Mu mukino wari witezwe na benshi mu ntangiriro za shampiyona y’umukino wa Volley Ball mu Rwanda, ikipe ya REG itsinze UTB ku maseti 3 kuri 1.
Ikipe ya APR Fc imaze gutombora Club Africain yo muri Tunisia, naho Mukura itombora Free State Stars yo muri Afurika y’Epfo.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Bugesera ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa gatanu wa Shampiona wakiniwe kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umutoza wa Centrafrika Raoul Savoy yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba guhatana n’Amavubi, abakinnyi barimo Geoffrey Kondogbia wa Valence yo muri Espagne
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo Shampiona ya Volleyball mu Rwanda iza gutangira, ikazatangizwa n’ibirori bizaba birimo bamwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda
Ikipe ya APR FC ikuye intsinzi y’Ibitego 2-0 imbere ya Etincelles, mu gihe Mukura yanganyije na AS Kigali ubusa ku busa.
Kuri uyu wa kabiri taliki ya 05 Ugushyingo 2018 Mashami Vincent umutoza w’Ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi 27 batagaragaramo amazina yari amaze igihe yiganza mu ikipe y’igihugu nka Captain Haruna Niyonzima na Migi bari mu bamaze gukina igihe kirekire mu Mavubi.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kugura bus nshya izajya itwara abakinnyi, ikazajya itwara abantu bagera kuri 53
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Gicumbi ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mukura Victory Sports itsindiye Kiyovu ku Mumena igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wa shampiyona, APR nayo itsindira Marines i Rubavu.
Mu mukino usoza iy’umunsi wa gatatu wa Shampion, Rayon Sports itsinze Sunrise ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, nta buryo bukomeye bwigeze buboneka ku mpande zombi, umukino urangira APR itsinze ibitego 2-0
Nyuma y’umukino Musanze yatsinzwemo na Muhanga, umutoza Ruremesha yanenze cyane Mukansanga Salma wari umusifuzi wo hagati muri uwo mukino.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa Shampiona yabaye uyu munsi, Kiyovu, Muhanga na Police zegukanye amanota atatu, maze Kiyovu ihita iyobora urutonde rwa Shampiona
Myugariro wa Rayon Sports Mutsinzi Ange Jimmy, yongereye amasezerano y’amezi atatu mu ikipe ya Rayon Sports
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23, asanga kuba umukino w’Amavubi na Congo warashyizwe i Rubavu, ari amahirwe kuri Congo.
Irankunda Issiak bakunze kwita Bebeto ukinira ikipe ya Vision Jeunesse nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, yegukanye imidali ibiri y’Ifeza mu isiganwa yitabiriye muri Thailand.
Patriots mu bagabo na IPRC y’Amajyepfo mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryiswe Legacy Tournament ryari rimaze iminsi ribera i Kigali
Umukino usoza Shampiyona y’abafite ubumuga ku rwego rw’igihugu yari igeze ku munsi wayo wa nyuma, yashoje Musanze inyagiye Gakenke ibitego 12-0.
Mu mukino uzwi nka El Classico uhuza Fc Barcelone na Real Madrid, warangiye Fc Barcelone inyagiye Real Madrid ibitego 5-1
Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, Mukura itsinze Rayon Sports ibitego 2-1
Umukinnyi w’ikipe ya Fly Cycling Club Mugisha Moise yegukanye irishanwa rya Karongi Challenge, rimwe mu ma siganwa agize amarushanwa ngarukamwaka ya Rwanda Cycling Cup.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiona, APR yakuye amanota atatu i Musanze, As Kigali inganya na Kirehe
Ku mukino wahuje Police Fc na Espoir, Police ikayinyagira ibitego bitanu kuri kimwe, Stade ya Kigali uyu mukino wabereyeho yagaragayemo abafana batageze ku ijana.
Mu mukino utanogeye ijisho, ikipe ya Kiyovu Sports na Marines zanganyije 0-0, mu mukino wabereye kuri Stade Mumena I Nyamirambo.
Amashyirahamwe y’imikono itandukanye mu Rwanda akunze kugaragaramo ikibazo cy’ubushobozi buke, butuma atabasha guteza imbere umukino kugira ngo uzamure urwego, kuburyo abawukina babasha guhangana ku rwego mpuzamahanga.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi Gianni Infantino, yatangaje ko mu bintu yaganiriye na Perezida Kagame harimo kurwanya ruswa ivugwa mu mupira w’amaguru
Muri Petit Stade I Remera, rayon Sports yaraye ikoze ibirori byo kumurika umwambaro mushya ndetse inaha abakinnyi numero bazajya Bambara
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) Gianni Infantino, uri mu Rwanda mu nama y’abayobozi bakuru ba FIFA.