Green houses 24 z’abatubuzi ubwabo mu Rwanda zabashije gukemura ikibazo cy’imbuto nziza y’ibirayi ziva kuri 2% zabonekaga zigera kuri 25%.
Abafashamyumvire bo mu Karere ka Gicumbi babinyujije mu ishuri ryo mu murima, bafashije abahinzi b’icyayi kongera umusaruro bibafasha kwiteza imbere.
Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Abahinzi bakivanga imyaka mu murima barasabwa kubireka kuko bidatanga umusaruro ku muhinzi, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
Ndengabaganizi Ephrem, uhinga kawa mu mirenge ya Murama, Mutenderi na Remera y’Akarere ka Ngoma, avuga ko ubu buhinzi bwamuteje imbere kandi bugaha akazi abakozi 30 buri munsi.
Maniragaba Jean Pierre, utuye mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera afasha abaturage kubona imbuto z’insina kuko afite uburyo bwo kuzitubura.
Mu Rwanda, ubuhinzi bw’indabo ntiburitabirwa cyane ariko ababushoyemo imari bahamya ko iyo bukozwe neza bubinjiriza amafaranga bakazamura imibereho yabo.
Abahizi ba kawa bo mu murenge wa Remera, ntibishimiye igiciro bahabwa ku ikawa n’imiti batera mu ikawa ngo ikaba idahagije.
Abahinzi b’urutoki mu Karere ka Karongi barasabwa kubahiriza gahunda yashyizweho y’uko urutoki rwabo rugomba kuba rurimo 50% by’ubwoko bwa Fia ku buso bahinze.
Mu karere ka Rulindo hatashywe umushinga w’ubuhinzi butandukanye wifashisha ikoranabuhanga mu buhinzi bwa kijyambere buzwi nka Green House.
Bamwe mu bahinzi ba kawa mu Karere ka Ngoma barinubira ko batabona umuti wo gutera imyaka ikaba ishize ari itatu.
Bamwe mu baturage bahinga ibihumyo mu karere ka Nyaruguru, bavuga ko ari bwo buhinzi bworoshye kurusha ubundi bwose bubaho.
Abanyamuryango ba koperative Umubano ikoresha ikusanyirizo ry’amata mu murenge wa Nyange bavuga ko kubura amata bitumye imashini zimara imyaka 3 zidakora.
Mu gihe bavuga ko ubukire bafite babukesha kawa, abasaza mu karere ka Ngoma bavuga ko baterwa ishavu n’uko urubyiruko rutari kwitabira gutera kawa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) irateganya gushyiraho urubuga (Forum) ruzajya rugira inama abahinzi kugira ngo hanozwe servisi bahabwa.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuhinzi muri IPRC-South, bikorera umuti urwanya ibyonnyi mu myaka bifashishije ibyatsi biboneka mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyoherezwa hanze biva ku buhinzi(NAEB), cyafatiriye Toni 10 za kawa tariki 16/11/2015, zari zijyanywe muri Uganda.
Abanyamuryango ba koperative COCELERU y’abafite Virusi itera SIDA n’abafite ubumuga mu murenge wa Rukomo barishimira ko batakishyurirwa Mitiweli nk’uko byahoze.
Kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2015, muri IPRC-South hatangijwe ku mugaragaro kwigisha guhingisha imashini no kuhira imyaka, mu buryo bw’igihe gitoya cy’amezi atatu.
Amashyirahamwe y’abagore bahinga ikawa bavuga ko iki gihingwa iyo cyitaweho gitanga umusaruro ku buryo cyageza ubukire ku bagihinga.
Amakusanyirizo yo mu Karere ka Kamonyi ngo ahangayikishwa n’abagemura amata atanyujijwemo ngo apimwe ubuziranenge kuko iyo apfuye byitirirwa aborozi bose bo mu karere.
Federasiyo y’amakoperative y’abahinzi b’ibirayi mu Rwanda igiye gushyiraho ikigega cya miliyoni 200 kizafasha mu gukemura ikibazo cy’imbuto y’ibirayi ku bahinzi.
Mu murenge wa Kansi imiryango 262 itaragiraga aho guhinga, yatijwe n’abandi baturage ubutaka, kugira ngo nayo ihinge yivane mu bukene.
Bitewe n’uko gukoresha ifumbire bituma umusaruro wiyongera,mu karere ka Nyabihu ngo bagamije ko abayikoresha bava kuri 62% bakagera kuri 80%.
Igishanga cya Mukunguri gihuriweho n’uturere twa Ruhango na Kamonyi gifite hegitari 700, ariko 300 muri zo ntizibyazwa umusaruro kuko zidatunganyijwe.
Abahawe inka muri gahunda ya Girinka bagejejweho ibikoresho bizabafasha kwita kuri izo nka kugira ngo bazirinde indwara zibahe umusaruro.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu Murenge wa Rugabano, muri Karongi bavuga ko n’ubwo bahinga icyayi bataranywaho ngo bumve uko kimeze.
Bamwe mu bahinzi batangaza ko batinya kugura inyongeramusaruro zo guhinga mu mirima y’imusozi kubera impungenge z’uko ikrere cyabatenguha bakarumbya.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihuta, mu Murenge wa Rugarama, bavuga ko guhinga basaranganyije amasambu bibafasha gutezanya imbere mu miryango.
Umushinga Harvest Plus wazanye toni 69 z’ibishyimbo bikungahaye ku butare (fer), kugira ngo abahinzi babisimbuze ibyo bari basanzwe bahinga.