mu nzego za Leta mu Ntara y’Amajyaruguru bambuye Koperative Umurenge SACCO zinyuranye ngo ntibazahembwa muri uku kwezi kwa Gatanu kuko umushahara wabo uzafatirwa wishyure ku nguzanyo barimo.
Abaturage bakorana na Koperative yo kubitsa no kugurizanya (Sacco) mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza bavuga ko yababereye nk’ikiraro kibambutsa ubukene kibaganisha ku iterambere, kuko kuva batangiye gukorana na yo bagiye batera imbere ku buryo bugaragara.
Banki ya Kigali (BK) yatangarije abafatanyabikorwa bayo ko yungutse miliyari 5,3 amafaranga y’u Rwanda mu mezi atatu ya mbere ya 2015. Iyi nyungu ngo irenze kure iyabonetse mu gihembwe nk’iki umwaka ushize yanganaga na miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda.
Urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Amajyepfo, ruravuga ko mu myaka ibiri rutangije gahunda ya Saving Group, kuri ubu rumaze kwizigamira amafaranga akabakaba muri miliyoni 24.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko abaregwa gukora amakosa yo kwiha amafaranga yagenewe abakene azwi nka VIUP, batangiye kuyishyura, nyuma y’uko bigaragariye ko hari abaturage bagiye bayahabwa ariko ntibayakoreshe icyo yagenewe abandi bayozi nabo bakayiguriza.
Global Civic Sharing Rwanda, umushinga w’abanyakoreya ukorera mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, washoje amahugurwa y’iminsi itanu yari ahuriyemo abayobora ibimina by’ubwisungane mu kwivuza, amahugurwa yari agamije kuberaka uko bateza imbere ibimina bayobora.
Sositeye y’ubwishingizi ya Prime Insurance yafunguye ishami ryayo rishya mu mujyi wa Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba, ishami rije gufasha abaturage gushinganisha ibyabo no gukomeza kubashishikariza akamaro ko kugira ubwishingizi.
“W” Initiative” ni gahunda igamije gufasha abari n’abategarugori gutinyuka kwizigama, kwihangira imirimo no kwaka inguzanyo ngo babashe gukomeza kwiteza imbere no gutegura ejo hazaza heza nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru w’iyi banki mu Rwanda Jean Claude Karayenzi, mu muhango wo kuyitangiza ku mugaragaro, wabaye kuri (...)
Mu rwego rwo kwagura imikorere cyane cyane mu gutanga inguzanyo no guha serivisi abatari abanyamuryango, Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO HEZA Kamonyi, yagejeje ku banyamuryango ba yo umushinga wo guhinduka ikigo cy’imari, bahita bawemera.
Ubuyobozi bwa Cogebank bwatangaje ko abanyamigabane bayo biyemeje kongera umubare w’imigabane ku nyungu ku gishoro ungana na miliyari 7,3 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki gishoro kikaba kiyongereye ugereranyije n’imigabane ihwanye na miliyari 5,1 yari isanganywe.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe bakomeje gutaka ubukene batewe na bimwe mu bigo by’imari byafunze imiryango, ababigize baburirwa irengero na n’ubu abaturage bakaba baheze mu gihirahiro bibaza uko bazabona amafaranga yabo.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Gatera James, arakangurira abantu b’amikoro atandukanye kugana banki bagasaba inguzanyo, kugira ngo barusheho gutera imbere kuko kugira inguzanyo ya banki ubwayo atari bibi.
Banki iharanira iterambere ya Urwego Opportunity Bank (UOB) yamaze gufungura ishami rishya mu karere ka RUbavu mu ntara y’Uburengerazuba, nyuma yo kubona ko abakiriya bari bamaze kwiyongera mu kugana agashami gato kari kahasanzwe.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Koperative Umwalimu SACCO, Nzagahimana Jean Marie Vianney aravuga ko kuba umwarimu ahembwa amafaranga make bitavuze ko atagomba kwizigamira.
Ubuyobozi wa banki ya Ecobank Rwanda bwemeza ko umuntu adashobora koroherwa n’iterambere, haba irye cyangwa se iry’aho atuye igihe atizigamira, kuko umuntu adasigarana ibyo yinjiza ahubwo asigarana ibyo yizigamira bikagenda bigwira akabasha kugira icyo yimarira.
Koperative Umwalimu SACCO yatangiranye ibihombo bibarirwa muri za miliyoni 50 ariko ubu iratangaza ko ihagaze mu nyungu zibarirwa muri Miliyali.
Nyuma y’uko abagize komite ngenzuzi ba Koperative Umwalimu SACCO bagaragajeko bifuza gushyirirwaho amabwiriza yandintse agenga urwego rw’izi Komite n’abakozi b’Umwalimu SACCO, ubu aya mabwiriza azasohoka muri uku kwezi.
Bamwe mu bayobozi ba SACCO zo mu karere ka Burera batangaza ko hari bamwe baka inguzanyo muri ibyo bigo by’imari bakingingirwa kuzishyura bamwe bo ngo bakanangira ntibazishyure kandi ngo bafite ubushobozi bwo kwishyura.
Mu rwego rwo guhuza ibikorwa bya za Koperative “Umurenge SACCO” hari gutegurwa uko hazajyaho banki ya za koperative (cooperative bank) izaba ihuriweho na za SACCO ndetse n’andi makoperative.
Guverineri w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyantwali yasezeranyije koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” ko bazazifasha kwishyuza imyenda abakora mu buyobozi bw’ibanze bababereyemo.
Abagize inama rusange y’ubuyobozi bwa Koperative Umwarimu SACCO bemeza ko mu myaka itandatu iyo koperative imaze ishinzwe, ngo yatumye umushahara muke uhabwa mwalimu, ubaviramo ibikorwa bikomeye batari kugeraho batayizigamyemo.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama bemeza ko kwegerezwa koperative yo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” byabagiriye akamaro kuko mbere kubona serivise z’ibigo by’imari byabagora kuko ntabyari bibegereye.
Ubuyobozi bwa COPEC CODEMARU buratangaza ko abana bamaze kumenya akamaro ko kuzigama ndetse abasaga ibihumbi bibiri bamaze gufunguza konti muri iki kigo cy’imari bagamije kuzigamira ejo hazaza.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera bitabira amatsinda yo kwizigama no kugurizanya baragirwa inama yo gukorana n’ibigo by’imari iciriritse kugirango bibashe kugenda neza.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare mu karere ka nyagatare bavuga ko batitabira kubitsa amafaranga mu bigo by’imari kubera ko banki ari iz’abifite, abandi bo bemeza ko hari amafaranga aba ari macye kuburyo bitari ngombwa kuyajyana muri banki.
Bitewe nuko hari abaturage bambura ibigo by’imari bikagorana kubakurikirana kubera biba bigoranye kumenya imyirondoro yabo, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge igize akarere ka Karongi biyemeje gutanga ubufasha mu kwishyuza abo baturage.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare, kugana amatsinda yo kwizigama no kugurizanya byabakuye mu bukene aho babashije kwigurira amatungo magufi, bagura amamashini adoda, biga ububaji n’ibindi bikorwa bitandukanye byazamuye imibereho myiza yabo.
Abafatanyabikorwa ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) muri gahunda yiswe ‘Access to Finance Rwanda/AFR’ y’ubukangurambaga bwo kwizigamira, bashimye iyo gahunda ndetse na bamwe mu baturage bamaze kwizamura mu bukungu bitewe no kuyitabira.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye baratangaza ko kuzigama bidasaba ko umuntu aba yarenzwe. Abavuga gutya babihera ku ko babasha kwizigamira muri Koperative Umurenge Sacco yo mu murenge batuyemo nyamara urebye batagira amafaranga menshi.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), John Rwangombwa aratangaza ko kugira ngo iyo banki irusheho guha serivisi nziza ibigo by’imari ikomeje gahunda yayo yo kwegereza amashami ibigo by’imari hirya no hino mu gihugu, ibi bikazafasha korohereza imirimo amabanki y’ubucuruzi no kuyashishikariza kwegera abaturage.