Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko nta bushobozi bafite bwo kubona amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 basabwa ngo babashe kubaka ibigega bya Biyogazi.
Ikigega gishinzwe kwita ku bidukikije mu Rwanda (FONERWA) cyatanze miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda ngo azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ahanini kwita ku nkengero z’Umugezi wa Nyabarongo.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku mbabare (CICR) bushinzwe amazi n’isuku bwamurikiye gereza ya Rubavu ikigega cya biyogazi (biogas) izajya ikoreshwa mu gutekera abagororwa no kongera isuku n’isukura muri iyi gereza, kuko abagororwa bazajya bahabwa amazi ashyushye yo gukaraba bidahenze gereza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu by’ikirere bugatangazwa n’ikinyamakuru La Libération, bugaragaraza ko kugira ngo gahunda yo kurinda isi guhura n’ubushyuhe bukabije izasaba ibihugu bicukura peteroli nyinnshi kuyigabanya.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no kurwanya umwanda mu baturage, akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo kubaka ibimoteri 1676 mu karere hose, aho muri buri mudugudu hazubakwa ibimoteri bine.
Abaturage b’umujyi wa Muhanga bajugunya imyanda aho biboneye kuberako nta kimoteri cy’umujyi bafite, bakaba kandi nta bashinzwe gutwara iyi myanda bahari.
Uko imvura iguye mu mashyamba ya Gishwati no mu nkengero yaho, abatuye umugi wa Gisenyi no mu nkengero zawo bahita babura amazi atangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amazi (WASAC).
Nubwo abaturage benshi bigishijwe uburyo bwo gucana kuri Rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gicumbi banga gucana kuri Rondereza bakicanira ku mashyiga kugirango babone uburyo bota umuriro.
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye yo kubakisha bajya kuyatwikira mu mazi barasabwa kubireka kuko byangiza ibidukikije.
Impuguke mu kigo cy’igihugu gishinzwe ibidukikije (REMA) zitangaza ko abatuye isi batarwanyije ingaruka ziterwa no kwangirika kw’ibidukikije mu mwaka wa 2050 hazaba hakenewe izindi isi ebyiri kugirango abantu bakomeze kubaho neza.
Nyuma y’umuganda watewemo ibiti 3850 ku nkengero z’umuhanda wa Kaburimbo, kuva ahitwa Kamiranzovu kugera mu Nkoto ho mu murenge wa Rugarika, abaturage basobanuriwe ibyiza by’ibiti banasabwa kubibungabunga.
Umuryango mpuzamahanga uhuza imijyi ifite icyerekezo cyo kubungabunga ibidukikije (ENO Progamme) washyize umujyi wa Nyanza uherereye mu Ntara y’Amajayepfo y’u Rwanda ku rutonde rw’imijyi itoshye ku isi (Green Cities)muri uyu mwaka wa 2014.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko usibye kuba ibiti birwanya isuri ndetse bikanatanga umwuka mwiza abantu bahumeka, ngo bibafite akamaro by’umwihariko ku bijyanye n’ubuhinzi bwabo bw’ibishyimbo.
Inzego zinyuranye zirasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umugezi wa Sebeya kuko ufitiye runini igihugu haba mu gutanga amazi akoreshwa ahantu hatandukanye ndetse no mu gutanga umuriro w’amashanyarazi.
U Rwanda rwatangiye gushaka uburyo bwo kugera ku iterambere ritangiza ibidukikije ruhereye ku kunoza imikorere mu bice by’ubuhinzi, amazi n’ingufu, nyuma yo kubona igishushanyo mbonera gikubiyemo uburyo bwo guhuza imikorere hagamijwe kurengera ibidukikije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi buratangaza ko abaturage bamaze kwitabira gukoresha ingufu za biyogazi (biogas) bikaba byaragize uruhare mu kubungabunga amashyamba.
N’ubwo u Rwanda rwakajije ingamba zo kubuza amashashi kwinjira mu Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, abaturage baturiye umukapa wa Gatuna bavuga ko inzira z’ubusamo banyuramo bajya mu gihugu cya Uganda ari imbogamizi zo guca amashashi burundu.
Abaturiye ikiyaga cya Cyohoha y’epfo bavuga ko amazi y’iki kiyaga agenda yiyongera biturutse ku ngamba zo ku kibungabunga zafashwe, kuri ubu amazi yacyo akaba amaze kwiyongeraho metero 5 mu gihe cyari cyagabanutseho metero 8 mu myaka yashize.
Koperative zitwika amatafari mu karere ka Ngoma zirasabwa kujya zifashisha nyiramugengeri mu gutwika amatafari mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije hirindwa gutema amashyamba.
Mu rwego rwo kurushaho gushishikariza abaturage gukunda no gukoresha abashyiga ya Rondereza, ubuyobozi bw’Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango bwatangije igikorwa cyo kubakira aya mashyiga hirya no hino ku biro by’utugari tugize uyu murenge ndetse no ku biro by’umurenge.
Abaturage batuye ku mupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gushyira icyapa kinini kuri uwo mupaka kandi cyanditse mu ndimi zitandukanye ko kwinjiza amashashi mu Rwanda bitemewe.
Umuryango GVTC (Greater Virunga Transboundary Collaboration) ushinzwe guhanahana amakuru ku bihugu bitatu bikora kuri Pariki y’Ibirunga urasabwa kujya ihuza abaturiye iyi pariki batuye mu biguhugu bitatu biyikoraho, kugira ngo basangire ubunararibonye mu kubungabunga pariki.
Abanyamakuru batandukanye bo mu Rwanda bahuguwe ku ruhare rwabo rwo kurengera ibidukikije bifashishije itangazamakuru nka kimwe mu byagira uruhare guhindura imyumvire y’abantu bakigaragaho ibikorwa byo kwangiza ibidukikije.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza basaba ubuyobozi kubavaniraho ikimoteri kiri hagati y’inzu zabo bavuga ko umunuko igiturukamo uherekejwe n’amasazi bibangamiye n’abakiriya baza babagana.
Ubuyobozi bwa Koperative COOPERU burasaba ubufatanye bw’inzego z’ibanze mu kubungabunga ibidukikije cyane cyane inkengero z’umugezi w’akabebya, hitabwa ku bikorwa imaze gushyira kuri uyu mugezi kuko ngo hari abayica inyuma bakabyangiza.
Abaturage bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo mu kagari ka Kabeza baravuga ko kororera mu gikumba byabafashije gucana bakoresheje Biogaz.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo ko nta muntu bazongera kwemerera gutwika amakara mu gihe cy’izuba kubera ko biteza impanuka z’inkongi y’umuriro yibasira amashayamba.
Kubura no kugabanuka kw’amazi y’u Rwanda ni zimwe mu ngaruka ziri kuzanwa n’iterambere igihugu kirigusatira, abahanga mu by’ibidukikije bakaburira abantu ko nihatagira igikorwa igihugu cyazisanga mu butayu cyangwa mu myuzure y’urudaca mu minsi iri imbere.
Mu gihe hahagurukiwe ko ibishanga byose byo mu Rwanda bihingwa mu rwego rwo kurwanya inzara, ubushakashatsi bwakozwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bayobowe na Prof. Elias Bizuru, bwo busanga ibishanga bidakwiye guhingwa uko byakabaye.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi budahwema gushishikariza abaturage kugira isuku, bamwe mu baturage baravuga ko ubwo buyobozi bugira uruhare mu gutuma ubuzima bwabo buhungabana kubera aho bamena imyanda iva mu mujyi wa Byumba.