Umuturage wo muri Uganda wiga muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri kaminuza ya Harvard yareze mu rukiko Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, amushinja kuba yaramukuye mu mubare w’abamukurikira ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.
Prof Niyomugabo Cyprien ashyira mu majwi abiganjemo urubyiruko, akavuga ko hari imvugo bagenda badukana bigatuma imvugo n’amagambo byari bisanzwe biriho bitakaza umwimerere wabyo bikazimira nyamara ntacyo byari bitwaye.
Mu gihe umuco uvuga ko inyatsi ari ukubura umugisha w’amahirwe bigatuma umuntu atagira icyo ageraho, siyansi yo ivuga ko ari nk’indwara cyangwa imyitwarire idasanzwe iba ibura gato ngo ihinduke indwara ziba mu gice cy’ibyitwa ‘kuba imbata y’ikintu, imyitwarire, cyangwa se imikino.
Amahame ni imigenzo, amategeko cyangwa umuco idini runaka ryishyiriraho, ryaba rigendeye kuri Bibiliya cyangwa ku myemerere yaryo bwite. Buri muyoboke waryo aba agomba kuyubahiriza, yayarengaho agahabwa ibihano biba byaragenwe n’iryo dini.
Mu kinyejana cya makumyari mu mwaka 1910 umuganga, umwanditsi akaba n’impuguke mu mitekerereze ya muntu witwa Freud Sigmund ukomoka muri Austria yaduye ikiswe “complexe d’oedipe”.
Ku rubuga www.healthline.com, bavuga ko amagi yashyirwa mu biribwa bicyeya ku isi bikungahaye ku ntungamibiri zitandukanye, kandi akarusho ni uko amagi anigiramo intungamubiri zidakunze kuboneka mu bindi biribwa, muri make amagi agira nibura urugero ruto rw’intungamubiri zose umuntu akenera.
Mu rwego rwo kurwanya igwingira rishobora kwibasira impinja zidafite ababyeyi cyangwa se bafite ababyeyi ariko badafite amashereka ahagije, mu gihugu cya Kenya hatangijwe banki y’amashereka yitezweho kandi kugabanya impfu z’abana.
Ubusanzwe indwara y’imvuvu no gucika kw’imisatsi biterwa n’uruhu rwumagaye cyangwa gukoresha ibikoresho by’imisatsi byanduye, ibintu bitandukanye dushyiramo, nk’amavuta ataragenewe gusigwamo n’ibindi.
Muri iki gihe, hari abagore bakunze kwambara imiringa cyangwa imikufi ku bice bitandukanye by’imibiri yabo, aho usanga hari iyambarwa mu ijosi, ku mazuru, ku matwi, ku maboko, ku mukondo, mu rukenyerero, ndetse no ku maguru.
Abageni benshi bashyingiwe n’idini, bakunze kurangwa no kwambara agatimba kaba gatwikiriye umutwe kagahisha isura n’inyuma mu bitugu. Iyo myemerere benshi bagaragaza ko batazi icyo isobanuye ndetse n’aho byaturutse. Gusa abayobozi b’amadini bo bahamya ko agatimba gasobanura ubusugi.
Leta ya kenya igiye kuba igihugu cya mbere kigiye gukora ibarura ridasanzwe ryo kumenya abantu bavukanye ibitsina bibiri bamwe bita ‘Ibinyabibiri’.
Inzobere mu bijyanye no kubaga amagufa Dr. Jonathan Cluetts avuga ko indwara yo gupfa ku dutsi dutembereza amaraso mu ntoki izwi nka (ring avulsion) iterwa n’impeta ikanyaze ishobora gutuma ucibwa urutoki.
Konsa umwana inshuro nyinshi ni ingenzi ku buzima bw’umwana ndetse na nyina, kuko bituma amashereka yiyongera, umwana akagira ubudahangarwa mu mubiri, ndetse n’umubyeyi ubikoze neza bikaba byamufasha kudakurikiza umwana we vuba, ibyo bita gusamira ku kiriri.
Iyo umubyeyi amaze kubyara, usanga ahangayikishijwe no kubona amashereka kugira ngo umwana abashe kubona ibimutunga cyane cyane ko amabwiriza y’ubuzima avuga ko umwana atungwa n’amashereka gusa mu mezi atandatu ya mbere.
Abashakashatsi bo muri kaminuza y’igihugu ya Motilal Nehru mu Buhinde mu ishami rishinzwe ubutabire basanze utubuto tuba mu rubuto rwa pomme (Apple) twaba dufite uburozi bwakwica.
Mu muco nyarwanda birasanzwe ko umubyeyi ashobora kurera umwana atabyaye bitewe n’impamvu zinyuranye, cyane cyane iyo asizwe n’umuntu wo mu muryango wapfuye, cyangwa se watawe n’uwamubyaye.
Amata ni ikinyobwa gikundwa n’abantu benshi, hakaba n’abandi bavuga ko amata y’inka yaba ari mabi ku buzima bw’abantu.
Mu miryango myinshi, iyo bafite umwana unyara ku buriri arengeje imyaka 5 usanga bamuhoza ku nkenke, bityo umwana nawe bikamutera ipfunwe ndetse bikaba byanamuhungabanya.
Isake nyirayo yise Maurice yajyanywe mu rukiko rwo mu Bufaransa kubera impagarara iteza mu baturanyi iyo ibitse mu rukerera.
Hari indwara ifata inzara cyane cyane izo ku mano, mu gifaransa ikaba yitwa ‘l’onychomycose’ cyangwa se ‘mycose des ongles’. Nk’uko tubikesha urubuga http://www.doctissimo.fr, iyo ndwara iterwa na za bagiteri zigenda zikibika mu nzara.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi, bavumbuye uburyo bwo gukora burete (boulettes) zirimo imboga rwatsi, karoti n’ibitunguru.
Hari abantu bibaza niba kurya imineke byaba bifite akamaro kurusha uko umuntu yarya ibitoki bitetse. Ibyo ni byo Kigali Today yifuje gusubiza uyu munsi, yifashishije imbuga zitandukanye.
Abagore batwite n’abateganya gutwita bakwiye kwirinda kunywa inzoga uko yaba ingana kose kugeza igihe umwana avukiye, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umwana utaravuka mu mikurire ye, ku bwonko ndetse no ku marangamutima ye akaba yahura n’ingorane zitandukanye.
Mukeshabatware Dismas, uzwi cyane mu makinamico atandukanye, aho azwi ku mazina nka Rutaganira muri Musekeweya, Shuni, Nyangezi, Mbirikanyi, n’andi mazina menshi akina yitwa mu itorero indamutsa, avuka mu karere ka Nyaruguru.
Ibitutsi ni amagambo ubwira umuntu umwifuriza ibibi, umushakira ikerekezo gitandukanye n’icyo umuntu yifuza kubamo, bikakirwa bitewe n’uburyo ugututse yitwaye cyangwa aho agutukiye, kuko ashobora kugutuka arakaye cyangwa atebya. Gusa hari abavuga ko bigaragaza umuntu ufite ikinyabupfura gike.
Muri iki gihe, benshi bavuga ko gutandukana kw’abashakanye biterwa n’uko abasore n’inkumi batagifata umwanya wo kumenyana bihagije mbere yo gushyingiranwa.
Igisheke (canne à sucre) gifite ibyiza byinshi ku buzima bw’umuntu. Kigali Today igiye kubagezaho bimwe muri byo, yifashishije imbuga za interineti zitandukanye.
Ubusanzwe umuntu agura agakingirizo agamije kwikingira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina cyangwa kwirinda inda itateguwe. Ibyo ni ubwirinzi, umuntu ntiyari akwiye guterwa ipfunwe na byo, ariko usanga kuri bamwe bikiri imbogamizi kugura agakingirizo mu ruhame.
Urubuga https://lanouvelletribune.info ruvuga ko amamesa akorwa mu mbuto z’ingazi, kandi nta binyabutabire (ingrédients chimiques) bishyirwamo mu gihe bayatunganya.
Urubuga rwa Interineti https://boiteafruits.com ruvuga ko amacunga yigiramo ‘Vitamine C’, ‘Flavonoïdes’ na ‘Bêta-carotène’. Iyo ibyo byose bikubiye hamwe bigira icyitwa ‘antioxidant’. Iyo antioxidant ifasha mu gusukura umubiri, bityo igakumira indwara z’imitsi, indwara z’umutima, indwara zizanwa no gusaza ndetse na kanseri (...)