Habimana Alfred wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke ni we watorewe kuba Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.
Abenshi mu bitabiriye imikino ya nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, aherutse kubera mu Karere ka Rubavu kuva ku itariki 04-06 Gicurasi 2024, babonye umukecuru wakiniraga ikipe yari ihagarariye Akarere ka Rulindo mu bagore, mu mukino wa Basketball.
Muri Afurika y’Epfo, abantu batanu bapfuye abandi bagera kuri 50 bo bari baheze munsi y’ibikuta by’inyubako y’umuturirwa igeretse gatanu, yasenyutse ikirimo kubakwa mu Mujyi wa George, mu Ntara ya Western Cape, impamvu y’uko gusenyuka ikaba itahise imenyekana.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaza ko Ingo Mbonezamikurire zirenga ibihumbi bibiri zikora nyamara zitarakorewe ubugenzuzi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko abaturiye inzira z’amazi ava kuri Sitade Amahoro mu Tugari twa Nyakabanda muri Niboye na Nyabisindu muri Remera, bagiye kwimurwa kugira ngo hubakwe ruhurura nini zivana amazi muri biriya bice ziyageza hasi mu bishanga.
Cécile Umurazawase, Komiseri ushinzwe imibereho myiza muri IBUKA mu Karere ka Huye, avuga ko umuti w’ihungabana ryatewe na Jenoside ukwiye gushakirwa mu mwihariko w’ubudasa bw’Abanyarwanda.
Abaturage b’akarere ka Kamonyi bakoresha umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, barifuza ko umuhanda bagiye kubakirwa harebwa uko ushyirwamo kaburimbo, kuko gutsindagiramo igitaka gusa bitaramba kubera imodoka nini z’amakamyo ziwunyuramo zikawangiza.
Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, Akagari ka Tetero, mu Murenge wa Muhima w’Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, baratabaza bavuga ko hari umuturanyi wabo bita ‘umunyabubasha’, wabafungiye inzira yerekeza mu ngo zabo.
Tariki 03 Gicurasi 2024, umunyamakuru wa Kigali Today yinjiye muri Farumasi imwe mu zikorera mu Karere ka Nyarugenge, atagamije kugura umuti, ahubwo agamije kureba urujya n’uruza rw’abakiriya baza kugura imiti muri iyo Farumasi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Gicurasi, Umuyobozi wa Ritco muri gare ya Rubavu yagonze mugenzi we bakorana, ahita apfa.
Iraguha Jean Nepomscene ni Umugabo w’imyaka 26 atuye mu kagari ka Kabariza Umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo avuga ko mu mwaka wa 2006 yafashe icyemezo ava mu muryango we ahunga Se kuko yamushyiragamo ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi.
Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya mu muhango wo kurahirira kuyobora iki gihugu muri manda ye ya Gatanu yabwiye abaturage ko nibafatanya bazatsinda.
Ku mupaka wa Rusizi habereye impanuka y’imodoka ya Taxi itwara abagenzi yo muri Congo yabuze feri inanirwa guhagarara igonga imodoka itwara amazi abantu barindwi barakomereka bikomeye.
Perezida Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’Abakorerabushake kubyaza umusaruro amahirwe bafite muri iki gihe we n’urungano rwe batigeze bagira ubwo bari urubyiruko, abibutsa kwirinda guteta, ahubwo bakagira uruhare mu mibereho yabo y’ejo hazaza.
Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake rwateraniye muri BK Arena kuri uyu wa kabiri tariki 7 Gicurasi 2024 kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu ko rutagomba gupfusha ubusa imbaraga zabo ahubwo bagomba gukora cyane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA) cyaguze ikoranabuhanga cyishyura arenga Miliyari ebyiri, hagamijwe gufasha inzego za Leta mu kazi kabo ka buri munsi, ariko iryo koranabuhanga ntiryakoreshejwe uko bikwiye biteza Leta igihombo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko butangira gutunganya umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, ureshya na Km 19, uzakorwa ushyirwamo raterite ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari.
Polisi y’u Rwanda yavuze ko yatangiye gukurikirana Dosiye ya SP Musonera Eugene Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, ku byaha akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Nteziryayo, yavuze ko kuba hakirwa imanza nyinsi kandi bafite abakozi bacye ari imbogamizi ikomeye bafite kuko itinza ubutabera.
Imodoka ya Bisi yari ivuye ku ishuri gucyura abanyeshuri b’incuke kuri uyu wa mbere tariki 6 Gicurasi 2024 saa 13h40 yageze ahitwa kwa Mutwe i Nyamirambo irenga umuhanda, hakomerekamo abana 3 mu buryo bworoheje.
Mu Murenge wa Mugunga Akarere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umusozi witse, inzu 17 ziragwa, umuturage umwe ajyanwa mu bitaro nyuma yo guhungabana.
Mu ijoro rya tariki 16 Mata 2024, Nsanzimana Jean w’imyaka 40 yarokotse urupfu rwamutwaye umugore we Mukandekezi Francine wari ufite imyaka 35, ndetse n’umwana wabo Kagame Hamdan wari ufite imyaka ibiri. Yasigaranye n’umwana wabo mukuru w’imyaka itandatu gusa.
RBC ivuga ko hari ibimenyestso by’ibanze umuntu akwiye kubona akajya kwa muganga kuko ashobora kuba arwaye amenyo cyangwa ishinya. Abantu benshi bajya kwivuza amenyo n’ibijigo ari uko ibageze kure bigatuma hivuza benshi. Abantu bagirwa inama yo kwivuza hakiri kare.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’Amateka by’inyito z’ahantu hatandukanye yabakusanyirije amateka y’inkomoko y’izina Rwabanyoro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 6 gicurasi 2024, U Rwanda na Uganda byahuriye mu karere ka Nyagatare aho ibihugu byombi biri kuganira ku mutekano wabyo n’ibindi biwubakiyeho.
Ubuhamya bwatanzwe na Mukakabanda Julliette warokokeye i Murambi avuga ko Sindikubwabo Theodore wabaye Perezida wa Leta y’abatabazi hamwe na Bucyibaruta Laurent wari Perefe icyo gihe nibo batanze itegeko ryo gutsemba Abatutsi bari barahungiye i Murambi mu gihe cya Jenoside.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gushinja ingabo z’u Rwanda kurasa ku baturage bari mu nkambi i Goma, rugaragaza ko ibyatangajwe nta shingiro bifite kuko nta perereza ryigenga ryakozwe.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yaburiye abaturage bagituye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhimuka kuko mu byumweru bitatu by’uku kwezi kwa Gicurasi hateganyijwe imvura nyinshi mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Ihuriro ry’Imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) tariki 30 Mata 2024, ryagiranye ibiganiro n’imiryango irengera abatishoboye, imiryango n’inzego zita ku bikorwa by’ubutabazi, imiryango y’abafite ubumuga, hamwe n’inzego za Leta zifite mu nshingano abafite ubumuga, baganira ku buryo abantu bafite ubumuga (...)
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 3 Gicurasi 2024, ni bwo Umukuru w’Igihugu yakiriye abayobozi batandukanye bafite aho bahuriye na Siyansi.