Ikigo cya VISA International gicuruza ikoranabuhanga mu by’imari kirishimira uburyo abaturarwanda bitabira gukoresha ikoranabuhanga ryo kubitsa, kubikuza, kugura no kohererezanya amafaranga, hakoreshejwe ikoranabuhanga rituma umuntu ntaho ahurira n’amafaranga nk’inoti cyangwa ibiceri.
Madamu Monique Nsanzabaganwa, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, atangaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwegereza ibigo by’imari abaturage, nk’uko yabivugiye mu ntara y’Amajyepfo, kuwa Kane w’iki cyumweru.
Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.
Minisitiri w’Intebe yasabye ko Equity bank yongera umubare w’abenegihugu bayikorera hamwe n’abitabira kuzigama, hibandwa cyane cyane ku rubyiruko n’abagore mu bice by’icyaro.
Amakoperative y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Nyamagabe arasaba gufashwa kwiga imishinga yabyara inyungu kugira ngo amafaranga bagenerwa abashe kunguka bityo abafashe gutera imbere.
Abatuye umurenge wa Kiyumba biyubakiye inzu y’izajya ikoreramo umurenge Sacco yawo, iyi yarubatswe ku mafaranga yari avuye ahanini mu banyamuryango bayo, aho buri munyamuryango yatangaga amafaranga ibihumbi bine kugira ngo yubakwe.
Kabananiye Staton na Barukinaho Saidath bakomoka mu murenge wa Kazo, bahawe igihembo n’ubuyobozi bw’akarere ko bakorana neza n’umurenge SACCO wa Kazo mu karere ka Ngoma.
Western Union, isosiyete kabuhariwe mu guhererekanya amafaranga na Ecobank byatangije uburyo bushya bwo guhererekanya amafaranga kuri internet hakoreshejwe konti zo muri banki Internet Account Based Money Transfer (ABMT).
Umuyobozi wa banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR) ishami rya Rusizi, Kayiranga Kanimba Evariste, aratangaza ko iyi banki itanga inguzanyo nk’uko bisanzwe, ndetse ko yazanye ubundi buryo bwo kwiteganyiriza wunguka , no guteganyiriza abana amashuri.
Abasore n’inkumi 240 bo mu mirenge yose igize akarere ka Musanze, tariki 14/11/2012, basoje amahugurwa bamazemo amezi atatu bahugurwa ku guhindura imyumvire hagamijwe kumenya kwihangira imirimo.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), iratangaza ko mu Rwanda amabanki y’ubucuruzi n’ibigo by’imari biciriritse bihakorera bigera kuri 500, kandi bihagaze neza nta kibazo bifite, mu gihe ku isi hakomeje kuvugwa ibibazo by’ubukungu.
Gukuraho umuco wo kumva ko kwizigamira ari iby’abafite amafaranga menshi, kongera umutungo no kongera amafaranga azigamwa n’abanyamuryango ni zimwe mu ngamba zafatiwe mu nama rusange ya Zigama CSS yateranye kuri uyu wa 06/11/2012.
Ministeri y’Imari na Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), biratangaza ko umubare w’Abanyarwanda bagana inzego z’amabanki n’ibigo by’imari iciriritse umaze kugera kuri 42% ,mu gihe imibare igaragaza ko uyu mubare wanganaga na 21% mu gihe gishize.
Abaturage babitsa muri Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) barinubira ko iyo Banki imaze iminsi ibaha service mbi, ndetse hakaba n’abavuga ko itakibaha inguzanyo; ubuyobozi bw’iyi banki buvuga ko habayeho impinduka zigamije gukosora ibitagenda neza, kandi ngo amakuru amwe n’amwe usanga ari ibihuha.
Inzu y’Umurenge SACCO ya Gishubi niyo iciye agahigo mu kuzura muri aka karere, ugereranyije n’izindi zihagaragara usanga zishaje zitanahagije, kandi zisabwa kwiyubakira kuko ntankunga iteganywa mu kuzivugurura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bufatanyije n’izindi nzego bakomeje igikorwa cyo kwishyuza abantu bambuye amabanki n’ibigo by’imari biciriritse byaba ibikora n’ibitagikora kugira ngo amafaranga asubizwe ba nyirayo.
Ibigo by’imari byose bikorera mu karere ka Rusizi byahuriye hamwe byiga ku kibazo cy’abafata inguzanyo ntibubahirize amasezerano yo kwishyura bigatuma ibigo by’imari bihomba.
Akarere ka Rusizi karatangaza ko katazongera kwihanganira abantu bafata inguzanyo mu ma banki ariko banki ntibubahirize amasezerano yo kwishyura, bikaviramo byinshi muri byo guhomba.
Itorero Délivrance mu karere ka Karongi ryakoreye ubuvugizi abayoboke baryo basaga 400 muri Banki ya Kigali kugira ngo babashe guhabwa inguzanyo yo kwikenura.
Abanyamuryango ba Sacco “Abahizi Dukire” ya Mwendo bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyi Sacco, bashoboye kwiyubakira inyubako bazajya abakoreramo ifite agaciro k’amafaranga angana miliyoni 25 n’ibihumbi 536, aho abanyamuryango batanze angana na miliyoni 15.
Ubuyobozi bwa banki ya FinaBank bwemereye imiryango itangengwa na Leta kandi idaharanira inyungu z’amafaranga (NGOs), kuzajya zihabwa serivisi ziciriritse kurenza ibindi bigo, birimo gukuraho amafaranga babacaga iyo habaga hari ayo binjije mu Rwanda.
Nyuma yuko hagiyeho komite nyobozi eshanu zose zinyereza umutungo wa koperative “AMIZERO” y’abanyonzi ba Kibungo mu karere ka Ngoma, abanyamuryango b’iyi koperative bahisemo guhindura izina kubera amateka mabi yayiranze.
Imirenge SACCO yose yo mu karere ka Rulindo ngo ifite gahunda yo guteza imbere akarere kayo mu rwego rwo kugafasha guhigura imihigo aka karere kahize ya 2012-2013.
Abaturarwanda barakangurirwa kwitabira gukoresha uburyo bwa Visa Card, bufasha umuntu kwishyura akoresheje ikarita atiriwe agendana amafaranga. Bigaragara ko ubu buryo bukiri bushya kuri benshi bataramenyera imikorere y’ikoranabuhanga.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Gatera James, yasuye abakiriya b’ishami ryayo rya Nyamasheke kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012, mu rwego rwo kuganira nabo no kungurana ibitekerezo.
Binyuze ku rubuga rwa twitter, kuva saa kumi zo kuri uyu wa kabiri, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) ifatanije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Amakoperative (RCA) baratanga ibisobanuro ku bafite ibibazo ku mikorere y’amakoperative na SACCO mu Rwanda.
Abayobozi b’imirenge SACCO igize akarere ka Gatsibo barahamagarirwa kubaka inzu zo gukoreramo kugira ngo mu ntangiriro z’umwaka wa 2013 bazabe bavuye mu nzu z’inkodeshanyo n’intizanyo.
Ikigo cy’imari iciriritse, Duterimbere IMF Ltd, cyafunguye ishami rya cyo mu karere ka Rusizi na Nyamasheke tariki 21/07/2012.
Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zo guhangana n’abantu bose bafite ibikorwa byo kwiharira no gusahura imitungo ya za koperative, mu gihe n’ubwo inyinshi zikomeje guteza imbere ba nyirazo hari izikirangwamo imicungire mibi y’imitungo bihombya abanyamuryango.
Kwizigamira biguha icyizere ko witeguye guhangana n’ibyo utateganyije nko kwibwa, inkongi y’umuriro cyangwa impanuka. Ibyo ni ibikubiye mu butumwa isosiyete ya Legacy XP igenda itanga ku baturage ibakangurira umuco wo kwizigamira.